Wednesday, July 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Guhimba ibirego ni ukwitarutsa inshingano ze nka Perezida- Kagame avuga kuri Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
22/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Guhimba ibirego ni ukwitarutsa inshingano ze nka Perezida- Kagame avuga kuri Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yavuze ko kuba mugenzi we Felix Tshisekedi akomeje gushinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23, ari uburyo bwo kwihunza inshingano ze nka Perezida wagakwiye gukemura ikibazo kiri imbere mu Gihugu cye.

Umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, umaze iminsi urimo igitotsi kubera ibirego Ibihugu byombi bishinjanya.

Ubutegetsi bwa Congo-Kinshasa bushinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 umaze iminsi uri mu mirwano na FARDC, ndetse ukaba ukomeje gukubita inshuro izi ngabo z’Igihugu, ukigarurira bimwe mu bice byo muri iki Gihugu.

U Rwanda na rwo rushinja DRCongo ubushotoranyi kubera ibisasu bagiye biraswa na FARDC ifatanyije n’imitwe irimo FDLR bigakomeretsa bamwe mu Banyarwanda bikanangiza ibikorwa byabo.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye n’Umunyamakuru Zain Verjee, wakira Ihuriro rizwi nka Qatar Economic Forum, yavuze ko Perezida Felix Tshisekedi aca hejuru ibibazo by’ukuri biri mu Gihugu cye.

Inkuru dukesha Bloomberg itera inkunga iri huriro rya Qatar Economic Forum, ivuga ko Perezida Kagame yagarutse kuri ibi birego DRCongo ikomeje gushinja u Rwanda ndetse n’umukuru w’iki Gihugu ubwe wagiye yerura kenshi ko u Rwanda rufasha M23.

Perezida Kagame yagize ati “Guhimba ibi birego bigaragaza ukwihunza inshingano ze nka Perezida w’Igihugu.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko ubutegetsi bwa DRCongo ndetse n’Umuryango w’Abibumbye, bananiwe gukemura ikibazo cy’imitwe yitwaje intwaro iri mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Paul Kagame kandi yavuze ko ubuyobozi ku mpande zombi bwagiye bugirana ibiganiro byumwihariko yagiye aganira na mugenzi we Felix Tshisekedi inshuro nyinshi ariko ko we yahisemo izindi nzira.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye na France 24 cyatambutse tariki 17 Gicurasi 2021, yavuze ko ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu Burasirazuba bwa Congo (MONUSCO) zatsinzwe kuko icyazizanye zitagikoze nyamara zimaze imyaka myinshi zaranatanzweho umurundo w’amafaranga atabarika.

Icyo gihe kandi Perezida Kagame yongeye guhakana ko nta ngabo z’u Rwanda ziri muri Congo nkuko byakunzwe kuvugwa, avuga ko “iyo ziza kuba zihari iki kibazo cyari kuba cyararangiye.”

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubu abaturage bavuga Ikinyarwanda bari guhohotererwa bazizwa ubwoko bwabo.

Umukuru w’u Rwanda mu kiganiro yagiranye na Zain Verjee, yavuze ko bitumvikana kuba iki kibazo cy’ubwoko bw’Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda, cyarananiwe gukemurwa.

Ati “Ubwoko bw’Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda, ni gute icyo kibazo kugikemura muri Congo bisaba imbaraga zidasanzwe. Gishora gukemurwa. Kubahiriza uburenganzira bw’abantu, ugakemura ikibazo cyabo ni ikintu cyoroshye.”

Perezida Paul Kagame avuga ko ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ari iby’Abanye-Congo ndetse ko no kubikemura bisaba kugirwamo uruhare n’ubuyobozi bw’iki Gihugu.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yahuye n’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC barimo uwa DRCongo, Felix Tshisekedi mu nama yabereye i Nairobi muri Kenya ku wa Mbere w’iki cyumweru.

Iyi nama yafatiwemo imyanzuro inarimo isaba abategetsi bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo guhagarika imvugo rutwitsi z’ivangura bakomeje kuvuga zibasira Abanye-Congo bavuka Ikinyarwanda ndetse n’u Rwanda ubwarwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Indege itwaye isanduku irimo iryinyo rimwe rya Lumumba yerecyeje muri DRC

Next Post

Igikomangoma Charles yishimiye uko bakiriwe na Perezida Kagame na Madamu

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikomangoma Charles yishimiye uko bakiriwe na Perezida Kagame na Madamu

Igikomangoma Charles yishimiye uko bakiriwe na Perezida Kagame na Madamu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.