• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

radiotv10by radiotv10
23/10/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’lgihugu Gishinzwe Irangamuntu ‘NIDA’, bwamenyesheje Abanyarwanda bose ko mu mpera z’uku kwezi hazatangira ibikorwa byo kwemeza imyirondoro no gufotora abantu kugira ngo bazahabwe Indangamuntu-Koranabuhanga.

Ibi bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’iki Kigo NIDA, cyavuze ko ibi bikorwa bizatangirira mu Turere dutatu two mu Ntara y’Amajyepfo; aka Nyanza, Huye na Gisagara.

NIDA ivuga ko muri utu Turere, ibi bikorwa bizatangira tariki 28 Ukwakira bikageza ku ya 23 Ugushyingo 2025, ubundi bikazakomereza mu Turere twose tw’Igihugu.

Abazitabira ibi bikorwa, basabwe kuzitwaza indangamuntu basanganywe, na nimero y’indangamuntu y’ababyeyi babo (mu gihe bafashe indangamuntu).

Nanone kandi ku bafite abo bashakane, bazitwaza nimero yabo, nanone kandi abazitabira ibi bikorwa bakazitwaza nimero iranga umuntu (application number) ku batarafata indangamuntu.

Ni mu gihe ku bana bari munsi y’imyaka 16 basabwa kuzajya baherekezwa n’ababyeyi babo cyangwa ababafiteho ububasha bwa kibyeyi.

NIDA yaboneyeho kwibutsa ko “lyi ndangamuntu [e-Ndangamuntu] ihabwa umuntu wese kuva ku mwana ukivuka, akazayikoresha ubuzima bwose.”

Manago Dieudonné, Umuyobozi Mukuru Ushinzwe ikorwa n’ikwirakwizwa ry’Irangamuntu-Koranabuhanga mu Kigo cy’Igihugu cy’Irangamuntu NIDA, mu minsi ishize, aherutse gutangaza ko mu bipimo bizajya bifatwa abantu kugira ngo bazahabwe iyi Ndangamuntu-Koranabuhanga, harimo ibikumwe 10 aho kuba bibiri nk’uko byakorwaga ku yari isanzwe.

Ku miterere y’iyi Ndangamuntu-Koranabuhanga, nta yindi myirondoro izajya igaragara inyuma nk’uko isanzwe yari iteye, kuko izajya igaragaraho ifoto ya nyirayo na nimero gusa.

Nanone kandi abantu bazajya bahitamo uburyo bifuza kuyitungamo, burimo ubwo kuyigendana nk’ikarita, cyangwa nimero, ndetse no kuyigendana muri telefone.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − twelve =

Previous Post

Hatangajwe ibyemezo byafatiwe abasifuzi bayoboye imikino yazamuye impaka irimo uwa APR na Mukura

Next Post

Gakenke: Ingorane z’umubyeyi wabyaye akiri umwana nyuma yuko uwamuteye inda afunzwe

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Gakenke: Ingorane z’umubyeyi wabyaye akiri umwana nyuma yuko uwamuteye inda afunzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.