Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gatsibo: Rwiyemezamirimo n’abaturage barashinja akarere kubambura agera kuri miliyoni 280

radiotv10by radiotv10
25/08/2021
in MU RWANDA
0
Gatsibo: Rwiyemezamirimo n’abaturage barashinja akarere kubambura agera kuri miliyoni 280
Share on FacebookShare on Twitter

Mu karere ka Gatsibo hari abaturage bashinja ubuyobozi bw’akarere kuba nyirabayazana wo kwamburwa amafaranga bakoreye ubwo hubakwaga ikigo nderabuzima cya Ngarama muri aka karere.

Ikigo nderabuzima cya Ngarama giherereye mu karere ka Gatsibo nicyo bamwe muvuganye n’umunyamakuru wa RadioTV10 bagaragaza ko amafaranga bambuwe yakomokaga ku mirimo bakoze ubwo cyubakwaga mu mwaka wa 2015.

Aba bashinja ubuyobozi bw’akarere kuba aribwo bwabaye intandaro yo kugirango Rwiyemezamirimo wabakoreshaga abambure amafaranga bari bamaze gukorera.

Uwitwa Barikeka Zacharie yagize ati”byageze n’igihe tubigeza ku nzego nkuru z’igihugu yewe twanabigejeje mu biro by’umukuru w’igihugu ariko kugeza n’ubu turacyategereje gusa nta cyizere dufite kuko hashize igihe kinini kandi ubona akarere kabihunga nyamara ariko kakabaye katuvuganira”

Image

Undi mugore nawe wahakoze yagize ati”kuva mu mwaka wa 2015 twishyuza ariko twabuze uwaturenganura twahakoze tugirango dutunge imiryango yacu ariko turamburwa! nk’abanyamakuru mutuvuganire rwose”

Ibyo aba baturage bavuga birashimangirwa na Niyigena Eraste wakoreshaga aba baturage kuko company ye yitwa COTRAP niyo yari ifite isoko ryo kubaka iri vuriro avuga ko kutishyura aba baturage byatewe n’uko akarere kasheshe amasezerano bari bafitanye nyuma ngo ntikanamwishyura ibikorwa yari amaze gukora mu gihe kingana n’umwaka wari ushize bakora

Ati”akenshi iyo ibintu nk’ibyo bibaye abagira ingaruka ni bariya baturage tuba twarakoresheje n’ubwo natwe bitadusiga kuko bampagaritse bafite hafi miliyoni zisaga 160 bataranyishyura ukongeraho n’ibikoresho byanjye bahise bakoresha gusa ubu urubanza ruri mu rukiko rw’ubucuruzi”

Image

Ubuyobozi bw’akarere ka Gatsibo buvuga ko akarere ntakibazo gafitanye n’uwari wese wagize uruhare mu kubaka iki kigo nderabuzima.

Gasana Richard ukayobora yagize ati” icyo kibazo turakizi ariko nk’akarere nta muntu n’umwe dufitiye ideni wubatse hariya gusa icyo tuzi n’uko twaje gusesa amasezerano na rwiyemezamirimo kubera ibyo atari yubahirije turabarana dusanga ntacyo atugomba natwe ntacyo tumugomba ubwo rero abo baturage niwe bagomba gukurikirana kandi amakuru dufite n’uko bamwe banabitangiye”

Image

Kugeza ubu aba baturage ndetse n’uyu rwiyemezamirimo bavuga ko bishyuza akarere ka Gatsibo amafaranga akabakaba miliyoni 280

Inkuru ya Pacifique Ntakirutimana/RadioTV10

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + six =

Previous Post

Nshimiyimana Amran yasinye muri Musanze FC

Next Post

#AfroBasket2021: Ikipe y’igihugu ya Cameron yatewe mpaga imbere ya South Sudan

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere
MU RWANDA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
#AfroBasket2021: Ikipe y’igihugu ya Cameron yatewe mpaga imbere ya South Sudan

#AfroBasket2021: Ikipe y’igihugu ya Cameron yatewe mpaga imbere ya South Sudan

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.