Hafashwe icyemezo gishimishije cyerekeye uwamugariye ku rugamba,…Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Inama y’Abaminisitiri yemeje iteka rya Perezida wa Repubulika rigena amafaranga yo gutunga uwari ingabo wamugariye ku rugamba utishoboye, inafata ibindi byemezo byiganjemo imishinga y’amategeko yemejwe.

Iyi nama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Kane tariki 20 Mata 2023, yari iyobowe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame muri Village Urugwiro.

Izindi Nkuru

Ingingo ya gatatu y’imyanzuro y’iyi nama y’Abaminisitiri, igizwe n’Amateka yemejwe, arimo Iteka rya Perezida rigena amafaranga yo gutunga uwari ingabo wamugariye ku rugamba utishoboye.

Harimo kandi Ireka rya Perezida rigenga Urwego rushinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda. Hakaba Iteka rya Minisitiri ryerekeye amategeko ngengamikorere ashyirwaho nInama Njyanama yAkarere. Ndetse nIteka rya Minisitiri ryemerera Mount Kigali University gukora rikanayiha ubuzima gatozi.

 

IBYEMEZO BYINAMA YABAMINISITIRI BYOSE 

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru