Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

radiotv10by radiotv10
31/01/2025
in Uncategorized
0
Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone, ndetse impande zombi zemeranya gukorana gushyigikira ko ibibazo byo muri Congo birangira.

Aya makuru y’ikiganiro cyabaye hagati y’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’Ibihugu byombi, yabanje gutangazwa n’uwa Afurika y’Epfo, Ronald Lamola mu ijoro ryacyeye.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Ronald Lamola yagize ati “Nagiranye ikiganiro kuri telefone na Minisitiri Olivier Nduhungirehe. Twiyemeje gukomeza gutera intambwe y’ibiganiro ku bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC kandi twemeranyije gushyigikira umurongo w’amasezerano yo guhagarika imirwano nk’uko byemejwe n’Abakuru b’Ibihugu byacu ndetse n’ay’ibiganiro by’akarere nka SADC n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.”

Asubiza ubu butumwa, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungire; na we yashimye mugenzi we wa Afurika y’Epfo ku bw’ikiganiro cy’ingirakamaro bagiranye.

Mu butumwa yanditse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Mutarama 2025, Amb. Nduhungirehe yagize ati “Wakoze muvandimwe Ronald Lamola ku bw’ikiganiro cyubaka twagiranye mu ijoro ryatambutse.”

Yakomeje agira ati “U Rwanda ruzakomeza kurangwa n’ubushake bwo kwifuriza amahoro n’ituze Uburasirazuba bwa DRC. Twiteguye gukorana na Afurika y’Epfo mu mwuka wo kumva ibintu kimwe mu karere kacu ndetse no ku Mugabane wose.”

Uku kuvugana kw’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’Ibihugu byombi, kuje gukurikira ukwabayeho inshuro ebyiri muri iki cyumweru hagati y’Abakuru babyo, Perezida Paul Kagame na Cyril Ramaphosa, na ko kwakurikiwe n’ibyatangajwe n’aba bayobozi bombi.

Perezida Cyril Ramaphosa wihutiye kugira ibyo atangaza ku byo yaganiriye na mugenzi we Paul Kagame, yakoresheje imvugo zigoramye, zanakosowe n’Umukuru w’u Rwanda, nk’aho yise RDF umutwe w’Inyeshyamba, Perezida Kagame akamwibutsa ko RDF ari Igisirikare cy’Igihugu kandi gikora kinyamwuga.

Umukuru w’u Rwanda kandi yatanze umucyo ko mugenzi we Cyril Ramaphosa yamwemereye ko abasirikare 13 bose ba Afurika y’Epfo baguye mu mirwano ihanganishije FARDC na M23, batishwe n’uyu mutwe, ahubwo ko bishwe na FARDC.

Perezida Kagame akurikije ubutumwa bwari bwanditswe na Ramaphosa, yaboneyeho kuvuga ko niba iki Gihugu cya Afurika y’Epfo cyifuza guhangana n’u Rwanda, rwiteguye kandi ruhagaze bwuma.

Amb. Olivier Nduhungirehe
Ronald Lamola, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − eight =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe umunsi w’ikiruhuko rusange mu Rwanda

Next Post

Icyemezo cy’ubuyobozi cyatumye umwana afungiranwa mu nzu cyazamuye urunturuntu hagati yabwo n’abaturage

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

by radiotv10
28/01/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi nyuma yo gutumiza inama y’igitaraganya yahuje inzego zikomeye muri iki Gihugu...

IZIHERUKA

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego
FOOTBALL

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

12/05/2025
Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyemezo cy’ubuyobozi cyatumye umwana afungiranwa mu nzu cyazamuye urunturuntu hagati yabwo n’abaturage

Icyemezo cy’ubuyobozi cyatumye umwana afungiranwa mu nzu cyazamuye urunturuntu hagati yabwo n’abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.