Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gakenke: Ingorane z’umubyeyi wabyaye akiri umwana nyuma yuko uwamuteye inda afunzwe

radiotv10by radiotv10
23/10/2025
in MU RWANDA
0
Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi w’imyaka 19 wo mu Murenge wa Karambo mu Karere ka Gakenke, watewe inda afite imyaka 16, aravuga ko abayeho ubuzima buteye agahinda nyuma yuko uwamuteye inda afashwe agafungwa nyamara yarajyaga amugoboka.

Mutoniwase Marie Louise wo mu Kagari ka Karambo l, mu Murenge wa Karambo avuga ko mu mwaka wa 2022 ari bwo yabyaye umwana nyuma yo gusanbanywa ku myaka ye 16.

Avuga ko we n’uwamusambanyije baje kugana ibiro by’Umurenge wa Gashenyi aho bari batuye ngo bandikishe umwana mu irangamimerere ni ko guhita uwo mugabo atabwa muri yombi.

Avuga ko kuri ubu we n’uwo yabyaye babayeho mu buzima bugoye. Ati “kuva icyo gihe nahise mbaho nabi, igikoma cy’umwana kirabura, nta kambaro ko kumwambika. Mbere agihari yaramfashaga, umwana yabagaho neza muri macye.”

Yakomeje agira ati “Hari igihe mba nicaye nyine mu rugo narangiza nkumva namusigira mama nkigendera cyangwa se nkamujyana ku Karere nkasigira Meya kuko biba byanshobeye cyane.”

Twizerimana Marie Solange, umubyeyi wa Mutoniwase avuga ko imibereho muri uru rugo igoye kuko bisaba ko barya ari uko bavuye guca inshuro dore ko n’inzu batuyemo ari iy’abatishoboye bubakiwe na Leta.

Ati “Hari igihe twicara tukumva isi iraturambiye kuko urabona mfite abana bane hano, kurya biragoye, iyi nzu tubamo ni iyo Leta yatwubakiye ubwo urumva ko nta gasambu ko guhingamo gahari hano.”

Bamwe mu baturanyi b’uyu muryango barasaba ko bagira icyo babafasha ngo kuko ntaho bagira bakura ikintu cyabafasha mu mibereho.

Umwe ati “Ni ukurya bavuye mu cyate nta karima, nonEho uyu mwana w’umukobwa we rwose arababaje bafashije byadushimisha.”

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karambo, Mwiseneza Eric yabwiye RADIOTV10 ko uyu muryango bawuzi kandi hari ibikorwa kugira ngo ufashwe ndetse ko hari n’ibyo bawufashije.

Ati “kuko iriya nzu babamo ni iyo bubakiwe na Leta, uriya mukobwa yafashijwe kwiga imyuga, ikirenze kuri ibyo keretse niba hari ikindi bakeneye cyihutirwa ubwo twakurikirana tukareba.”

Uyu mubyeyi wabyaye akiri muto avuga ko abayeho ubuzima bugoye

Jean Damascene IRADUKUNDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 1 =

Previous Post

Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

Next Post

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID 'eNdangamuntu'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.