Sunday, March 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Gad Rwizihirwa yasohoye indirimbo yibutsa abizera ko isezerano ry’Imana ritazima mu bihe bikomeye (Video)

radiotv10by radiotv10
01/03/2026
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Gad Rwizihirwa yasohoye indirimbo yibutsa abizera ko isezerano ry’Imana ritazima mu bihe bikomeye (Video)
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Gad Rwizihirwa, yashyize hanze indirimbo nshya yise “Agati (Ubutabazi)”, igamije gukomeza no kwibutsa abizera ko n’iyo banyuze mu bihe by’amage n’ibigeragezo, isezerano ry’Imana ridacogora kandi rirasohora.

Uyu muhanzi usanzwe uzwi mu ndirimbo zirimo Humura na Genda, avuga ko igitekerezo cyo kwandika iyi ndirimbo cyaturutse ku nkuru ziri mu Byanditswe Byera, ahagaragazwa ishyanga ryagiye ricibwa intege n’ibigeragezo bikomeye ariko rikagumana isezerano ryaryo.

Mu bisobanuro atanga, agaruka ku murongo ugira uti: “Nubwo isi itugize nk’agati ko mu nyanja…”, aho asobanura ko agati ko mu nyanja ari ikintu kidafite imbaraga, gihuhwa n’umuyaga n’umuraba kandi kitari aho kigomba kuba. Kuri we, ni ishusho y’umuntu cyangwa abantu bashobora kwisanga mu buzima bugoye, basa n’abatawe cyangwa birengagijwe.

Ati “Agati ni ishusho y’intege nke z’umuntu, ariko ‘Ubutabazi’ ni igisubizo cy’Imana. N’iyo umuntu yaba ameze nk’agati katagira aho gafata, hari igihe Imana imwibuka.”

Iyi ndirimbo ifite inkomoko mu nkuru ya Bibiliya y’urugendo rwo kuva mu bucakara, ariko igahuzwa n’ubuzima bwa buri munsi bw’abantu banyura mu ntambara z’urudaca. Mu ndirimbo agira ati: “Kubw’intambara z’urudaca, Shyanga ry’Imana, mwibuke isezerano”, asobanura ko ari uguhamagarira abantu gukomera ku isezerano no kudacika intege.

Gad Rwizihirwa avuga ko ubutumwa nyamukuru yashakaga gutanga ari ukwibutsa abantu ko no mu bihe bikomeye,aho imihana iba amatongo, abanzi baforera abantu imyambi, isi ikabafata nk’agati ko mu nyanja,haracyari ijambo riza mu gicuku rikavuga riti: “Mugende kandi mwese.”

Agaragaza ko igice cya gatatu cy’iyi ndirimbo ari cyo kimukora cyane ku mutima, aho aririmba ati: “Mu gicuku cya nyuma twumvise ijambo, ati ‘Mugende kandi mwese.’” Asobanura ko igicuku ari ishusho y’igihe cy’umwijima n’akaga, ariko kikaba ari na cyo gihe Imana ivugiramo, ikazana ubutabazi mu buryo butunguranye.

Uyu muhanzi avuga ko iyi ndirimbo yayihariye by’umwihariko abantu bumva isi yabagize nk’agati ko mu nyanja, abari mu bibazo n’akarengane, abibagiwe isezerano bahawe ndetse n’ababoshwe n’ibigeragezo bananiwe kwikuramo.

Gad Rwizihirwa ashimangira ko iyi ndirimbo ishobora kugarura icyizere no gusana umutima wacitse intege, aho avuga ko iyo umuntu yumvise amagambo agira ati: “Nubwo isi itugize nk’agati ko mu nyanja… Njyewe naraye ndose ubutabazi,” ashobora kongera kumva ko n’ibihe byaba bigoye gute, igisubizo cy’Imana kiba kiri hafi.

“Agati (Ubutabazi)” ni indirimbo igamije gukomeza no guhumuriza, ishimangira ko isezerano ry’Imana ritigera rizima kabone n’iyo umuntu yaba ari mu mwijima w’ibihe bikomeye.

Gad Rwizihirwa yashyize hanze indirimbo y’Imana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 13 =

Previous Post

BREAKING: AFC/M23 yashyize hanze itangazo rya mbere ryemeza urupfu rwa Col Willy Ngoma

Related Posts

Abanyamakuru ba siporo Rugaju na Lorenzo bashimiwe icyemezo bafashe nyuma y’amakimbirane

Abanyamakuru ba siporo Rugaju na Lorenzo bashimiwe icyemezo bafashe nyuma y’amakimbirane

by radiotv10
27/02/2026
0

Urwego rw'Abanyamakuru Bigenzura RMC, rwashimiye abanyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan na Musangamfura Christian uzwi nka Lorenzo, uburyo bahisemo...

Umunyamakuru ‘Djihad’ n’abo baregwa hamwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni bagarutse imbere y’Urukiko

Umunyamakuru Djihad yahamijwe ibyaha byo gusakaza amashusho y’urukozasoni ya Yampano

by radiotv10
27/02/2026
0

Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad na bagenzi be batatu, bahamijwe ibyaha bifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano yasakajwe, bakatirwa gufungwa...

Umunyamakuru Bianca wigeze kwibwa imodoka igasangwa yarakoze impanuka byamenyekanye ko nawe aherutse gukora ikomeye

Umunyamakuru Bianca wigeze kwibwa imodoka igasangwa yarakoze impanuka byamenyekanye ko nawe aherutse gukora ikomeye

by radiotv10
27/02/2026
0

Umunyamakuru Uwamwezi Daphine wamamaye nka Bianca wigeze kwibwa imodoka n’uwari umukozi we, ikaza gusangwa aho yari yayitaye nyuma yo gukora...

Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

by radiotv10
26/02/2026
0

Umukinnyi wa filimi nyarwanda, Nyambo Jesca uri mu bagezweho mu Rwanda, yagaragaje ibihe byiza ari kugirira muri Qatar, agaragaza ko...

Umunyamakuru w’imyidagaduro Uncle Austin yemeje ko yasezeye

Umunyamakuru w’imyidagaduro Uncle Austin yemeje ko yasezeye

by radiotv10
26/02/2026
0

Umunyamakuru w’ibiganiro by’imyidagaduro akaba n’umuhanzi, Austin Tosh Luwano uzwi nka Uncle Austin, yemeje ko yamaze gusezera Radio Kiss FM amaze...

IZIHERUKA

Gad Rwizihirwa yasohoye indirimbo yibutsa abizera ko isezerano ry’Imana ritazima mu bihe bikomeye (Video)
IMYIDAGADURO

Gad Rwizihirwa yasohoye indirimbo yibutsa abizera ko isezerano ry’Imana ritazima mu bihe bikomeye (Video)

by radiotv10
01/03/2026
0

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

BREAKING: AFC/M23 yashyize hanze itangazo rya mbere ryemeza urupfu rwa Col Willy Ngoma

01/03/2026
TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

28/02/2026
BREAKING: Israel yemeje ko yagabye ibitero kuri Iran byatangiriye hafi y’ahantu hakomeye

BREAKING: Israel yemeje ko yagabye ibitero kuri Iran byatangiriye hafi y’ahantu hakomeye

28/02/2026
Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

28/02/2026
Abaturage b’i Gisagara basabwe kwirinda gusiragira mu nkiko kandi hari ubundi butabera bwunga

Abaturage b’i Gisagara basabwe kwirinda gusiragira mu nkiko kandi hari ubundi butabera bwunga

28/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gad Rwizihirwa yasohoye indirimbo yibutsa abizera ko isezerano ry’Imana ritazima mu bihe bikomeye (Video)

BREAKING: AFC/M23 yashyize hanze itangazo rya mbere ryemeza urupfu rwa Col Willy Ngoma

TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.