Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

General Muganga yibukije ipfundo ry’umubano w’Ingabo z’u Rwanda-RDF n’iza Uganda-UPDF

radiotv10by radiotv10
26/03/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
General Muganga yibukije ipfundo ry’umubano w’Ingabo z’u Rwanda-RDF n’iza Uganda-UPDF
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga yavuze ko umubano w’Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda umaze igihe kinini uhereye mu bihe by’urugamba rwo kwibohora.

General Mubarakh Muganga yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Werurwe 2025 ubwo yakiraga itsinda ry’abayobozi n’abanyeshuri 27 baturutse mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka ((SCSC) muri Uganda.

Iri tsinda riyobowe n’Umuhuzabikorwa w’iri Shuri, Col Martin Sunday Byegarazo, ryasuye Icyicaro Gihugu cy’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, ryakirwa na General MK Mubarakh.

General Mubarakh wagarutse ku mubano w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) na UPDF, yavuze ko atari uwa none, ahubwo ko ufite amateka mu bihe byo hambere.

Yagize ati “RDF na UPDF bakomeje kugira umubano mwiza ukomeye, umaze igihe kinini, uhereye ku ngamba zo kwibohora. Twishimira kuba Ingabo zacu zarakomeje guteza imbere umubano wacu wihariye binyuze muri gahunda zinyuranye, zirimo n’izi zo kohererezanya abanyeshuri b’abofisiye n’abayobozi, hagati y’Amashuri Makuru ya Gisirikare ya UPDF n’a RDF.”

General Mubarakh Muganga yavuze ko ibi bikomeza kugira uruhare rukomeye mu gukomeza kubaka umwuga wa gisirikare, yaba mu guteza imbere imyitozo yifashihshwa mu guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bivuka, birimo ibyaha byambukiranya imipaka.

Iri tsinda kandi ryasobanuriwe inzira yo kwiyubaka kwa RDF, ndetse n’uruhare Ingabo z’u Rwanda zigira mu butumwa bw’amahoro ku Mugabane wa Afurika.

Ryanasuye ibindi bikorwa binyuranye, birimo Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali, ndetse n’Ingoro y’Amateka y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside, kimwe n’Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’Ingabo z’u Rwanda rya Nyakinama.

Uru ruzinduko kandi rubaye nyuma yuko Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba na we agiriye uruzinduko mu Rwanda, aho na we yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa RDF, General Mubarakh Muganga.

General Muganga yavuze ko umubano wa RDF na UPDF atari uwa vuba
Iri tsinda rya UPDF na ryo ryifuzaga kumenya byinshi kuri RDF
Banasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 4 =

Previous Post

Ibiteye amatsiko ku Mu-Dj uri mu bagezweho mu Rwanda uzwiho umwihariko ku Isi

Next Post

Rwanda&Burundi: Hahishuwe indi ntambwe yari yatewe mbere y’amagambo ya Perezida Ndayishimiye

Related Posts

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

IZIHERUKA

The inspiring journey of Tuyishime, a 44-year-old woman representing Rwanda at Miss Universe
IMYIDAGADURO

The inspiring journey of Tuyishime, a 44-year-old woman representing Rwanda at Miss Universe

by radiotv10
18/11/2025
0

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

18/11/2025
Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

Kwambara neza no kuberwa ntibikiri iby’abakobwa gusa ubu n’abasore bo mu Rwanda barabiyobotse

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo u Rwanda ruvuga ku biri gukorwa ku mubano warwo n’u Burundi bitanga icyizere

Rwanda&Burundi: Hahishuwe indi ntambwe yari yatewe mbere y’amagambo ya Perezida Ndayishimiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The inspiring journey of Tuyishime, a 44-year-old woman representing Rwanda at Miss Universe

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.