Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gitifu ukurikiranyweho miliyoni 15Frw yisobanuye avuga ko aho kuregwa yari akwiye gushimirwa

radiotv10by radiotv10
03/03/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Gitifu ukurikiranyweho miliyoni 15Frw yisobanuye avuga ko aho kuregwa yari akwiye gushimirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibangu mu Karere ka Muhanga, uregwa kunyereza miliyoni 15 Frw, yaburanye ahakana icyaha, avuga ko ayo mafaranga aregwa kunyereza, Akarere katigeze kayatanga, ahubwo ko ibyo yari gukoreshwa bishatsemo ubushobozi ndetse bakabishimirwa.

Ibi yabivuze mu iburanisha mu mizi ry’urubanza aregwamo we na bagenzi be babiri. Yavuze ko we n’abo bafatanya kuyobora Umurenge bari banzuye ko Ibihembo bya Rwiyemezamirimo wasannye ibiro by’Umurenge n’Utugari 6 bizava mu misanzu y’abaturage.

Ubushinjacyaha bwahawe ijambo buvuga ko Gitifu Mukamutali Valérie, Umucungamari Munyampundu Védaste n’uwari ushinzwe ubutaka mu Murenge wa Kibangu, Ndacyayisenga Ildephonse bashinjwa kunyereza umutungo wa Leta kuko batanze amasoko ya Leta mu buryo bunyuranije n’amategeko.

Mukamutali ahakana avuga ko miliyoni zirenga 15 y’u Rwanda ashinjwa kunyereza ntayo Akarere kigeze gaha Umurenge ahubwo ko kabasabye mu magambo gushyira mu bikorwa Umuhigo wo gusana ibiro by’Umurenge wa Kibangu, n’Utugari 6 twari dushaje.

Ati “Amafaranga Akarere katurega ni ayahe ko ntayo kashoye? Kandi ko mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo uyu muhigo twawesheje tukabishimirwa karatubaza iki?”

Mukamutali yabwiye Urukiko ko bahawe amabwiriza n’Ubuyobozi bw’Akarere yo gusana izo nyubako za Leta, no gutunganya ibikorwa by’amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’abagize inteko ishingamategeko Umutwe w’abadepite ariko bubikora nta nyandiko bubahaye.

Mukamutali yongeraho ko yaba gusana izo nyubako zose, no gutora neza babishimiwe ndetse n’iyo mihigo Akarere kakaba karayesheje ku kigero cyiza.

Ubushinjacyaha buvuga ko amafaranga bashinjwa kunyereza harimo miliyoni zirenga 15 y’uRwanda, izindi miliyoni 2 zakuwe kuri Konti y’Umurenge mu buryo bw’amanyanga zihabwa Ndacyayisenga Ildephonse zaburiwe irengero kuko nta piganwa ryabayeho binyuze mu masoko, ngo ayo mafaranga ahabwe rwiyemezamirimo watsindiye isoko, hakaba n’andi mafaranga yo kubaka inzu z’abatishoboye.

Ubushinjacyaha bwagize buti “Twebwe turashingira kuri raporo y’Ubugenzuzi bw’Akarere, icya kabiri hari itsinda rigari twajyanye ku biro by’Umurenge rigizwe n’Ubushinjacyaha, RIB, Polisi, abagenzuzi, Abunganizi ndetse namwe abaregwa twahavuye mushyize umukono ku byo mushinjwa ubu nibwo mutangiye kubihakana?”

Me Yamuragiye Félicien umwe mu bunganira Gitifu Mukamutali yasobanuriye Urukiko ko ibyo Mukamutali na bagenzi be bashinjwa bitagize icyaha nshinjabyaha ahubwo ari ikosa bagombaga kwerekwa bakagirwa inama yo kurikosora batajyanywe mu Rukiko.

Ati “Icyaha bashinjwa ni ikihe? Inyubako Akarere kabasabye gusana zirahari, amatora yagenze neza byose barabishimirwa bararyozwa amafaranga yahe ko ntayo Akarere kabahaye?”

Me Nimuragire avuga ko baramutse batsinzwe urubanza bagasaba kwishyura ayo mafaranga bashinjwa kunyereza basubizwa izo nyubako basannye.

Mu iburanisha Ubushinjacyaha bwari bwatumije Umugenzuzi w’Akarere, Sematungo Rugenda Clovis ngo asobanure mu buryo bwimbitse ibikubiye muri raporo.

Urukiko rwamutegetse kurahirira ibyo agiye kuvuga, asobanura ko ibyo Mukamutali ahakana bidafite ishingiro kuko uyu muhigo n’amatora bitaje mu buryo butunguranye ko byari byarateguwe kuva mbere.

Ati “Amasoko ya Leta agira amategeko ayagenga, amatora yari afite Ingengo y’Imali yagenewe mu igenzura twakoze twasanze nta mategeko Mukamutali na bagenzi be bigeze bubahiriza.”

Sematungo avuga ko uyu rwiyemezamirimo wahawe isoko rya Leta mu buryo bunyuranije n’amategeko arimo yishyuza Akarere izo miliyoni 15 y’u Rwanda.

Akavuga ko nta kintu bashingiyeho bajya kumuha iryo soko ko ahubwo yari amayeri yo kugira ngo banyereze ayo mafaranga yose.

Munyampundu Védaste avuga ko we ashinzwe gutegura sheki, no gushyira mu bikorwa imyanzuro yafashwe na Gitifu ko nta hantu ahurira n’amafaranga bamushinja kunyereza.

Ati “Igenzura ryakozwe rigeze hagati Akarere kampa inyandiko impagarika amezi atatu.”

Avuga ko mu gihe ayo mezi 3 y’igihano yari yahawe atarayarangiza aribwo RIB yahise imufata akavuga ko nta gihe gihagije cyo kwisobanura yahawe.

Iburanisha ryatangiye saa ine za mu gitondo rigeza saa kumi n’imwe z’Umugoroba, Urukiko rutarumva Ndacyayisenga Ildephonse n’abamwunganira.

Urukiko rwanzuye ko urubanza ruzasubukurwa kuri uyu wa Gatatu Taliki 04/03/2026 saa tatu za mu gitondo kugira ngo Ubushinjacyaha, Umugenzuzi, ndetse n’abunganira Munyampundu bagire ibyo bongeraho.

Ivomo: Umuseke

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 4 =

Previous Post

Amafoto agaragaza uruganda rukomeye muri Arabia Saudite nyuma yo kuraswaho na Iran

Next Post

NAME CHANGE REQUEST

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.