Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

General Muganga yibukije ipfundo ry’umubano w’Ingabo z’u Rwanda-RDF n’iza Uganda-UPDF

radiotv10by radiotv10
26/03/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
General Muganga yibukije ipfundo ry’umubano w’Ingabo z’u Rwanda-RDF n’iza Uganda-UPDF
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga yavuze ko umubano w’Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda umaze igihe kinini uhereye mu bihe by’urugamba rwo kwibohora.

General Mubarakh Muganga yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Werurwe 2025 ubwo yakiraga itsinda ry’abayobozi n’abanyeshuri 27 baturutse mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka ((SCSC) muri Uganda.

Iri tsinda riyobowe n’Umuhuzabikorwa w’iri Shuri, Col Martin Sunday Byegarazo, ryasuye Icyicaro Gihugu cy’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, ryakirwa na General MK Mubarakh.

General Mubarakh wagarutse ku mubano w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) na UPDF, yavuze ko atari uwa none, ahubwo ko ufite amateka mu bihe byo hambere.

Yagize ati “RDF na UPDF bakomeje kugira umubano mwiza ukomeye, umaze igihe kinini, uhereye ku ngamba zo kwibohora. Twishimira kuba Ingabo zacu zarakomeje guteza imbere umubano wacu wihariye binyuze muri gahunda zinyuranye, zirimo n’izi zo kohererezanya abanyeshuri b’abofisiye n’abayobozi, hagati y’Amashuri Makuru ya Gisirikare ya UPDF n’a RDF.”

General Mubarakh Muganga yavuze ko ibi bikomeza kugira uruhare rukomeye mu gukomeza kubaka umwuga wa gisirikare, yaba mu guteza imbere imyitozo yifashihshwa mu guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bivuka, birimo ibyaha byambukiranya imipaka.

Iri tsinda kandi ryasobanuriwe inzira yo kwiyubaka kwa RDF, ndetse n’uruhare Ingabo z’u Rwanda zigira mu butumwa bw’amahoro ku Mugabane wa Afurika.

Ryanasuye ibindi bikorwa binyuranye, birimo Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali, ndetse n’Ingoro y’Amateka y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside, kimwe n’Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’Ingabo z’u Rwanda rya Nyakinama.

Uru ruzinduko kandi rubaye nyuma yuko Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba na we agiriye uruzinduko mu Rwanda, aho na we yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa RDF, General Mubarakh Muganga.

General Muganga yavuze ko umubano wa RDF na UPDF atari uwa vuba
Iri tsinda rya UPDF na ryo ryifuzaga kumenya byinshi kuri RDF
Banasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Ibiteye amatsiko ku Mu-Dj uri mu bagezweho mu Rwanda uzwiho umwihariko ku Isi

Next Post

Rwanda&Burundi: Hahishuwe indi ntambwe yari yatewe mbere y’amagambo ya Perezida Ndayishimiye

Related Posts

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

IZIHERUKA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

03/12/2025
Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo u Rwanda ruvuga ku biri gukorwa ku mubano warwo n’u Burundi bitanga icyizere

Rwanda&Burundi: Hahishuwe indi ntambwe yari yatewe mbere y’amagambo ya Perezida Ndayishimiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.