Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Hafashwe icyemezo cya mbere ku muganga ukekwaho gusambayiriza umukobwa mu isuzumiro

radiotv10by radiotv10
27/09/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umukobwa bikekwa ko yasambanyirijwe na muganga mu isuzumiro yatoboye avuga byose n’impungenge byamusigiye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuganga wo mu Kigo Nderabuzima cya Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, ukurikiranyweho gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umukobwa wari waje kwivuza, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Nzeri 2024.

Uru Rukiko rwafashe iki cyemezo rushingiye ku bimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha bigaragaza ko hari impamvu zikomeye zituma uyu muganga akekwaho gukora iki cyaha.

Urukiko kandi ruvuga ko kuba uregwa yakurikiranwa afunze, ari bwo buryo bwonyine bwizewe bwatuma Ubushinjacyaha bukomeza gukora akazi neza.

Ni icyaha cyakozwe tariki 15 Nzeri 2024 ubwo umukobwa w’imyaka 19 wiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye yajyaga kwivuriza kuri iki Kigo Nderabuzima, agataha abwira ababyeyi be ko yasambanyirijwe mu isuzumiro n’uyu muganga.

Uyu mukobwa nyuma y’aka kaga avuga ko kamubayeho, yaganiriye na RADIOTV10, amubwira uko byamugendekeye, aho yavuze ko ubwo yari ari mu cyumba cy’isuzumiro, uyu muganga yashyizeho rido ubwo yari ari kumusuzuma ibere, ubundi akamuhirikira ku gatanda ko mu isuzumiro.

Yari yagize ati “Aba arampagurukije asunikira ku gatanda kari aho mbanzaho umugongo antandaraza amaguru ubundi ayahagararaho akora ibyo akora.”

Uyu mukobwa yavuze ko ubwo yatahaga yabwiye ababyeyi be ibyamubayeho, bagahita bamugira inama yo kujya gutanga ikirego kuri RIB, ndetse ahita ajya no kwa muganga.

Yavugaga kandi ko ubwo uyu muganga yari amaze kumukorera ibi, yamuhaye utunini tubiri amusaba kutunywa mbere y’amasaha 24.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − fourteen =

Previous Post

Rwanda: Hasobanuwe impamvu hangijwe ibikoresho birimo mudasobwa na Televiziyo by’ibilo 500

Next Post

OUR OPINION: UNITED NATIONS, THE SUMMIT OF THE FUTURE

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
OUR OPINION: UNITED NATIONS, THE SUMMIT OF THE FUTURE

OUR OPINION: UNITED NATIONS, THE SUMMIT OF THE FUTURE

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.