Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gakenke : Yafatiwe mu cyuho asambanya umwana

radiotv10by radiotv10
03/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU, UBUTABERA
0
Gakenke : Yafatiwe mu cyuho asambanya umwana
Share on FacebookShare on Twitter

Manirarora Faustin wo mu Karere ka Gakenke, yafatiwe mu cyuho arimo asambanya umwana ahita atabwa muri yombi.

Mu ma saa moya n’igice z’ijoro ryo ku wa Kane tariki 29 Gashyantare 2024, abaturage bo mu Mudugudu wa Nyarungu, Akagari ka Kamubuga mu Murenge wa Mubuga, batunguwe no kumva urusaku rw’umwana w’umukobwa warimo atabariza mu gashyamba, bahurura bagiye kureba ibimubayeho, mu kumugeraho basanga Manirarora arimo amusambanya ku ngufu.

Uwo mwana w’imyaka irindwi wiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri abanza, bivugwa ko ubwo yari mu nzira avuye kuvoma, aribwo yahuye n’uwo musore, aramuhagarika atangira amushukisha igiceri cy’amafaranga ijana ngo akigure bombo, mu kumuhakanira ahita amufata ku ngufu.

Umwe mu baturanyi b’iwabo w’uwo mwana uri mu bahageze bikiba, yagize ati: “Umwana yaratabaje, abatuye hafi y’agashyamba uwo musore yamufatiyemo ku ngufu bumvise ari ijwi ry’umwana birukirayo bakeka ko yaba ari nk’umuntu uri kumunigiramo, mu kuhagera basanga arimo kumusambanya”.

Ati “Ayo mahano yadutunguye dore ko n’ibintu nk’ibyo hano muri aka gace twaherukaga kubyumva cyera nko mu myaka 20 ishize. Uyu musore yahemukiye umwana ahemukira ababyeyi be, mbese ni ibintu biteye agahinda. Twifuza ko bamukanira urumukwiye kandi n’igihe cyo kuburana bakazamuzana hano, mu ruhame aho yakoreye icyaha, n’abandi bakaboneraho isomo ryo kudahirahira ngo babyishoremo”.

Ngo ubwo abaturage bamaraga kumufatira mu cyuho, uwo musore yagerageje kubaha amafaranga ngo bamukingire ikibaba, bo baranga bamubera ibamba ahubwo bahitamo gutabaza ubuyobozi n’inzego zishinzwe umutekano, ziramufata zimuta muri yombi aho afungiwe kuri Stion ya Polisi ya Gakenke.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, SP Jean Bosco Mwiseneza yatangaje iby’itabwa muri yombi ry’uyu musore, avuga ko “Ukwekwaho icyaha cyo gusambanya umwana yahise afatwa ubu ari gukurikiranirwa kuri Station Police Gakenke, mu gihe umwana yahise ajyanwa kwa muganga ngo yitabweho. Aba agomba gusuzumwa, agakorerwa ibizamini ndetse agahabwa n’imiti yabugenewe hamwe no gukomeza kumuhumuriza”.

Yunzeo ati “Dukangurira ababyeyi kuba hafi y’abana babo, kuko ntibikwiye kumva cyangwa kubona umwana uri muri kiriya kigero agenda mu muhanda wenyine mu masaha ya nijoro. Ababyeyi ibyo baba bakwiye kubyirinda igihe hari nk’icyo bakeneye kiri hanze y’urugo bakigirayo, cyangwa bagatuma umuntu mukuru”.

Abazi uyu musore bavuga ko kenshi akunze kugaragara yasinze, binakekwa ko no muri uko gusambanya uwo mwana ku ngufu, yaba yari yanyweye ibiyobyabwenge.

SP Mwiseneza aburira abakomeje kwishora mu biyobyabwenge n’ubusinzi, ko bakwiye kubireka kuko biri ku isonga mu bikurura ibibazo nk’ibi.

Yasabye abaturage kujya batanga amakuru y’uwo babona afite imyitwarire idahwitse, kuko bifasha mu gukumira icyaha.

Ati “Abantu nk’abo bijandika mu nzoga n’ibiyobyabwenge bibatesha umurongo muzima, akenshi abaturage baba babazi. Ni byiza ko abantu babagaragaza hakiri kare, hakabaho kubigisha kandi dufite ingero za benshi bagiye babireka nyuma yo kwigishwa no gusobanukirwa byimbitse ingaruka byabagiraho bo ubwabo n’umunryango nyarwanda muri rusange”.

Ati “Icyaha cyo gusambanya umwana gihanwa n’amategeko, dusaba buri wese kudahishira abafite imigambi nk’iyo yo kwangiza umwana. Inzego z’umutekano ziri maso kandi ziteguye guhana zitajenjekeye umuntu wese wabifatirwamo”.

RadioTV10RWANDA

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 1 =

Previous Post

Andi mahirwe ku basore n’inkumi bifuza kwinjira muri RDF bize amasomo ya Tekiniki

Next Post

Tchad : Perezida Idriss Deby yatangaje kandidatire ye mu matora

Related Posts

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IMYIDAGADURO

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Tchad : Perezida Idriss Deby yatangaje kandidatire ye mu matora

Tchad : Perezida Idriss Deby yatangaje kandidatire ye mu matora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.