Sunday, August 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

radiotv10by radiotv10
31/01/2025
in Uncategorized
0
Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone, ndetse impande zombi zemeranya gukorana gushyigikira ko ibibazo byo muri Congo birangira.

Aya makuru y’ikiganiro cyabaye hagati y’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’Ibihugu byombi, yabanje gutangazwa n’uwa Afurika y’Epfo, Ronald Lamola mu ijoro ryacyeye.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Ronald Lamola yagize ati “Nagiranye ikiganiro kuri telefone na Minisitiri Olivier Nduhungirehe. Twiyemeje gukomeza gutera intambwe y’ibiganiro ku bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC kandi twemeranyije gushyigikira umurongo w’amasezerano yo guhagarika imirwano nk’uko byemejwe n’Abakuru b’Ibihugu byacu ndetse n’ay’ibiganiro by’akarere nka SADC n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.”

Asubiza ubu butumwa, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungire; na we yashimye mugenzi we wa Afurika y’Epfo ku bw’ikiganiro cy’ingirakamaro bagiranye.

Mu butumwa yanditse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Mutarama 2025, Amb. Nduhungirehe yagize ati “Wakoze muvandimwe Ronald Lamola ku bw’ikiganiro cyubaka twagiranye mu ijoro ryatambutse.”

Yakomeje agira ati “U Rwanda ruzakomeza kurangwa n’ubushake bwo kwifuriza amahoro n’ituze Uburasirazuba bwa DRC. Twiteguye gukorana na Afurika y’Epfo mu mwuka wo kumva ibintu kimwe mu karere kacu ndetse no ku Mugabane wose.”

Uku kuvugana kw’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’Ibihugu byombi, kuje gukurikira ukwabayeho inshuro ebyiri muri iki cyumweru hagati y’Abakuru babyo, Perezida Paul Kagame na Cyril Ramaphosa, na ko kwakurikiwe n’ibyatangajwe n’aba bayobozi bombi.

Perezida Cyril Ramaphosa wihutiye kugira ibyo atangaza ku byo yaganiriye na mugenzi we Paul Kagame, yakoresheje imvugo zigoramye, zanakosowe n’Umukuru w’u Rwanda, nk’aho yise RDF umutwe w’Inyeshyamba, Perezida Kagame akamwibutsa ko RDF ari Igisirikare cy’Igihugu kandi gikora kinyamwuga.

Umukuru w’u Rwanda kandi yatanze umucyo ko mugenzi we Cyril Ramaphosa yamwemereye ko abasirikare 13 bose ba Afurika y’Epfo baguye mu mirwano ihanganishije FARDC na M23, batishwe n’uyu mutwe, ahubwo ko bishwe na FARDC.

Perezida Kagame akurikije ubutumwa bwari bwanditswe na Ramaphosa, yaboneyeho kuvuga ko niba iki Gihugu cya Afurika y’Epfo cyifuza guhangana n’u Rwanda, rwiteguye kandi ruhagaze bwuma.

Amb. Olivier Nduhungirehe
Ronald Lamola, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe umunsi w’ikiruhuko rusange mu Rwanda

Next Post

Icyemezo cy’ubuyobozi cyatumye umwana afungiranwa mu nzu cyazamuye urunturuntu hagati yabwo n’abaturage

Related Posts

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
10/08/2025
3

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

09/08/2025
Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

09/08/2025
The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

09/08/2025
Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

09/08/2025
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyemezo cy’ubuyobozi cyatumye umwana afungiranwa mu nzu cyazamuye urunturuntu hagati yabwo n’abaturage

Icyemezo cy’ubuyobozi cyatumye umwana afungiranwa mu nzu cyazamuye urunturuntu hagati yabwo n’abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.