Wednesday, August 26, 2026
RW|EN
AMAHANGA

Gen.Muhoozi yashyize hanze igihe aziyamamariza ku gusimbura Se Museveni ku mwanya wa Perezida

Gen.Muhoozi yashyize hanze igihe aziyamamariza ku gusimbura Se Museveni ku mwanya wa Perezida

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni umaze igihe kinini ayobora iki Gihugu, yatangaje ko azahatanira umwanya wa Perezida wa Uganda mu matora yo mu 2031, kandi ko azatsinda ku majwi ari hejuru ya 90%.

Kainerugaba w’imyaka 52, amaze igihe avugwa nk’umwe mu bashobora gusimbura se umaze gusaza. Azwi kandi guterana amagambo mu buryo bukomeye na Bobi Wine, umwe mu bayobozi bakomeye b’abatavuga rumwe n’ubutegetsi wanahatanye na Museveni mu Matora y’Umukuru w’Igihugu mu bihe binyuranye.

Mu butumwa bwagiye busohoka kuri X ku mugoroba wo ku wa Kabiri, Gen Kainerugaba yagize ati “Nzahatanira umwanya wo hejuru mu gihugu mu 2031. Kandi tuzatsinda ku bw’ubuntu bw’Imana Ishoborabyose.”

Yakomeje agira ati “Ku bw’inkunga ya data ukomeye, Mzee, nzabona 90% by’amajwi mu matora yo mu 2031.” Yifashishije ijambo “Mzee” mu rwego rwo kuvuga se, Perezida Museveni w’imyaka 81.

Kainerugaba ayobora umutwe wa politiki witwa Patriotic League of Uganda, kandi yari yaratangaje mbere ko azahatanira umwanya wa Perezida mu matora aheruka kuba muri Mutarama, ariko aza kwisubiraho ntiyahatana.

Museveni, uyobora ishyaka riri ku butegetsi rya National Resistance Movement (NRM), amaze kuyobora Uganda kuva mu 1986.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bamushinja ko ubutegetsi bwe bwagize uruhare mu bikorwa bitandukanye byo guhonyora uburenganzira bwa muntu, birimo iyicarubozo, gushimuta abantu no gufunga abantu nta burenganzira. Guverinoma ya Uganda ihakana ibyo birego.

Umuyobozi ukomeye w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, Bobi Wine, yahungiye muri Leta Zunze Ubumwe za America mu ntangiriro z’uyu mwaka, avuga ko yatinyaga ko ubuzima bwe buri mu kaga.

Undi munyapolitiki umaze igihe mu batavuga n’ubutegetsi, Kizza Besigye, afunzwe kuva mu 2024 ndetse ari kuburanishwa ku cyaha cyo kugambanira igihugu.

RADIOTV10

Sangira: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =