Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gicumbi: Hamenyekanye igihano cyahanishijwe uwishe umugore amukekaho kumuroga kudakora imibonano

radiotv10by radiotv10
15/10/2022
in MU RWANDA
0
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Byumba mu Karere ka Gicumbi, wahuye n’irondo yikoreye umufuka yapfunyitsemo umurambo w’umugore bari baturanye, akaza no kwiyemerera ko ari we wamwishe ngo amuziza kuba yaramukekagaho kumuroga kutabasha gukora imibonano mpuzabitsina n’undi mugore, yakatiwe gufungwa burundu.

Uyu mugabo w’imyaka 33 y’amavuko utuye mu Mudugudu wa Kimirimo, Akagari ka Ngondore mu Murenge wa Byumba, akurikiranyweho kwica uyu mugore wari umuturanyi we tariki 19 Mutarama 2022.

Mu kwezi gushize, tariki 09 Nzeri 2022, Urukiko Rwisumbuye rya Gicumbi rwahamijwe uyu mugabo icyaha cy’ubwicanyi buturutse ku bushake, rukamuhanisha gufungwa burundu, rumukatira gufungwa burundu.

Ubushinjacyaha bwaburanaga n’uyu mugabo, bwari bwasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi, kumuhamya icyaha cy’ubwicanyi bututse ku bushake, no kumukatira gufungwa burundu.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko mu ijoro ryo ku ya 19 Mutarama 2022, uyu mugabo yahuye n’irondo yikoreye umufuka yapfunyitsemo umurambo wa nyakwigendera, abikanze ahita awukubita hasi ariruka ahita atoroka.

Nyuma yuko afatiwe, mu ibazwa rye, uyu mugabo yemeye ko ari we wishe uyu mugore ubwo yamusangaga imbere y’inzu ye agakeka ko yaje kumuroga.

Uyu mugabo yavuze ko atajya abasha kugira undi mugore bakorana imibonano mpuzabitsina ngo byemere, akaba yarakekaga ko byatewe no kuba uwo mugore [nyakwigendera] yaramuroze.

Ubushinjacyaha buvuga ko ibi bisobanuro by’uyu mugabo ari urwitwazo kuko ntahantu na hamwe yigeze abigaragariza ubuyobozi ngo bumufashe, bityo ko akwiye guhamwa n’icyaha cyo kwica biturutse ku bushake giteganywa n’ingingo y’ 107 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, riteganya igihano cyo gufungwa burundu.

Urukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi rwahamije uyu mugabo icyaha yaregwaga, rumukatira gufungwa burundu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 5 =

Previous Post

Perezida Kagame yakiriye abanyabigwi muri ruhago barimo Jimmy Gatete (AMAFOTO)

Next Post

DRCongo imbere y’Isi yose noneho yashinje u Rwanda kuyiba ingagi n’inkima

Related Posts

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

IZIHERUKA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda
MU RWANDA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo imbere y’Isi yose noneho yashinje u Rwanda kuyiba ingagi n’inkima

DRCongo imbere y'Isi yose noneho yashinje u Rwanda kuyiba ingagi n'inkima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.