Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen.Patrick Nyamvumba wasabiwe kuba Ambasaderi yabanje kunyura imbere y’Abasenateri

radiotv10by radiotv10
04/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Gen.Patrick Nyamvumba wasabiwe kuba Ambasaderi yabanje kunyura imbere y’Abasenateri
Share on FacebookShare on Twitter

General Patrick Nyamvumba wigeze kuba Umugaba Mukuru wa RDF, uherutse gusabirwa guhagararira u Rwanda muri Tanzania, yabanje kunyura imbere ya Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga muri Sena, kugira ngo isuzume dosiye y’izi nshingano yasabiwe.

General Patrick Nyamvumba yasabiwe guhagararira u Rwanda muri Tanzania, n’Inama y’Abaminisitiri yateranye mu cyumweru gishize, tariki 27 Gashyantare 2024 yari iyobowe na Perezida Paul Kagame, yashyize mu myanya abayobozi batandukanye.

Kuri uyu wa Mbere tariki 04 Werurwe 2024, General Patrick Nyamvumba yanyuze imbere ya Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano muri Sena, kugira ngo isuzume dosiye ye imusabira izi nshingano zo kuba Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania.

Ubutumwa dukesha Inteko ishinga Amategeko bwatambutse ku rubuga nkoranyambaga rwa X, buherekejwe n’amafoto agaragaza General Patrick Nyamvumba yicaye imbere y’abagize iyi Komisiyo mu cyumba Kigari gisanzwe gikoreramo imirimo y’Inteko Rusange ya Sena, bugira buti “Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano yasuzumye dosiye ya Gen. P. Nyamvumba usabirwa kuba Ambasaderi muri Tanzania.”

Mu bandi baherewe inshingano rimwe na General Patrick Nyamvumba, harimo Francis Kamanzi, wagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda.

Dosiye isabira Kamanzi Francis kuba Umuyobozi Mukuru w’iki Kigo, na yo yasuzumwe na Komisiyo y’Iterambere ry’Ubukungu n’Imari muri Sena.

Ubutumwa bw’Inteko Ishinga Amategeko, busoza buvuga ko nyuma y’uko izi Komisiyo zisuzumye dosiye z’aba bombi “Umwanzuro uzafatwa n’Inteko Rusange ya Sena.”

General Patrick Nyamvumba wigeze kuba Umugaba Mukuru wa RDF, akaba na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, umwanya atatinzeho, yasabiwe guhagararira u Rwanda muri Tanzania agasimbura Fatou Harerimana wari umaze umwaka umwe kuri uyu mwanya yari yasimbuyeho Maj Gen Charkes Karamba, ubu uhagarariye u Rwanda muri Ethiopia.

Ambasaderi Fatou Harerimana ugiye gusimburwa na General Patrick Nyamvumva, we yahawe guhagararira u Rwanda muri Pakistan, inshingano na we yahawe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye mu cyumweru gishize.

Dosiye ya General Patrick Nyamvumba yasuzumwe
General Patrick Nyamvumba yanyuze imbere y’Abasenateri
Na Kamanzi wagizwe CEO wa RMB na we yanyuze imbere ya Komisiyo y’Iterambere ry’Ubukungu n’Imari

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

DRCongo: Urugamba rwahinduye isura nyuma y’inama idasanzwe y’Abagaba b’Ingabo zagiye gufasha FARDC

Next Post

Haiti: Menya ibiteganyijwe mu bihe bidasanzwe byatangajwe by’amasaha 72

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando
AMAHANGA

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Haiti: Menya ibiteganyijwe mu bihe bidasanzwe byatangajwe by’amasaha 72

Haiti: Menya ibiteganyijwe mu bihe bidasanzwe byatangajwe by’amasaha 72

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.