Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gatsibo: Rwiyemezamirimo n’abaturage barashinja akarere kubambura agera kuri miliyoni 280

radiotv10by radiotv10
25/08/2021
in MU RWANDA
0
Gatsibo: Rwiyemezamirimo n’abaturage barashinja akarere kubambura agera kuri miliyoni 280
Share on FacebookShare on Twitter

Mu karere ka Gatsibo hari abaturage bashinja ubuyobozi bw’akarere kuba nyirabayazana wo kwamburwa amafaranga bakoreye ubwo hubakwaga ikigo nderabuzima cya Ngarama muri aka karere.

Ikigo nderabuzima cya Ngarama giherereye mu karere ka Gatsibo nicyo bamwe muvuganye n’umunyamakuru wa RadioTV10 bagaragaza ko amafaranga bambuwe yakomokaga ku mirimo bakoze ubwo cyubakwaga mu mwaka wa 2015.

Aba bashinja ubuyobozi bw’akarere kuba aribwo bwabaye intandaro yo kugirango Rwiyemezamirimo wabakoreshaga abambure amafaranga bari bamaze gukorera.

Uwitwa Barikeka Zacharie yagize ati”byageze n’igihe tubigeza ku nzego nkuru z’igihugu yewe twanabigejeje mu biro by’umukuru w’igihugu ariko kugeza n’ubu turacyategereje gusa nta cyizere dufite kuko hashize igihe kinini kandi ubona akarere kabihunga nyamara ariko kakabaye katuvuganira”

Image

Undi mugore nawe wahakoze yagize ati”kuva mu mwaka wa 2015 twishyuza ariko twabuze uwaturenganura twahakoze tugirango dutunge imiryango yacu ariko turamburwa! nk’abanyamakuru mutuvuganire rwose”

Ibyo aba baturage bavuga birashimangirwa na Niyigena Eraste wakoreshaga aba baturage kuko company ye yitwa COTRAP niyo yari ifite isoko ryo kubaka iri vuriro avuga ko kutishyura aba baturage byatewe n’uko akarere kasheshe amasezerano bari bafitanye nyuma ngo ntikanamwishyura ibikorwa yari amaze gukora mu gihe kingana n’umwaka wari ushize bakora

Ati”akenshi iyo ibintu nk’ibyo bibaye abagira ingaruka ni bariya baturage tuba twarakoresheje n’ubwo natwe bitadusiga kuko bampagaritse bafite hafi miliyoni zisaga 160 bataranyishyura ukongeraho n’ibikoresho byanjye bahise bakoresha gusa ubu urubanza ruri mu rukiko rw’ubucuruzi”

Image

Ubuyobozi bw’akarere ka Gatsibo buvuga ko akarere ntakibazo gafitanye n’uwari wese wagize uruhare mu kubaka iki kigo nderabuzima.

Gasana Richard ukayobora yagize ati” icyo kibazo turakizi ariko nk’akarere nta muntu n’umwe dufitiye ideni wubatse hariya gusa icyo tuzi n’uko twaje gusesa amasezerano na rwiyemezamirimo kubera ibyo atari yubahirije turabarana dusanga ntacyo atugomba natwe ntacyo tumugomba ubwo rero abo baturage niwe bagomba gukurikirana kandi amakuru dufite n’uko bamwe banabitangiye”

Image

Kugeza ubu aba baturage ndetse n’uyu rwiyemezamirimo bavuga ko bishyuza akarere ka Gatsibo amafaranga akabakaba miliyoni 280

Inkuru ya Pacifique Ntakirutimana/RadioTV10

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Nshimiyimana Amran yasinye muri Musanze FC

Next Post

#AfroBasket2021: Ikipe y’igihugu ya Cameron yatewe mpaga imbere ya South Sudan

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
#AfroBasket2021: Ikipe y’igihugu ya Cameron yatewe mpaga imbere ya South Sudan

#AfroBasket2021: Ikipe y’igihugu ya Cameron yatewe mpaga imbere ya South Sudan

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.