Sunday, March 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye itangazo ry’iricurano ryayitiriwe rivuga kuri M23

radiotv10by radiotv10
21/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye itangazo ry’iricurano ryayitiriwe rivuga kuri M23

Umuvugizi wa Guverinoma y'u Rwanda, Yolande Makolo

Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko itangazo ryayitiriwe ririmo imvugo zumvikanamo kuvuganira umutwe wa M23, ari ikinyoma, isaba abantu kutariha agaciro.

Ni itangazo ryanditse mu buryo bw’inyandiko zishyirwa hanze n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, rinagaragaza ko ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente mu izina rya Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Ibikubiye muri iri tangazo tutifuje gutangaza mu nkuru yacu, byumvikanamo kuvuganira umutwe wa M23, wakunze kwegekwa ku Rwanda, nyamara bizwi neza ko uyu mutwe ugizwe n’Abanyekongo baharanira uburenganzira bwabo.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yamaganye iri tangazo, mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, yagize ati “Mwitondere iyi nyandiko y’ikinyoma- ni incurano.”

Ibirego by’ibinyoma byo kwegeka umutwe wa M23 ku Rwanda, byakunze kuzamurwa na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse iki Gihugu kikaba giherutse kongera kuzamura ibi birego, byagarutsweho na Minisitiri wa DRC, ubwo yari mu nama yahuje Abaminisitiri bo mu Bihugu bigize Umuryango w’Ibikoresha Igifaransa (OIF) yabaye mu cyumweru gishize.

Gusa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta yongeye kubinyomaza, asobanura ko umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo bafite ibyo barwanira.

RADIOTV10

Comments 1

  1. M. Alfa says:
    3 years ago

    Birasekeje cyane!
    Google Translation ya English mu kinyarwanda yakomye ababeshyere PM & Rwanda Gvt!
    Bigaragara ko uwanditse iyi fake tangazo akoresha igifransa, kandi atazi ikinyarwanda, Kandi ikigaragara cyane uwahimbye iyi fake tangazo ATAZI NA BUSA IKINYARWANDA GIKORESHWA MURI IKI GIHE MU NYANDIKO Z’UBUYOBOZI MU RWANDA.
    Urugero, abakoresha igifransa bakunda gukoresha Grande Bretagne, akaba ariyo mpamvu bakoresheje Great Breatain, mu gihe abakoresha icyongereza bakoresha cyane UK aho gukoresha GB….IGISEKEJE ni amagambo ya nyuma….aho POSITION bayihinduyemo UMWANYA….ubwo koko PM uvuga neza indimi z’ikinyarwanda, icyongereza, french, yakwibagirwa ko POSITIONS ari IBIRINDIRO mu kinyarwanda?
    BATAYE IBABA BATEKEREZA KO BASEBYA U RWANDA……
    INYANDIKO ZO MU BUYOBOZI BWO HEJURU BWOSE MU RWANDA (guhera ku Ntara, Ministries & Presidency) ZIBA ZANDITSE MU KINYARWANDA CYIZA, GISOBANUTSE CYA GIHANGA……utarakoze mu BUYOBOZI mu Rwanda ntushobora kumenya kwandika IKINYARWANDA GIKORESHWA mu BUYOBOZI bukuru mu Rwanda, BIBERE ISOMO N’UNDI UZABIGERAGEZA, BIZAMUTA HANZE…..

    Reply

Leave a Reply to M. Alfa Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + three =

Previous Post

Inteko yavuze ku Mudepite weguye nyuma y’icyumweru heguye undi

Next Post

Cristiano yaciye akandi gahigo gakozwe n’umuntu wa mbere ku Isi

Related Posts

Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha

Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha

by radiotv10
14/03/2026
0

Bamwe mu baturage batuye mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bavuga ko bamaze imyaka myinshi bategereje ibyangombwa by’ubutaka...

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

by radiotv10
14/03/2026
0

Bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri bavuga ko gahunda yo kugaburira abana ku ishuri ari ingirakamaro cyane kuko yagize uruhare rukomeye...

Parents, Don’t Wait: Talk to Your Children About Body Changes

Parents, Don’t Wait: Talk to Your Children About Body Changes

by radiotv10
14/03/2026
0

As children grow, their bodies naturally go through many changes. These changes can sometimes confuse or even scare them if...

RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

by radiotv10
13/03/2026
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Igorora RCS, rwemeje ko umugororwa wari wajyanywe ku Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ruherereye i Nyamirambo, yashatse gutoroka...

Abarundi batahutse bavuye mu Rwanda bari bamazemo imyaka 10 barusigiye ubutumwa bwo kurushimira

Abarundi batahutse bavuye mu Rwanda bari bamazemo imyaka 10 barusigiye ubutumwa bwo kurushimira

by radiotv10
13/03/2026
0

Abarundi batahutse mu Gihugu cyabo bavuye mu Rwanda bahungiyemo mu myaka irenga 10 ishize, bavuga ko iki Gihugu cyabakiriye neza,...

IZIHERUKA

Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha
MU RWANDA

Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha

by radiotv10
14/03/2026
0

Umukinnyi mpuzamahanga Tchouaméni yatanze umucyo ku byavugwaga ko umukunzi we yamuteye agahinda

Umukinnyi mpuzamahanga Tchouaméni yatanze umucyo ku byavugwaga ko umukunzi we yamuteye agahinda

14/03/2026
Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

14/03/2026
Parents, Don’t Wait: Talk to Your Children About Body Changes

Parents, Don’t Wait: Talk to Your Children About Body Changes

14/03/2026
Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet yahawe inshingano zimuzamura mu ntera

Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet yahawe inshingano zimuzamura mu ntera

13/03/2026
Isesengura ku gitero cya drone cy’i Goma n’ibimenyetso byerekana abashobora kuba barakigabye

Isesengura ku gitero cya drone cy’i Goma n’ibimenyetso byerekana abashobora kuba barakigabye

13/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Cristiano yaciye akandi gahigo gakozwe n’umuntu wa mbere ku Isi

Cristiano yaciye akandi gahigo gakozwe n’umuntu wa mbere ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha

Umukinnyi mpuzamahanga Tchouaméni yatanze umucyo ku byavugwaga ko umukunzi we yamuteye agahinda

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.