Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hafashwe icyemezo kirimo inkuru nziza ku bifuza gutumiza hanze imodoka z’amashanyarazi n’iza Hybrid

radiotv10by radiotv10
08/08/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hafashwe icyemezo kirimo inkuru nziza ku bifuza gutumiza hanze imodoka z’amashanyarazi n’iza Hybrid
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo kugumishaho kudasoresha imodoka zikoresha amashanyarazi n’iziyakoresha ziyavanze n’amavuta zizwi nka ‘Hybrid’ zinjira mu Gihugu kugeza umwaka w’ingengo y’imari wa 2024-2025 urangiye.

Ni icyemezo kigamije kongera umubare w’ibinyabiziga bidahumanya ikirere nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi.

Guverinoma y’u Rwanda yatangije iyi gahunda yo gusonera imisoro y’abatumiza hanze imodoka z’amashanyarazi n’iza Hybrid muri Mata 2021, mu rwego rwo gutera imbaraga abantu kugura izi modoka zidasohora ibyuka bihumanya ikirere, ndetse no korohereza abashoramari bifuza gushora imari muri uru rwego.

Uku kongerera igihe cyo kudasoresha izi modoka zitumizwa hanze zikoresha amashanyarazi n’izivanga amashanyarasi na Lisansi, bizakomeza kugeza mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2024-2025 urangiye.

Nanone kandi iyi misoro yakuriweho abifuza gutumiza imodoka nini zo mu bwoko bwa bisi zizakoreshwa mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, zifite ubushobozi bwo gutwara abagenzi 50.

Ni mu gihe imodoka za bisi zifite ubushobosi bwo gutwara abagenzi 25, zo zashyiriweho umusoro w’ 10% uvuye kuri 25% ari na cyo gipimo cy’ibindi Bihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Nanone kandi abazatumiza ibimashini byifashishwa mu kubaka imihanda, na bo basonewe umusoro aho bazajya babisorera 0% mu gihe umusoro wari 10%.

Abatumiza imodoka zikora mu bwikorezi bw’imizigo zishobora gutwara ibiri hejuru ya toni 20, na bo bazajya basora 0%, aho gusora 25% nk’uko byari bisanzwe.

Naho abazajya batumiza hanze imodoka zitwara imizigo iri munsi ya toni 20, bo bazajya bishyura umusoro w’ 10% aho kwishyura umusoro wa 25%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 3 =

Previous Post

Menya akayabo kazatangwa ku mukinnyi ngenderwaho w’ikipe ya mbere mu Bwongereza

Next Post

Ubuhamya ntangarugero kuri Yesu bw’Umunyamideri w’Umunyarwandakazi umaze kwamamara

Related Posts

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

by radiotv10
08/07/2025
0

Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo bise ‘Shimwa Paul’ uherereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko ibikorwa by’iterambere...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

by radiotv10
07/07/2025
1

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yaje ku Rukiko rwakiriye ubujurire bw’uyu mugabo ku cyemezo cyo...

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

by radiotv10
07/07/2025
0

The Government of Rwanda has called on the United States to ensure strict enforcement of the recently signed peace agreement...

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

by radiotv10
07/07/2025
0

Abantu 22 bafatiwe ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro mu gihe cy’iminsi ibiri, bakekwaho ibikorwa...

IZIHERUKA

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game
IMYIDAGADURO

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

by radiotv10
08/07/2025
0

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

08/07/2025
Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubuhamya ntangarugero kuri Yesu bw’Umunyamideri w’Umunyarwandakazi umaze kwamamara

Ubuhamya ntangarugero kuri Yesu bw’Umunyamideri w’Umunyarwandakazi umaze kwamamara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.