• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Habaye indi mpanuka ya bisi itwara abagenzi mu zikoresha amashanyarazi zatangiye kwerecyeza mu Ntara

radiotv10by radiotv10
19/06/2025
in MU RWANDA
0
Habaye indi mpanuka ya bisi itwara abagenzi mu zikoresha amashanyarazi zatangiye kwerecyeza mu Ntara
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka ya bisi ikoresha amashyarazi y’imwe muri sosiyete itwara abagenzi, yakoreye impanuka mu muhanda Kigali-Muhanga nyuma y’iminsi micye hari indi iyikoreye muri Gare ya Nyabugogo.

Iyi mpanuka yabereye mu muhanda Kigali-Muhanga ahazwi nko ku Kivumu mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga, yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Kamena 2025 ubwo yari mu rugendo rugana mu Ntara y’Amajyepfo.

Ni impanuka ya bisi ya sosiyete itwara abagenzi ya Volcano, iherutse gutangira gukoresha izi modoka z’amashanyarazi zerecyeza mu Ntara, mu gihe zari zimenyerewe gukorera mu Mujyi wa Kigali.

Iyi mpanuka yabereye muri uyu muhanda Kigali-Muhanga, nta muntu yahitanye, uretse kuba iyi modoka yangiritse bikabije, ndetse abagenzi bari bayirimo bakaba bahise bashakirwa indi modoka ibatwara.

Iyi mpanuka ibaye nyuma y’iminsi ine habaye indi y’imodoka itwara abagenzi na yo ikoresha amashanyarazi ndetse ikaba na yo ari iy’iyi sosiyete ya Volcano.

Iyi mpanuka yabaye mu mpera z’icyumweru gishize ku wa Gatandatu tariki 14 Kamena 2025, yabereye muri Gare ya Nyabugogo, aho iyi modoka yari ifite umuvuduko mwinshi yinjiye muri gare igahita isekura igikuta cy’inzu ikoreramo sosiyete ya Zebra kikagwira abari bayirimo, bamwe bagakomereka.

Si rimwe cyangwa kabiri habaye impanuka y’izi modoka zikoresha amashanyarazi, kuko no mu minsi yashize ubwo izi modoka zari zikiri mu igerageza ryo kwerecyeza mu Ntara, hari indi mpanuka yabereye n’ubundi muri uyu muhanda wa Kigali-Muhanga ahazwi nk’i Kayumbu mu Murenge wa Kayumbu mu Karere ka Kamonyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Resigned Congolese minister blames Rwanda for his prosecution

Next Post

Embracing the uncertainty of your 20s: Confronting the fear of the Unknown

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Embracing the uncertainty of your 20s: Confronting the fear of the Unknown

Embracing the uncertainty of your 20s: Confronting the fear of the Unknown

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.