Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gicumbi: Agronome ukurikiranyweho kunyereza ibyagenewe abaturage yatanze ibisobanuro bishidikanywaho

radiotv10by radiotv10
14/11/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Gicumbi: Agronome ukurikiranyweho kunyereza ibyagenewe abaturage yatanze ibisobanuro bishidikanywaho
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi ushinzwe Ubuhinzi muri umwe mu Mirenge yo mu Karere ka Gicumbi, ukurikiranyweho kunyereza imifuka 48 y’ifumbire, ahakana icyaha, ariko akemera ko ari we wari ufite urufunguzo rw’ububiko bw’iyi nyongeramusaruro yibwe.

Ukurikiranyweho iki cyaha cyo kunyereza ibilo 2 400 by’ifumbire yo mu bwoko bwa DAP ndetse n’imifuka 10 y’ifumbire y’ishwagara, yamaze gukorerwa Dosiye ishyikirizwa Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gicumbi.

Ubushinjacyaha bwakiriye dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo uyu mukozi ushinzwe ubuhinzi muri imwe mu Mirenge y’Akarere ka Gicumbi muri iki cyumweru, buvuga ko iki cyaha cyakozwe muri Werurwe uyu mwaka.

Mu kugaragaza imikorere y’iki cyaha, Ubushinjacyaha buvuga ko uyu mukozi ushinzwe Ubuhinzi, yakoresheje umuzamu warindaga iyi n’ibilo 2400 by’ifumbire ya DAP ndetse n’imifuka 10 y’ifumbire y’ishwagara, ubundi akabipakira imodoka akabijyana.

Ubushinjacyaha bugira buti “Mu ibazwa rye, ahakana icyaha aregwa ariko akemera ko ari we wari ufite urufunguzo rwa stock [ububiko] yabikwagamo iyo fumbire.”

Icyaha kiregwa uyu mukozi ushinzwe ubuhinzi, giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 10 y’Itegeko n°54/2018 ryo ku wa 13/08/2018 ryerekeye kurwanya ruswa. Nikimuhama, azahanishwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka 10 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri 3 kugeza kuri 5 z’agaciro k’umutungo yanyereje.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + eleven =

Previous Post

Hatangajwe igihano cyasabiwe umunyamakurukazi w’i Burundi ukurikiranyweho kwibasira ubusugire bw’Igihugu

Next Post

Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi bafite ubumenyi mu miyoborere y’igipolisi n’ubunyamwuga

Related Posts

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

by radiotv10
13/05/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko batagipfa kunyura mu nzira iva isantere ya Mahoko yerecyeza...

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

by radiotv10
13/05/2025
0

Umukozi w’Imana Pastor Julienne Kabanda Kabirigi uherutse gufungirwa umuryango ushingiye ku myerereye ‘Grace Room Ministries’ ayobora, yasabye abantu kuba maso...

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

by radiotv10
13/05/2025
0

Ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi, ni rimwe mu ya Polisi y'u Rwanda, benshi babona iyo ryiyambajwe igihe habaye impanuka...

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Faye yavuze ko u Rwanda rumaze kuba indashyikirwa mu kubyaza umusaruro ikoranabuhanga, bityo ko n’ibindi...

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida Paul Kagame witabiriye Inama muri Côte d’Ivoire yanatangiyemo ikiganiro, yahuye n’abayobozi batandukanye barimo Abakuru b’Ibihugu bagenzi be banaganiriye ku...

IZIHERUKA

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo
MU RWANDA

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

by radiotv10
13/05/2025
0

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

13/05/2025
Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

13/05/2025
Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

13/05/2025
Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

13/05/2025
Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

13/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi bafite ubumenyi mu miyoborere y’igipolisi n’ubunyamwuga

Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi bafite ubumenyi mu miyoborere y’igipolisi n’ubunyamwuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.