Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Habaye impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda ku Baminisitiri 10 zinagaruramo Gen Murasira

radiotv10by radiotv10
23/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Habaye impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda ku Baminisitiri 10 zinagaruramo Gen Murasira
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; yakoze impinduka muri Guverinoma, zasize bamwe mu Baminisitiri bahinduriwe Minisiteri n’inshingano, zinagarura muri Guverinoma Maj Gen Albert Murasira uherutse gusimbuzwa ku mwanya wa Minisitiri w’Ingabo.

Izi mpinduka zikubiye mu itangazo ryasohotse mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Kanama 2023, aho imyanya 10 mu bagize Guverinoma y’u Rwanda, yahinduriwe abantu ndetse hagashyirwamo n’amaraso mashya.

Gaspard Twagirayezu, yagizwe Minisitiri w’Uburezi, avuye ku mwanya w’Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye.

Ni mu gihe Dr Valentine Uwamariya wari usanzwe ari Minisitiri w’Uburezi, yagizwe Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, asimbuye Prof Jeannette Bayisenge, wagizwe Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo.

Maj Gen Albert Murasira yagizwe Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, asimbura Solange Kayisire wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, asimbura Ingabire Assumpta, na we wahawe inshingano nshya.

Naho Jeannine Munyeshuri yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, asimbura Dr Uwera Claudine wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibidukikije.

Claudette Irere wari usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikoranabuhanga, Imyuga n’Ubumenyi Ngiro we yagumye muri iyi Minisiteri, ariko ku mwanya w’Umunyamabanga wa Leta gusa.

Eric Rwigamba yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, mu gihe Sandrine Umutoni wari Umuyobozi wa Imbuto Foundation, yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiriko.

Assumpta Ingabire wari Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imikurire no kurengera Umwana.

Mu yindi myanya itari iyo muri Guverinoma, irimo uyu wa Ingabire Assumpta, hanashyizweho Maj Gen (Rtd) Dr Charles Rudakubana, wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Angola, naho Margaret Nyagahura, agirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri Hungary.

Nadine Gatsinzi wari Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Ubukungu n’Imibereho myiza, yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Urwego Rushinzwe kugenzura Iyubahirizwa rw’Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo mu iterambere ry’Igihugu.

Maj Gen Murasira yagarutse muri Guverinoma agirwa Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi
Gaspard Twagirayezu yagizwe Minisitiri w’Uburezi
Prof Jeannette Bayisenge wari Minisitiri w’Uburinganire, yagizwe uw’Abakozi ba Leta n’Umurimo
Dr Uwamariya Valentine wari Minisitiri w’Uburezi, yagizwe uw’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango
Solange Kayisire wari Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri MINALOC
Dr Uwera Claudine wari Umunyamabanga muri MINECOFI yajyanywe muri Minisiteri y’Ibidukikije
Yasimbuwe na Jeanine Munyeshuli wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri MINECOFIN
Irere Claudette yagumye muri MINEDUC
Sandrine Umutoni yinjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
Eric Rwigamba yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri MINAGRI

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 3 =

Previous Post

Kamonyi: Umukozi w’ikigo cy’imari washatse kukiba 3.500.000Frw agatahurwa hamenyekanye uko yabyitwayemo

Next Post

Inama yari itegerejwemo Putin ntayigaragaremo yavugiwemo ingingo yihariye kuri Afurika

Related Posts

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

by radiotv10
13/05/2025
0

Ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi, ni rimwe mu ya Polisi y'u Rwanda, benshi babona iyo ryiyambajwe igihe habaye impanuka...

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Faye yavuze ko u Rwanda rumaze kuba indashyikirwa mu kubyaza umusaruro ikoranabuhanga, bityo ko n’ibindi...

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida Paul Kagame witabiriye Inama muri Côte d’Ivoire yanatangiyemo ikiganiro, yahuye n’abayobozi batandukanye barimo Abakuru b’Ibihugu bagenzi be banaganiriye ku...

Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

by radiotv10
13/05/2025
0

Ababyeyi batujwe mu mudugudu w’abatishoboye uherereye mu Kagari ka Kabuye mu Murenge wa Maraba mu Karere ka Huye, bavuga ko...

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

IZIHERUKA

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi
MU RWANDA

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

by radiotv10
13/05/2025
0

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

13/05/2025
Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

13/05/2025
Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

13/05/2025
AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

13/05/2025
Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

13/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inama yari itegerejwemo Putin ntayigaragaremo yavugiwemo ingingo yihariye kuri Afurika

Inama yari itegerejwemo Putin ntayigaragaremo yavugiwemo ingingo yihariye kuri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.