Sunday, September 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gatabazi wari umaze imyaka itatu nta nshingano yageneye ubutumwa Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
17/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yasimbuje Gatabazi ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutegetsi
Share on FacebookShare on Twitter

Gatabazi Jean Marie Vianney wari ugiye kuzuza imyaka itatu akuwe mu nshingano za Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, akaba yongeye guhabwa umwanya, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yongeye kumugirira, amwizeza kuzakorana ubunyangamugayo.

Mu itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Nyakanga 2025, hagaragaramo abayobozi bashyizwe mu myanya inyuranye, barimo Gatabazi Jean Marie Vianney wagizwe Komiseri muri Komisiyo yo Gusubiza mu Buzima Busanzwe abari abasirikare.

Uyu munyapolitiki wabaye n’Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, yahawe izi nshingano nshya, nyuma y’imyaka itatu akuwe ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, na wo yagiyeho nyuma yo kuba Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru.

Mu butumwa yageneye Perezida Paul Kagame nyuma yo kongera kumugirira icyizere, Gatabazi yamushimiye, kandi amwizeza kuzakorana umurava, n’ubunyangamugayo.

Yagize ati “Nejejwe no kubashimira Nyakubahwa Paul Kagame ku cyizere mwongeye kungirira cyo gukorera Igihugu cyacu nka Komisieri muri Komisiyo yo Gusubiza mu Buzima Busanzwe abari abasirikare.”

Muri ubu butumwa bwe, Hon. Gatabazi yakomeje agira ati “Niyemeje kuzuzanya izi nshingano ubunyangamugayo n’umuhate, ngendeye ku miyoborere yanyu y’icyitegererezo ndetse n’icyerekezo gihamye mukomeje kugena mu nyungu z’Abanyarwanda.”

Gatabazi yaherukaga inshingano ari muri Guverinoma y’u Rwanda, aho muri Werurwe 2021 yari yagizwe Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, ariko aza gukurwa kuri uyu mwanya mu kwezi k’Ugushyingo 2022.

Uyu munyapolitiki yari yinjiye muri Guverinoma avuye kuyobora Intara y’Amajyaruguru nka Guverineri, inshingano yari yahawe muri 2017.

Ubwo yari Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, yigeze guhagarikwa by’agateganyo kuri izi nshingano, aho muri Gicurasi 2020 yabaye akuwe kuri izi nshingano kubera ibyo yagombaga kubazwa, gusa nyuma y’amezi abiri, muri Nyakanga 2020 asubizwa kuri uyu mwanya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − seven =

Previous Post

Bwa mbere Barack Obama n’umugore we Michelle bari kumwe bavuze ku bihuha byo gutandukana

Next Post

Min.Nduhungirehe yabaye nk’ukosora uwatangaje amakuru ku biganiro bya AFC/M23 na DRC akazanamo n’u Rwanda

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

What Rwandans expect from the new Digital ID to be issued next year

by radiotv10
27/09/2025
0

Rwanda is preparing to roll out a new digital identification system that will replace the current national ID in the...

The secret life of introverts in a loud world

The secret life of introverts in a loud world

by radiotv10
27/09/2025
0

In today’s society, we often hear people saying, “Be bold, be loud, speak up!” It feels like the world belongs...

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa

by radiotv10
26/09/2025
0

Sindayiheba Alex warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi usanzwe ari Umuyobozi w’Umudugudu wa Kabutimbiri mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi...

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

by radiotv10
26/09/2025
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho yerekana abantu bakubitira umuturage mu Biro by’Akagari ka Munanira I mu Murenge wa Nyakabanda, hatawe muri...

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

by radiotv10
26/09/2025
1

Umuryango Mpuzamahanga w’Ubutabazi (Croix Rouge/Red Cross) ishami ryawo mu Rwanda, ryatanze umucyo ku ifoto igaragaza umukorerabushake wawo ari kuganira n’umwe...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

What Rwandans expect from the new Digital ID to be issued next year

by radiotv10
27/09/2025
0

Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

27/09/2025
Hasobanuwe iby’uburwayi bwari amayobera bw’umukinnyi ngenderwaho wa APR utazakina imikino ibiri ya Pyramids

Hasobanuwe iby’uburwayi bwari amayobera bw’umukinnyi ngenderwaho wa APR utazakina imikino ibiri ya Pyramids

27/09/2025
France: The Nicolas Sarkozy trial or the Roger Rabbit syndrome?

France: The Nicolas Sarkozy trial or the Roger Rabbit syndrome?

27/09/2025
The secret life of introverts in a loud world

The secret life of introverts in a loud world

27/09/2025
Netanyahu wa Israel yagaragarijwe ko atishimiwe mu nama y’abayobozi b’Isi

Netanyahu wa Israel yagaragarijwe ko atishimiwe mu nama y’abayobozi b’Isi

26/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Min.Nduhungirehe yabaye nk’ukosora uwatangaje amakuru ku biganiro bya AFC/M23 na DRC akazanamo n’u Rwanda

Min.Nduhungirehe yabaye nk’ukosora uwatangaje amakuru ku biganiro bya AFC/M23 na DRC akazanamo n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Rwandans expect from the new Digital ID to be issued next year

Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

Hasobanuwe iby’uburwayi bwari amayobera bw’umukinnyi ngenderwaho wa APR utazakina imikino ibiri ya Pyramids

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.