Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Guhingisha imashini mu Rwanda bigeze he?- Hagaragajwe impamvu bitagenze uko byatekerezwaga

radiotv10by radiotv10
06/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Guhingisha imashini mu Rwanda bigeze he?- Hagaragajwe impamvu bitagenze uko byatekerezwaga
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi ivuga ko ubuhinzi bukoresha imashini, hari aho bugoye mu Rwanda kuko ahantu henshi hahingwa hagizwe n’imisozi.

Kongera ubuso buhingwa no kubutunganya neza kandi ku gihe; ni bimwe mu byo Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ivuga ko byongera umusaruro w’ibiribwa bikomoka ku buhinzi.

Icyakora iyi Minisiteri igaragaza ko gukoresha imashini zihinga bisa n’ibireba abahinga ku butaka burambuye.

Abadepite mu Nteko Ishingamategeko y’u Rwanda babifata nk’ikibazo, kuko ubutaka bunini buhingwa buba ku misozi, bagasaba ko hakoreshwa ibimasa byakwigishwa kurira iyi misozi.

Umwe mu Badepite yagize ati “Murebe iriya misozi iri Ngororero, Nyabihu n’ahandi nk’i Rutsiro. Ndabigendana n’ikindi cy’imashini zigeze gutangwa mu Karere ka Rusizi, zigeze no kubikwa mu biro by’Imirenge kubera ko byagaragaye ko kuzihingisha aho bitashobokaga kubera ubushobozi bw’imikorere yazo. Njye ndibaza impamvu tutatoza abahinzi bacu gihingisha ibimasa.”

Yakomeje agira ati “Ubushakashatsi simbwibuka ariko bagaragazaga uburyo abahinzi 50 bashobora guhinga ahantu hamwe ariko ikimasa kimwe kikahahinga iminsi ibiri.”

Iyi ni ingingo minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi idafata nk’amahitamo yo gufasha abahinga ku misozi. Icyakora ng bashobora gusuzuma icyo byafasha abahinzi.

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Ildephonse Musafiri avuga ko ubu buryo bw’ibimasa, atari bwo bwafatwa nk’amahitamo ku bahinga ku misozi.

Yagize ati “Aho kugira ngo tujye ku bimasa twakongera imashini cyane, tukareba uburyo twabona imashini zihendutse, nibura abantu bakamenyera gukoresha imashini aho kugira ngo tujye mu bimasa, noneho nabyo bigakora akazi kabyo bisanzwe bikora. Gusa nta ngamba imwe yigira, buriya nabyo turabyumvise, ariko wa mugani ni ukureba icyo byadufasha.”

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, ivuga ko ubutaka buhingwaho bumaze kugabanukaho 10% mu myaka 10 ishize, bityo ko hakenewe imbaraga zisumbuyeho kugira ngo ubucye buhari bubyazwe umusaruro ukenewe.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 3 =

Previous Post

DRCongo: Hamenyekanye ingingo ikomeye yemerejwe mu nama idasanzwe y’umutekano yayobowe na Tshisekedi

Next Post

FARDC yahaye Tshisekedi icyifuzo ku gihano kiremereye gihabwa abasirikare basuna urugamba

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC yahaye Tshisekedi icyifuzo ku gihano kiremereye gihabwa abasirikare basuna urugamba

FARDC yahaye Tshisekedi icyifuzo ku gihano kiremereye gihabwa abasirikare basuna urugamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.