• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Guverinoma ya Botswana yitandukanyije n’itangazo ryayitiriwe ko yahaye ikiruhuko abafana ba Arsenal

radiotv10by radiotv10
20/05/2026
in AMAHANGA
0
Guverinoma ya Botswana yitandukanyije n’itangazo ryayitiriwe ko yahaye ikiruhuko abafana ba Arsenal
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Botswana yavuze ko nta kirihuko rusange cyagenewe abafana ba Arsenal nyuma yuko hagiye itangazo ryacuzwe ryavugaga ko abakunzi b’iyi kipe muri iki Gihugu bahawe konji ngo bishimire kwegukana igikombe cya shampiyona.

Nyuma yuko ikipe ya Arsenal yegukanye igikombe cya Shampiyona y’umwaka w’imikino wa 2025-2026 nyuma yuko ikipe ya Manchester City amahirwe yayo arangiye burund, muri Botswana hari hakwirakwiye itangazo ryacuzwe, ryavugaga ko abakunzi b’iriya kipe bahawe ikiruhuko rusange kuri uyu wa Gatatu.

Mu butumwa bunyomoza iri tangazo, ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Guverinoma ya Botswana yamaganiye kure iri tangazo igira iti “Oya, nta kiruhuko gihari ku bafana ba Arsenal.” Ubundi igaragaza ko iri tangazo ari iricurano [fake].

Urwenya rw’iryo tangazo ry’impimbano rwateje impaka zidasanzwe ku mbuga nkoranyambaga muri Botswana, aho ibihumbi by’abantu babivuzeho byinshi.

Impaka zikunze kuzamuka cyane muri Afurika ku mbuga nkoranyambaga kubera shampiyona y’u Bwongereza dore ko amakipe yo muri iki Gihugu afite abakunzi batari bacye kuri uyu Mugabane.

Nyuma yuko ikipe ya Arsenal yegukanye igikombe cya Shampiyona, abakunzi b’andi makipe nk’aba Manchester City, aba Manchester United, Chelsea na Liverpool, bakomeje kugaragaza ko batishimiye iyi kipe bafata nka mucyeba yegukanye igikombe.

Ni mu gihe abakunzi ba Arsenal bo bari mu byishimo bari bamaze igihe batabona, dore ko yaherukaga kwegukana iki Gikombe mu myaka 22 ishize.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 2 =

Previous Post

Umugabo yapfuye akorana imibanano n’umugore utari we ubwo yacaga inyuma uwe wabyabye

Next Post

Dosiye ya Kabuga waregwaga uruhare muri Jenoside yashyinguwe burundu nyuma y’urupfu rwe

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Hagaragajwe igishobora gukorwa ku cyemezo ku bya Kabuga cyababaje benshi

Dosiye ya Kabuga waregwaga uruhare muri Jenoside yashyinguwe burundu nyuma y'urupfu rwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.