Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

General Muganga yibukije ipfundo ry’umubano w’Ingabo z’u Rwanda-RDF n’iza Uganda-UPDF

radiotv10by radiotv10
26/03/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
General Muganga yibukije ipfundo ry’umubano w’Ingabo z’u Rwanda-RDF n’iza Uganda-UPDF
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga yavuze ko umubano w’Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda umaze igihe kinini uhereye mu bihe by’urugamba rwo kwibohora.

General Mubarakh Muganga yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Werurwe 2025 ubwo yakiraga itsinda ry’abayobozi n’abanyeshuri 27 baturutse mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka ((SCSC) muri Uganda.

Iri tsinda riyobowe n’Umuhuzabikorwa w’iri Shuri, Col Martin Sunday Byegarazo, ryasuye Icyicaro Gihugu cy’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, ryakirwa na General MK Mubarakh.

General Mubarakh wagarutse ku mubano w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) na UPDF, yavuze ko atari uwa none, ahubwo ko ufite amateka mu bihe byo hambere.

Yagize ati “RDF na UPDF bakomeje kugira umubano mwiza ukomeye, umaze igihe kinini, uhereye ku ngamba zo kwibohora. Twishimira kuba Ingabo zacu zarakomeje guteza imbere umubano wacu wihariye binyuze muri gahunda zinyuranye, zirimo n’izi zo kohererezanya abanyeshuri b’abofisiye n’abayobozi, hagati y’Amashuri Makuru ya Gisirikare ya UPDF n’a RDF.”

General Mubarakh Muganga yavuze ko ibi bikomeza kugira uruhare rukomeye mu gukomeza kubaka umwuga wa gisirikare, yaba mu guteza imbere imyitozo yifashihshwa mu guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bivuka, birimo ibyaha byambukiranya imipaka.

Iri tsinda kandi ryasobanuriwe inzira yo kwiyubaka kwa RDF, ndetse n’uruhare Ingabo z’u Rwanda zigira mu butumwa bw’amahoro ku Mugabane wa Afurika.

Ryanasuye ibindi bikorwa binyuranye, birimo Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali, ndetse n’Ingoro y’Amateka y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside, kimwe n’Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’Ingabo z’u Rwanda rya Nyakinama.

Uru ruzinduko kandi rubaye nyuma yuko Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba na we agiriye uruzinduko mu Rwanda, aho na we yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa RDF, General Mubarakh Muganga.

General Muganga yavuze ko umubano wa RDF na UPDF atari uwa vuba
Iri tsinda rya UPDF na ryo ryifuzaga kumenya byinshi kuri RDF
Banasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 12 =

Previous Post

Ibiteye amatsiko ku Mu-Dj uri mu bagezweho mu Rwanda uzwiho umwihariko ku Isi

Next Post

Rwanda&Burundi: Hahishuwe indi ntambwe yari yatewe mbere y’amagambo ya Perezida Ndayishimiye

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo u Rwanda ruvuga ku biri gukorwa ku mubano warwo n’u Burundi bitanga icyizere

Rwanda&Burundi: Hahishuwe indi ntambwe yari yatewe mbere y’amagambo ya Perezida Ndayishimiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.