Sunday, November 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen.Patrick Nyamvumba wasabiwe kuba Ambasaderi yabanje kunyura imbere y’Abasenateri

radiotv10by radiotv10
04/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Gen.Patrick Nyamvumba wasabiwe kuba Ambasaderi yabanje kunyura imbere y’Abasenateri
Share on FacebookShare on Twitter

General Patrick Nyamvumba wigeze kuba Umugaba Mukuru wa RDF, uherutse gusabirwa guhagararira u Rwanda muri Tanzania, yabanje kunyura imbere ya Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga muri Sena, kugira ngo isuzume dosiye y’izi nshingano yasabiwe.

General Patrick Nyamvumba yasabiwe guhagararira u Rwanda muri Tanzania, n’Inama y’Abaminisitiri yateranye mu cyumweru gishize, tariki 27 Gashyantare 2024 yari iyobowe na Perezida Paul Kagame, yashyize mu myanya abayobozi batandukanye.

Kuri uyu wa Mbere tariki 04 Werurwe 2024, General Patrick Nyamvumba yanyuze imbere ya Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano muri Sena, kugira ngo isuzume dosiye ye imusabira izi nshingano zo kuba Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania.

Ubutumwa dukesha Inteko ishinga Amategeko bwatambutse ku rubuga nkoranyambaga rwa X, buherekejwe n’amafoto agaragaza General Patrick Nyamvumba yicaye imbere y’abagize iyi Komisiyo mu cyumba Kigari gisanzwe gikoreramo imirimo y’Inteko Rusange ya Sena, bugira buti “Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano yasuzumye dosiye ya Gen. P. Nyamvumba usabirwa kuba Ambasaderi muri Tanzania.”

Mu bandi baherewe inshingano rimwe na General Patrick Nyamvumba, harimo Francis Kamanzi, wagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda.

Dosiye isabira Kamanzi Francis kuba Umuyobozi Mukuru w’iki Kigo, na yo yasuzumwe na Komisiyo y’Iterambere ry’Ubukungu n’Imari muri Sena.

Ubutumwa bw’Inteko Ishinga Amategeko, busoza buvuga ko nyuma y’uko izi Komisiyo zisuzumye dosiye z’aba bombi “Umwanzuro uzafatwa n’Inteko Rusange ya Sena.”

General Patrick Nyamvumba wigeze kuba Umugaba Mukuru wa RDF, akaba na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, umwanya atatinzeho, yasabiwe guhagararira u Rwanda muri Tanzania agasimbura Fatou Harerimana wari umaze umwaka umwe kuri uyu mwanya yari yasimbuyeho Maj Gen Charkes Karamba, ubu uhagarariye u Rwanda muri Ethiopia.

Ambasaderi Fatou Harerimana ugiye gusimburwa na General Patrick Nyamvumva, we yahawe guhagararira u Rwanda muri Pakistan, inshingano na we yahawe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye mu cyumweru gishize.

Dosiye ya General Patrick Nyamvumba yasuzumwe
General Patrick Nyamvumba yanyuze imbere y’Abasenateri
Na Kamanzi wagizwe CEO wa RMB na we yanyuze imbere ya Komisiyo y’Iterambere ry’Ubukungu n’Imari

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + one =

Previous Post

DRCongo: Urugamba rwahinduye isura nyuma y’inama idasanzwe y’Abagaba b’Ingabo zagiye gufasha FARDC

Next Post

Haiti: Menya ibiteganyijwe mu bihe bidasanzwe byatangajwe by’amasaha 72

Related Posts

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
08/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Muyira na Kigoma mu karere ka Nyanza bavuga ko hashize umwaka urenga babariwe agaciro...

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Haiti: Menya ibiteganyijwe mu bihe bidasanzwe byatangajwe by’amasaha 72

Haiti: Menya ibiteganyijwe mu bihe bidasanzwe byatangajwe by’amasaha 72

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.