Gen James Kabarebe yemeye kubakira Byiringiro Lague na Kelia Uwase

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Perezida w’icyubahiro wa APR FC, Gen James Kabarebe, yatashye ubukwe bwa Byiringiro Lague ukinira APR FC yemera kubakira uyu muryango mushya wasezeranye kuri uyu wa Kabiri.

 

Izindi Nkuru

Kuri uyu wa Kabiri tariki 07/12/2021, ni bwo rutahizamu wa APR FC Byringiro Lague yasezeranye imberey’Imana na Kelia Uwase, ni nyuma y’umuhango wo gusaba no gukwa nawo wari wabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri.

 

Byringiro Lague na Kelia Uwase bagombaga kuba bakoze ubukwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 04/12/2021, ariko buza kwimurwa kubera umukino APR FC yari ifitanye na RS Berkane, umukino wabereye muri Maroc.

Mu bitabiriye ibi birori batandukanye barimo Gen James Kabarebe, aho yaje gufata ijambo mu mwanya wo gutanga impano maze yemerera uru rugo rushya rw’abageni kuzabubakira kandi neza.

Yagize ati “Kelia na Lague ntabwo nabatwerereye, impamvu ntabatwereye ndayibabwira, iyo mbatwerera byari kugarukira muri ibi bintu mubona hano, ibi byose ntabyo muri butahane murabisiga hano, ariko nagira ngo nimutuza muruhutse nzabubakira kandi neza”

Ibyo ni byo bizabagirira akamaro kurusha ibi, nari mbizi ko hari abandi bazabikora na APR FC yarabikoze murabibona ariko njye nagira ngo nzabubakire, mubone intangiriro namwe muzubakira abandi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru