Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen.Patrick Nyamvumba wasabiwe kuba Ambasaderi yabanje kunyura imbere y’Abasenateri

radiotv10by radiotv10
04/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Gen.Patrick Nyamvumba wasabiwe kuba Ambasaderi yabanje kunyura imbere y’Abasenateri
Share on FacebookShare on Twitter

General Patrick Nyamvumba wigeze kuba Umugaba Mukuru wa RDF, uherutse gusabirwa guhagararira u Rwanda muri Tanzania, yabanje kunyura imbere ya Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga muri Sena, kugira ngo isuzume dosiye y’izi nshingano yasabiwe.

General Patrick Nyamvumba yasabiwe guhagararira u Rwanda muri Tanzania, n’Inama y’Abaminisitiri yateranye mu cyumweru gishize, tariki 27 Gashyantare 2024 yari iyobowe na Perezida Paul Kagame, yashyize mu myanya abayobozi batandukanye.

Kuri uyu wa Mbere tariki 04 Werurwe 2024, General Patrick Nyamvumba yanyuze imbere ya Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano muri Sena, kugira ngo isuzume dosiye ye imusabira izi nshingano zo kuba Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania.

Ubutumwa dukesha Inteko ishinga Amategeko bwatambutse ku rubuga nkoranyambaga rwa X, buherekejwe n’amafoto agaragaza General Patrick Nyamvumba yicaye imbere y’abagize iyi Komisiyo mu cyumba Kigari gisanzwe gikoreramo imirimo y’Inteko Rusange ya Sena, bugira buti “Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano yasuzumye dosiye ya Gen. P. Nyamvumba usabirwa kuba Ambasaderi muri Tanzania.”

Mu bandi baherewe inshingano rimwe na General Patrick Nyamvumba, harimo Francis Kamanzi, wagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda.

Dosiye isabira Kamanzi Francis kuba Umuyobozi Mukuru w’iki Kigo, na yo yasuzumwe na Komisiyo y’Iterambere ry’Ubukungu n’Imari muri Sena.

Ubutumwa bw’Inteko Ishinga Amategeko, busoza buvuga ko nyuma y’uko izi Komisiyo zisuzumye dosiye z’aba bombi “Umwanzuro uzafatwa n’Inteko Rusange ya Sena.”

General Patrick Nyamvumba wigeze kuba Umugaba Mukuru wa RDF, akaba na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, umwanya atatinzeho, yasabiwe guhagararira u Rwanda muri Tanzania agasimbura Fatou Harerimana wari umaze umwaka umwe kuri uyu mwanya yari yasimbuyeho Maj Gen Charkes Karamba, ubu uhagarariye u Rwanda muri Ethiopia.

Ambasaderi Fatou Harerimana ugiye gusimburwa na General Patrick Nyamvumva, we yahawe guhagararira u Rwanda muri Pakistan, inshingano na we yahawe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye mu cyumweru gishize.

Dosiye ya General Patrick Nyamvumba yasuzumwe
General Patrick Nyamvumba yanyuze imbere y’Abasenateri
Na Kamanzi wagizwe CEO wa RMB na we yanyuze imbere ya Komisiyo y’Iterambere ry’Ubukungu n’Imari

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + three =

Previous Post

DRCongo: Urugamba rwahinduye isura nyuma y’inama idasanzwe y’Abagaba b’Ingabo zagiye gufasha FARDC

Next Post

Haiti: Menya ibiteganyijwe mu bihe bidasanzwe byatangajwe by’amasaha 72

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haiti: Menya ibiteganyijwe mu bihe bidasanzwe byatangajwe by’amasaha 72

Haiti: Menya ibiteganyijwe mu bihe bidasanzwe byatangajwe by’amasaha 72

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.