Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Goma: Meya yahagaritse igitaraganya imyigaragambyo y’urubyiruko ariko rubirengaho rwirara mu mihanda

radiotv10by radiotv10
25/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Goma: Meya yahagaritse igitaraganya imyigaragambyo y’urubyiruko ariko rubirengaho rwirara mu mihanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, Colonel François Kabeya yatangaje ko imyigaragambyo itatangiwe uburenganzira ibujijwe nyuma yuko urubyiruko rwo mu ishyaka rya Perezida Felix Tshisekedi rutangaje ko kuri uyu wa Mbere ruramuka rwamagana MONUSCO.

Colonel François Kabeya yasohoye itangazo kuri iki Cyumweru tariki 24 Nyakanga 2022, rivuga ko imyigaragambyo mu Mujyi wa Goma yose itemewe igomba guhagarara.

Iri tangazo ryasohotse mu gihe kuva mu mpera z’iki cyumweru twaraye dusoje, hari hakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga ko urubyiruko rwo mu Ishyaka UPDS rya Tshisekedi rugomba gukora imyigaragambyo yamagana ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu burasiraziba bwa DRC (MONUSCO).

Iri tangazo rigira riti “Umuyobozi wa Goma akaba na Komiseri w’ikirenga Kabeya Mokasa François, arasaba abaturage bo mu mujyi wa Goma gukomeza gukora ibikorwa byabo nkuko bisanzwe bisanzure ku wa Mbere tariki 25 Nyakanga 2022 bitandukanye n’ibihuha by’imyigaragambyo yiswe Ville Morte [Umujyi wapfuye].”

Rikomeza rigira riti “Arasaba kandi inzego z’umutekano kuburizamo imyigaragambyo yose yakorwa itatangiwe uburenganzira.”

Nubwo Umuyobozi w’Umujyi wa Goma yasohoye iri tangazo, ku mbuga nkoranyambaga hakomeje kugaragara amafoto y’urubyiruko rwiraye mu mihanda, n’amabuye menshi, rukayarunda mu mihanda.

Iyi myigaragambyo y’urubyiruko rwo muri UPDS, yari igiye kuba nyuma y’iminsi ibiri habaye iy’abagore na bo baramukiye mu muhanda ku wa Gatanu tariki 22 Nyakanga 2022 na bo bamagana MONUSCO, bayisaba gutaha ngo kuko ntacyo yabamariye kuva yagera mu Gihugu cyabo.

Kabeya François Makosa wahagaritse iyi myigaragambyo y’urubyiruko, yagiye aburizamo ibikorwa bimwe by’urugomo byabaga byateguwe nk’icyagombaga kuba tariki 21 Kamena 2022 cyo gutwika ibicuruzwa byose bikomoka mu Rwanda.

Icyo gihe ubwo ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byari bikomeje kugira umuriri, uyu muyobozi w’Umujyi wa Goma yakoresheje amayeri kugira ngo aburizemo iyi myigaragambyo.

Ku itariki yagombaga kuberaho iki gikorwa, ubuyobozi bw’Umujyi wa Goma bwahise butumiza Inama n’urubyiruko bityo bituma batabona umwanya wo kujya muri ibyo bikorwa by’urugomo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 5 =

Previous Post

Abiga muri Kaminuza ikomeye muri America basuye Polisi y’u Rwanda bahakura ubumenyi bazasangiza Abanyamerika

Next Post

Umunyapolitiki ufite ibigwi n’umusirikare ukomeye mu Rwanda bagiye kurangiza muri Mount Kenya University

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyapolitiki ufite ibigwi n’umusirikare ukomeye mu Rwanda bagiye kurangiza muri Mount Kenya University

Umunyapolitiki ufite ibigwi n’umusirikare ukomeye mu Rwanda bagiye kurangiza muri Mount Kenya University

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.