• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gitifu ukurikiranyweho miliyoni 15Frw yisobanuye avuga ko aho kuregwa yari akwiye gushimirwa

radiotv10by radiotv10
03/03/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Gitifu ukurikiranyweho miliyoni 15Frw yisobanuye avuga ko aho kuregwa yari akwiye gushimirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibangu mu Karere ka Muhanga, uregwa kunyereza miliyoni 15 Frw, yaburanye ahakana icyaha, avuga ko ayo mafaranga aregwa kunyereza, Akarere katigeze kayatanga, ahubwo ko ibyo yari gukoreshwa bishatsemo ubushobozi ndetse bakabishimirwa.

Ibi yabivuze mu iburanisha mu mizi ry’urubanza aregwamo we na bagenzi be babiri. Yavuze ko we n’abo bafatanya kuyobora Umurenge bari banzuye ko Ibihembo bya Rwiyemezamirimo wasannye ibiro by’Umurenge n’Utugari 6 bizava mu misanzu y’abaturage.

Ubushinjacyaha bwahawe ijambo buvuga ko Gitifu Mukamutali Valérie, Umucungamari Munyampundu Védaste n’uwari ushinzwe ubutaka mu Murenge wa Kibangu, Ndacyayisenga Ildephonse bashinjwa kunyereza umutungo wa Leta kuko batanze amasoko ya Leta mu buryo bunyuranije n’amategeko.

Mukamutali ahakana avuga ko miliyoni zirenga 15 y’u Rwanda ashinjwa kunyereza ntayo Akarere kigeze gaha Umurenge ahubwo ko kabasabye mu magambo gushyira mu bikorwa Umuhigo wo gusana ibiro by’Umurenge wa Kibangu, n’Utugari 6 twari dushaje.

Ati “Amafaranga Akarere katurega ni ayahe ko ntayo kashoye? Kandi ko mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo uyu muhigo twawesheje tukabishimirwa karatubaza iki?”

Mukamutali yabwiye Urukiko ko bahawe amabwiriza n’Ubuyobozi bw’Akarere yo gusana izo nyubako za Leta, no gutunganya ibikorwa by’amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’abagize inteko ishingamategeko Umutwe w’abadepite ariko bubikora nta nyandiko bubahaye.

Mukamutali yongeraho ko yaba gusana izo nyubako zose, no gutora neza babishimiwe ndetse n’iyo mihigo Akarere kakaba karayesheje ku kigero cyiza.

Ubushinjacyaha buvuga ko amafaranga bashinjwa kunyereza harimo miliyoni zirenga 15 y’uRwanda, izindi miliyoni 2 zakuwe kuri Konti y’Umurenge mu buryo bw’amanyanga zihabwa Ndacyayisenga Ildephonse zaburiwe irengero kuko nta piganwa ryabayeho binyuze mu masoko, ngo ayo mafaranga ahabwe rwiyemezamirimo watsindiye isoko, hakaba n’andi mafaranga yo kubaka inzu z’abatishoboye.

Ubushinjacyaha bwagize buti “Twebwe turashingira kuri raporo y’Ubugenzuzi bw’Akarere, icya kabiri hari itsinda rigari twajyanye ku biro by’Umurenge rigizwe n’Ubushinjacyaha, RIB, Polisi, abagenzuzi, Abunganizi ndetse namwe abaregwa twahavuye mushyize umukono ku byo mushinjwa ubu nibwo mutangiye kubihakana?”

Me Yamuragiye Félicien umwe mu bunganira Gitifu Mukamutali yasobanuriye Urukiko ko ibyo Mukamutali na bagenzi be bashinjwa bitagize icyaha nshinjabyaha ahubwo ari ikosa bagombaga kwerekwa bakagirwa inama yo kurikosora batajyanywe mu Rukiko.

Ati “Icyaha bashinjwa ni ikihe? Inyubako Akarere kabasabye gusana zirahari, amatora yagenze neza byose barabishimirwa bararyozwa amafaranga yahe ko ntayo Akarere kabahaye?”

Me Nimuragire avuga ko baramutse batsinzwe urubanza bagasaba kwishyura ayo mafaranga bashinjwa kunyereza basubizwa izo nyubako basannye.

Mu iburanisha Ubushinjacyaha bwari bwatumije Umugenzuzi w’Akarere, Sematungo Rugenda Clovis ngo asobanure mu buryo bwimbitse ibikubiye muri raporo.

Urukiko rwamutegetse kurahirira ibyo agiye kuvuga, asobanura ko ibyo Mukamutali ahakana bidafite ishingiro kuko uyu muhigo n’amatora bitaje mu buryo butunguranye ko byari byarateguwe kuva mbere.

Ati “Amasoko ya Leta agira amategeko ayagenga, amatora yari afite Ingengo y’Imali yagenewe mu igenzura twakoze twasanze nta mategeko Mukamutali na bagenzi be bigeze bubahiriza.”

Sematungo avuga ko uyu rwiyemezamirimo wahawe isoko rya Leta mu buryo bunyuranije n’amategeko arimo yishyuza Akarere izo miliyoni 15 y’u Rwanda.

Akavuga ko nta kintu bashingiyeho bajya kumuha iryo soko ko ahubwo yari amayeri yo kugira ngo banyereze ayo mafaranga yose.

Munyampundu Védaste avuga ko we ashinzwe gutegura sheki, no gushyira mu bikorwa imyanzuro yafashwe na Gitifu ko nta hantu ahurira n’amafaranga bamushinja kunyereza.

Ati “Igenzura ryakozwe rigeze hagati Akarere kampa inyandiko impagarika amezi atatu.”

Avuga ko mu gihe ayo mezi 3 y’igihano yari yahawe atarayarangiza aribwo RIB yahise imufata akavuga ko nta gihe gihagije cyo kwisobanura yahawe.

Iburanisha ryatangiye saa ine za mu gitondo rigeza saa kumi n’imwe z’Umugoroba, Urukiko rutarumva Ndacyayisenga Ildephonse n’abamwunganira.

Urukiko rwanzuye ko urubanza ruzasubukurwa kuri uyu wa Gatatu Taliki 04/03/2026 saa tatu za mu gitondo kugira ngo Ubushinjacyaha, Umugenzuzi, ndetse n’abunganira Munyampundu bagire ibyo bongeraho.

Ivomo: Umuseke

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 2 =

Previous Post

Amafoto agaragaza uruganda rukomeye muri Arabia Saudite nyuma yo kuraswaho na Iran

Next Post

NAME CHANGE REQUEST

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.