Wednesday, July 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gutwara TourDuRwanda 2023 birashoboka-Min. Mimosa yashimye uko Abanyarwanda bitwaye muri TdRda2022

radiotv10by radiotv10
28/02/2022
in MU RWANDA
0
Gutwara TourDuRwanda 2023 birashoboka-Min. Mimosa yashimye uko Abanyarwanda bitwaye muri TdRda2022
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, yashimye abakinnyi b’Abanyarwanda uko bitwaye muri Tour du Rwanda 2022, abasaba kuzakora ibirenze ku buryo irushanwa ry’umwaka utaha bazaryegukana.

Ministiri Aurore Mimosa Munyangaju, yabivuze kuri uyu wa Mbere tariki 28 Gashyantare ubwo yahuraga n’abakinnyi b’Abanyarwanda bakinnye irushanwa ryo gusiganwa ku magare rya Tour du Rwanda.

Minisitiri Mimosa aganiriye n’aba bakinnyi nyuma y’umunsi umwe bakinnye agace ka nyuma k’iri rushanwa kakinwe kuri iki Cyumweru tariki 27 Gashyantare kakegukanwa n’Umunyarwanda Mugisha Moise.

Yagize ati “Ndabashimira ku ntambwe mwagezeho ugereranyije n’umwaka ushize.”

Aka gace ka nyuma kegukanywe n’Umunyarwanda, kari katangijwe na Perezida Paul Kagame mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru i Rebero aho kanasorejwe.

Ministiri Mimosa, yavuze ko kuza kwa Perezida wa Repubulika, ari ukwereka aba bakinnyi b’Abanyarwanda ko akurikira uyu mukino w’amagare kandi ko yifuza ko Tour du Rwanda igera ku rundi rwego.

Yagize ati “Twanamugejejeho ubutumwa bwanyu ko mumushimira.”

Abakinnyi b’Abanyarwanda, bavuze ko iyo bitabira amarushanwa mpuzamahanga, byari kurushaho gutuma bitwara neza kurushaho.

Minisitiri Mimosa yavuze ko amarushanwa menshi akenewe kandi ko bizashyirwa mu bikorwa kandi ko n’uburyo bitwaye byagenze neza.

Ati “Uko abakinnyi bitwaraga byatwerekaga ko mukomeye ko stage tuzayitwara, mwabigezeho, mwagaragaje ishyaka, izo mbaraga muzikomeze, mukorere hamwe ntabwo watera imbere udakoranye n’abandi.”

Yakomeje agira ati “Byatweretse ko 2023 gutwara Tour du Rwanda bishoboka. Dukore ibishoboka byose twitegure neza kandi kare, tuzavuge ikindi gitero kitari iki.”

Yavuze kandi ko shampiyona y’Isi yo gusiganwa ku magare izabera mu Rwanda muri 2025 yegereje, asaba aba basore kwitegura neza.

Ati “kuko ntidushaka kwakira gusa, turazashaka no kuzahataha muri Shampiyona y’Isi ya 2025.”

Perezida w’Ishyirahamwe ryo gusiganwa ku magare, Murenzi Abdallah na we wagarutse ku kuba Umunyarwanda yaregukanye agace kuva Tour du Rwanda yazamurwa ku gipimo cya 2.1, yavuze ko bitanga icyizere ko mu bihe biri imbere, abanyarwanda bazarushaho kwitwara neza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Umunwa ku wundi: Cyusa n’umukunzi we bakomeje gutsindagirira urukundo rwabo i Dubai

Next Post

Papa yashyizeho Musenyeri mushya wa Byumba usimbuye Nzakamwita uharanira imibanire myiza y’imiryango

Related Posts

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

by radiotv10
15/07/2025
0

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kwangisha Leta y’u Rwanda amahanga no kugambirira kugirira nabi ubutegetsi, yahakanye ibyaha byose...

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

by radiotv10
15/07/2025
0

Inzego z’uburezi mu Rwanda zitangaza ko umwaka w’amashuri utaha, uzatangirana n’impinduka zirimo kuba abiga mu cyiro cya mbere cy’amashuri abanza,...

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

by radiotv10
15/07/2025
0

Crystal Ventures Ltd (CVL), one of Rwanda’s most prominent investment holding companies, has announced the appointment of Nick Barigye as...

Eng.-Additional new changes to be implemented in Rwanda’s education system

Eng.-Additional new changes to be implemented in Rwanda’s education system

by radiotv10
15/07/2025
0

Education authorities in Rwanda have announced that the upcoming academic year will bring several changes, including students in the lower...

Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

by radiotv10
15/07/2025
0

In a landmark move aimed at strengthening international cooperation, Rwanda and Turkmenistan have officially established diplomatic relations. The signing ceremony...

IZIHERUKA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye
AMAHANGA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

by radiotv10
15/07/2025
0

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

15/07/2025
Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

15/07/2025
Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

15/07/2025
Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

15/07/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso byerekana ko ubutegetsi bwa Congo bugishyize imbere imirwano

15/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Papa yashyizeho Musenyeri mushya wa Byumba usimbuye Nzakamwita uharanira imibanire myiza y’imiryango

Papa yashyizeho Musenyeri mushya wa Byumba usimbuye Nzakamwita uharanira imibanire myiza y’imiryango

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.