Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe abamara igihe kinini mu mirimo idahemberwa hagati y’abagore n’abagabo mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
30/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe abamara igihe kinini mu mirimo idahemberwa hagati y’abagore n’abagabo mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushakashatsi ku mirimo idahemberwa mu Rwanda, bwagaragaje ko abagore ari bo bamara amasaha menshi muri iyi mirimo, aho barusha abagabo hafi amasaha 10 mu gihe cy’icyumweru.

Ibyavuye muri ubu bushakashatsi byagaragajwe mu nama ya 11 y’Ikigo cy’Ubushakashatsi n’isesengura rya Politiki (IPAR/ Institute of Policy Analysis and Research) yabaye muri iki cyumweru.

Ubu bushakashatsi bumaze imyaka itatu bukorwa mu Turere dutanu (Musanze, Burera, Gicumbi, Gakenke na Rwamagana), bwagaragaje ko abagore bamara amasaha 75,6 mu cyumweru bari muri iyi mirimo idahemberwa, mu gihe abagabo bo bayimaramo amasaha 66,4.

Ubu bushakashati kandi buvuga ko mu bice by’icyaro, ikigereranyo cyo gukora imirimo idahemberwa kiri ku masaha atandatu ku bagore mu gihe cy’umunsi, mu gihe mu mijyi ari amasaha abiri ku munsi.

Umuyobozi Mukuru wa IPAR Rwanda, Eugenie Kayitesi avuga ko muri iyi mirimo idahemberwa imyinshi ikorwa n’abagore.

Ati “Umugabo ntabwo aheka umwana, umugabo ntateka, umugabo ntajya kuvoma, umugabo ahingana n’umugore yego, ariko we yavayo akajya kwibanda muri ya mirimo yindi yo mu rugo.”

Yavuze kandi ko mu bice by’icyaro, abagore ari bo benshi batageze mu ishuri ku buryo badashobora gukora imirimo yinjiza umushahara.

Ati “Abadamu ahenshi abize ni bacye bashobora gukora ya mirimo ihemberwa, rero ugasanga abagabo ari bo bazana ya mafanga ahamberwa mu rugo, noneho abagore bakibanda kuri ya mirimo yo mu rugo.”

Eugenie Kayitesi avuga ko bikwiye ko mu itegeko ry’umurimo, hazamo guha agaciro iyi mirimo idahemberwa, ati “Bijye mu itegeko ry’imirimo, na yo tuyihe agaciro mu mafaranga, tumenye ngo muri GDP [umusaruro mbumbe w’Igihugu] yacu aya mafaranga na yo twayabara gute kugira ngo na yo yiyongeremo, kuko ni imirimo idakwiye kwibagirwa.”

Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, ushinzwe iterambere ry’Uburinganire no kongerera ubushobozi umugore, Silas Ngayaboshya; avuga ko kuba abagore ari bo bamara igihe kinini muri iyi mirimo idahemberwa, atari bo bigiraho ingaruka gusa, ahubwo zigera no ku bagabo, kuko na bo batabona umwanya wo kwisanzurana n’abagize umuryango.

Yagize ati “Ubushakashatsi ubundi bunerekana ko iyo umugabo n’umugore bafatanyije imirimo yo mu rugo n’iyo kwita ku bandi, banavumbura n’ibikenewe kurusha ibindi. Bakavumbura ko bashobora gushora mu kugura gaze kugira ngo imirimo yo guteka ibatware igihe gito.”

Ngayaboshya avuga ko iyi mirimo yo mu rugo idahemberwe, ikwiye gusaranganywa hadashingiwe ku gitsina nk’uko bimeze ubu, ahubwo hashingiwe ku bushobozi, ku bishimisha umuntu ndetse hashingiwe no ku mwanya abantu babona.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − two =

Previous Post

Isanganya rikanganye ryabaye ku bari bagiye muri Pasika ryasize igisa n’igitangaza cy’Imana

Next Post

Umutungo w’ikigega RNIT-Iterambere ugeze muri miliyari 41Frw nyuma yo kwikuba hafi 2 mu mwaka umwe

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutungo w’ikigega RNIT-Iterambere ugeze muri miliyari 41Frw nyuma yo kwikuba hafi 2 mu mwaka umwe

Umutungo w’ikigega RNIT-Iterambere ugeze muri miliyari 41Frw nyuma yo kwikuba hafi 2 mu mwaka umwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.