Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gicumbi: Hamenyekanye igihano cyahanishijwe uwishe umugore amukekaho kumuroga kudakora imibonano

radiotv10by radiotv10
15/10/2022
in MU RWANDA
0
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Byumba mu Karere ka Gicumbi, wahuye n’irondo yikoreye umufuka yapfunyitsemo umurambo w’umugore bari baturanye, akaza no kwiyemerera ko ari we wamwishe ngo amuziza kuba yaramukekagaho kumuroga kutabasha gukora imibonano mpuzabitsina n’undi mugore, yakatiwe gufungwa burundu.

Uyu mugabo w’imyaka 33 y’amavuko utuye mu Mudugudu wa Kimirimo, Akagari ka Ngondore mu Murenge wa Byumba, akurikiranyweho kwica uyu mugore wari umuturanyi we tariki 19 Mutarama 2022.

Mu kwezi gushize, tariki 09 Nzeri 2022, Urukiko Rwisumbuye rya Gicumbi rwahamijwe uyu mugabo icyaha cy’ubwicanyi buturutse ku bushake, rukamuhanisha gufungwa burundu, rumukatira gufungwa burundu.

Ubushinjacyaha bwaburanaga n’uyu mugabo, bwari bwasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi, kumuhamya icyaha cy’ubwicanyi bututse ku bushake, no kumukatira gufungwa burundu.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko mu ijoro ryo ku ya 19 Mutarama 2022, uyu mugabo yahuye n’irondo yikoreye umufuka yapfunyitsemo umurambo wa nyakwigendera, abikanze ahita awukubita hasi ariruka ahita atoroka.

Nyuma yuko afatiwe, mu ibazwa rye, uyu mugabo yemeye ko ari we wishe uyu mugore ubwo yamusangaga imbere y’inzu ye agakeka ko yaje kumuroga.

Uyu mugabo yavuze ko atajya abasha kugira undi mugore bakorana imibonano mpuzabitsina ngo byemere, akaba yarakekaga ko byatewe no kuba uwo mugore [nyakwigendera] yaramuroze.

Ubushinjacyaha buvuga ko ibi bisobanuro by’uyu mugabo ari urwitwazo kuko ntahantu na hamwe yigeze abigaragariza ubuyobozi ngo bumufashe, bityo ko akwiye guhamwa n’icyaha cyo kwica biturutse ku bushake giteganywa n’ingingo y’ 107 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, riteganya igihano cyo gufungwa burundu.

Urukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi rwahamije uyu mugabo icyaha yaregwaga, rumukatira gufungwa burundu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + three =

Previous Post

Perezida Kagame yakiriye abanyabigwi muri ruhago barimo Jimmy Gatete (AMAFOTO)

Next Post

DRCongo imbere y’Isi yose noneho yashinje u Rwanda kuyiba ingagi n’inkima

Related Posts

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya
FOOTBALL

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo imbere y’Isi yose noneho yashinje u Rwanda kuyiba ingagi n’inkima

DRCongo imbere y'Isi yose noneho yashinje u Rwanda kuyiba ingagi n'inkima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.