Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gutanga pase: Abenshi bemeza ko biganisha mu buriri, mu mategeko bishobora kuba icyaha

radiotv10by radiotv10
23/05/2022
in MU RWANDA
0
Gutanga pase: Abenshi bemeza ko biganisha mu buriri, mu mategeko bishobora kuba icyaha
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu basore n’inkumi banenga ibyo kurangirana abakunzi bizwi nko ‘Gutanga pase’, kuko abenshi babikora bagamije imibonano mpuzabitsina yo kwishimisha gusa kandi ko bamwe barangira abandi abo baryamanye.

Bamwe mu basore n’inkumi bo mu Karere ka Rubavu, babwiye RADIOTV10 ko uyu muco wo gutanga pase ukomeje kogera kandi ko ntakiza cyawo.

Umwe yagize ati “Akenshi ni nka kwa kundi muba mwarararanye noneho umusore akabwira mugenzi we ati ‘uriya mukobwa ko mushaka bimeze bite?’ noneho wa musore agahita amuhereza nimero za wa mukobwa mukaganira gutyo mugahita muba inshuti akenshi mugakora ibintu bidakorwa [imibonano mpuzabitsina].”

Iyi nkumi ivuga ko abenshi bahura habanje kubaho ibi byo guhana pase, birangirira mu kuryamana gusa.

Ati “Akenshi ni ugukora ibibi. Ubona ko nta mushinga uba urimo, ubundi pase na we urabyumva…”

Umusore umwe yabwiye RADIOTV10 ko na we yahawe pase ariko ko uwo mukobwa yabonye muri ubwo buryo batamaranye kabiri.

Ati “Ni ubukomisiyoneri bugezweho muri iki gihe nanjye pase narayihawe ariko ntabwo byigeze bimara igihe.”

Bamwe mu bakuze banamaze kubaka ingo zabo, bavuga ko ibi byo guhana pase, bijya gusa n’umuco wahozeho hambere w’Umuranga kandi ko yagiraga akamaro ariko ko iby’ubu bikorwa nabi kubera inyungu za bamwe.

Umwe yagize ati “Umuranga yari umuhuza, iby’ubukomisiyoneri ni iby’ubu. Umuranga niyo wagiranaga ikibazo n’umugore wawe, wajyaga ku muranga ukavuga uti ‘umugore yananiye none muhamagare imiryango tugire uburyo tubyumvikaneho’.”

 

Amategeko ashobora kubibona nk’icyaha cyo gucuruza abantu

Umukozi ushinzwe kweregera ubutabera abaturage muri Minisiteri y’Ubutabera, Alphonse Nabahire avuga ko avuga ko abakora ibikorwa nk’ibi byo guhana pase, baba bishora mu byaha.

Ati “Mu mategeko icyo ni icyaha cy’icuruza ry’abantu. Mu bintu amategekomateganya ko bicuruzwa ni ibyo twita ‘goods’ ibicuruzwa bisanzwe, gucuruza urugingo rw’umuntu, kurukoresha ubushakashatsi cyangwa n’ikindi gituruka ku muntu, bifite amategeko abigenga.”

Nabahire avuga ko nk’igihe umusore yoherereje mugenzi we umukobwa wicuruza ashobora gukurikiranwaho icyaha cyo gucuruza abantu.

Ati “Ntawubimenya hagati yanyu batatu ariko iyo habaye ikibazo hagati ya ya ndaya na wa wundi wagomgaga kuyishyura bikaza kugaragara ko yagezeyo ari wowe waroheje wabaye Komisiyoneri, ntawutagukeka ko wacuruje.”

Zimwe mu nzego zireberera umuco ndetse na bamwe mu bavuga ko bakomeye ku muco nyarwanda, bakunze kunenga uyu muco wo gutanga pase ndetse bakemeza ko biri mu bikomeje gutuma ingo z’iki gihe zisenyuka zitaramara kabiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − three =

Previous Post

DRCongo: Imirwano yahinduye isura ubu na MONUSCO yayinjiyemo na Kajugujugu

Next Post

Paris: U Rwanda rutwaye igikombe cy’Isi rutsinze Brazil

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Paris: U Rwanda rutwaye igikombe cy’Isi rutsinze Brazil

Paris: U Rwanda rutwaye igikombe cy’Isi rutsinze Brazil

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.