Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero

radiotv10by radiotv10
16/06/2025
in MU RWANDA
0
Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kitazigurwa mu Murenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, ushinjwa n’abaturage ko abakubita inkoni akanabafungira mu bwiherero, yamaze guhagarikwa ndetse anatabwa muri yombi.

Ntagwabira Valens usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kitazigurwa, yatawe muri yombi mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru tariki 15 Kamena 2025.

Ni nyuma yuko hari abaturage bo muri aka Kagari ayobora, bakomeje gutaka ko barembejwe n’inkoni bakubitwa n’uyu Muyobozi wabo, bavuga ko ari cyo gihano abahanisha.

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab yavuze ko nyuma yuko ubuyobozi bumenye ibivugwa n’aba baturage ko barembejwe n’inkoni bakubitwa n’uyu Muyobozi wabo, hahise hafatwa icyemezo.

Aganira na RADIOTV10, Mbonyumuvunyi Radjab yagize ati “Aho tubimenyeye yavanywe mu kazi, kandi ubu afungiye kuri RIB kugira ngo akurikiranwe niba koko yarabikoze abihanirwe.”

Abaturage bavuga ko bahotewe n’uyu muyobozi, bavuga ko bari barambiwe inkoni bakubitwa n’uyu muyobozi kandi, bazi ko nta baturage bagikubitwa.

Emmanuel Dusengumuremyi usanzwe atuye muri aka Kagari, yabwiye RADIOTV10 ko asanzwe afite akabari gaherutse kunywerwamo n’abakoze ubujura, bamara gufatwa bikamwegekwaho.

Avuga ko uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari yamufashe akajya kumuvufungira mu bwiherero, akamaramo iminsi ibiri, akaza kurekurwa na RIB.

Ati “Ni akarengane kuko hamwe n’inkoni n’iki rugeretse. Rero uyu Mugitifu uri hano, mutubabariye cyangwa mukanatuvugira, mwaduhindurira, kubera ko turagijwe inkoni nk’inka kandi turi abaturage basobanutse.”

Clarisse Hakizamariya, undi muturage wo muri aka gace, avuga ko iyi myitwarire y’umuyobozi wabo, idakwiye kuko aba agomba gutanga urugero rwiza, kandi ko nta rugero rwiza rwava mu guhohotera abaturage.

Ati “Abaturage ntabwo ari abantu b’abana, cyangwa se batumva, abaturage barumva, ariko ibintu byo gukubitwa, ngo umuturage akoze ikosa, mubwire yitabe ubuyobozi niba ari ikosa riremereye bigendere ku mategeko babone kumuhana. Igihano ahanisha abaturage, ni inkoni.”

Emmanuel Siboniyo na we yafunzwe na Gitifu akamufungira mu bwiherero we na bagenzi be batatu, yagize ati “Narayemo nirirwamo, bamvanamo nka saa kumi n’ebyiri.”

Uyu muturage kandi avuga ko n’iyo baciwe amande n’uyu muyobozi, bakeka ko atajya mu isanduku ya Leta, kuko atabaha inyemezabwishyu zigaragaza ko bayatanze.

Aba baturage bavuga ko hasanzwe ari ibihano bigenerwa abakozi amakosa cyangwa ibyaha, ariko ko bitarimo inkoni, bagasaba ko ari byo bajya bahanishwa aho gukubitwa ngo kuko “n’inka ntizigikutwa.”

Yousuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 10 =

Previous Post

Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

Next Post

More SADC troops returning from mission in DRC pass through Rwanda

Related Posts

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Mu Murenge wa Muhura mu Karere ka Gatsibo, haravugwa umusore ukekwaho kwica umubyeyi we (Nyina) amuhoye kuba yamubuzaga gutereta umugore...

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

by radiotv10
11/07/2025
0

In today’s world, parents get so busy with work which makes it hard to spend quality time and raise their...

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo rwo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, uregwa gushaka kuroga abo babanaga, yemeye icyaha,...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

The Government of Rwanda has announced that, in partnership with Hashemite Kingdom of Jordan, it has donated 40 tons of...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ku bufatanye n’Ubwami bw’Aba-Hashemite ba Jordan, muri iki cyumweru, yatanze toni 40 z’ubufasha bwo kugoboka...

IZIHERUKA

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye
MU RWANDA

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

11/07/2025
Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

More SADC troops returning from mission in DRC pass through Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.