Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gakenke: Ishuri ryashyikirije inzu abana b’impfubyi babuze ababyeyi babo bapfuye urupfu rw’amanzanganya

radiotv10by radiotv10
31/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gakenke: Ishuri ryashyikirije inzu abana b’impfubyi babuze ababyeyi babo bapfuye urupfu rw’amanzanganya
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ishuri ‘Father Ramon Kabuga TSS’ ryo mu Karere ka Kamonyi, bwashyikirije inzu abana bane basigaye bonyine nyuma yo gupfusha ababyeyi babo bombi, barimo umwe wiga muri iri shuri ryabubakiye iwabo mu Murenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke.

Iki gikorwa cyabereye ahubatswe iyi nzu mu Mudugudu wa Rutamba, Akagari ka Rugimbu, Umurenge wa Kivuruga, Akarere ka Gakenke, muri Santarali ya Kageyo, Paruwasi Rwaza, Diyoseze Gatulika ya Ruhengeri, ahanaturiwe Igitambo cy’Ukarisitiya cyo guha umugisha iyi nzu, no gusabira ababyeyi b’aba bana batabarutse mu mwaka wa 2022.

Umwe muri aba bana bane b’abavandimwe, asanzwe yiga muri iri shuri ryabubakiye, aho kuva bapfusha ababyeyi babo bombi, ubuyobozi bw’iri shuri bwamufashije kubona umurihira amafaranga y’ishuri, akomeza kwiga kuva muri L3 kugeza muri L5 ndetse akaba yararangije neza umwaka w’amashuri uheruka.

Na mukuru w’uyu mwaka kandi, na we yunganiwe mu byo yari akeneye ngo asoze icyiciro cya mbere (A1) mu Ishuri Rikuru rya Tekinike ry’u Rwanda (Rwanda Polytechnic/RP), ubu akaba ari mu cyiciro cya kabiri (A0); ndetse bashiki be babiri na bo bakaba barabonye ababyeyi b’inshuti babafasha gukomeza kwiga uko babishoboye.

Padiri Fr. Edmond Marie RUDAHUNGA CYIZA, Umuyobozi w’iri shuri yagize ati “Uretse kudufasha mu burezi bw’izo mfubyi zashoboraga guta ishuri, inshuti zacu zadufashije no kububakira inzu iciriritse ariko ishamaje, kuko iyo babagamo yari iraye iri bubagweho. Iyo nzu yabarirwa agaciro ka 4 000 000 frw, arimo 2 823 400 frw twakusanyije, inkunga ya World Vision irimo amafaranga, amabati n’umucanga bingana na 1 615 000 frw; n’umuganda w’abagize umuryango w’izo mfubyi n’abaturanyi bazo ifite agaciro k’asaga 500 000 frw.”

Yakomeje agira ati “Turashimira umuryango mugari w’ishuri ryacu: ababyeyi, abarezi, abanyeshuri n’abafatanyabikorwa ku musanzu batanze; turashimira inshuti zacu zirimo umubyeyi INGABIRE Yvonne n’abo bakorana banibumbiye mu muryango remezo w’abakozi ba BNR; dushimiye abo babana mu itsinda ‘Sages mamans’ n’izindi nshuti yakomangiye zikamukingurira; dushimiye World Vision yaduteye inkunga ikomeye; dushimiye Abasaserdoti badufashije ku buryo butandukanye, abavandimwe twiganye batanze inkunga muri ibi bikorwa; dushimiye kandi nawe wese ku buryo ubwo ari bwo bwose wifatanyije natwe haba mu gusabira abo bana, mu gushyigikira ibi bikorwa, haba mu nkunga watanze, mu gukomeza abo bana cyangwa mu kudutera imbaraga.”

Ubuyobozi bw’iri shuri kandi bushimira abaturanyi b’aba bana, bakomeje kubaba hafi nyuma yuko babuze ababyeyi babo, ndetse n’aba bana baranzwe n’ubutwari, bakakira ibi byago byari bimaze kubabaho nubwo bitari byoroshye, ariko zigakomeza gutwaza.

Habaye igikorwa cyo guha umugisha iyi nzu

Yanaturiwemo igitambo cy’Ukarisitiya yo gusabira ababyeyi b’aba bana bamaze imyaka ibiri bitabye Imana

Uhagarariye abanyeshuri biga muri Fr. Ramon KABUGA T.S.S. yatanze ubutumwa mu izina rya bagenzi be

Banasangiye
Inzu bubakiwe ifite agaciro ka miliyoni 4 Frw
Iyo babagamo yashoboraga kubagwaho isana n’isaha

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Amakuru agezweho kuri gatanya imaze imyaka 8 itegerejwe ya ‘couple’ y’ibyamamare yakunzwe cyane

Next Post

Ndabizeza ko umutekano n’ubusugire bizahora birinzwe uko byagenda kose-Perezida yinjiza Abanyarwanda muri 2025

Related Posts

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

by radiotv10
08/07/2025
0

Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo bise ‘Shimwa Paul’ uherereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko ibikorwa by’iterambere...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

by radiotv10
07/07/2025
1

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yaje ku Rukiko rwakiriye ubujurire bw’uyu mugabo ku cyemezo cyo...

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

by radiotv10
07/07/2025
0

The Government of Rwanda has called on the United States to ensure strict enforcement of the recently signed peace agreement...

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

by radiotv10
07/07/2025
0

Abantu 22 bafatiwe ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro mu gihe cy’iminsi ibiri, bakekwaho ibikorwa...

IZIHERUKA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano
MU RWANDA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ndabizeza ko umutekano n’ubusugire bizahora birinzwe uko byagenda kose-Perezida yinjiza Abanyarwanda muri 2025

Ndabizeza ko umutekano n’ubusugire bizahora birinzwe uko byagenda kose-Perezida yinjiza Abanyarwanda muri 2025

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.