Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe abamara igihe kinini mu mirimo idahemberwa hagati y’abagore n’abagabo mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
30/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe abamara igihe kinini mu mirimo idahemberwa hagati y’abagore n’abagabo mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushakashatsi ku mirimo idahemberwa mu Rwanda, bwagaragaje ko abagore ari bo bamara amasaha menshi muri iyi mirimo, aho barusha abagabo hafi amasaha 10 mu gihe cy’icyumweru.

Ibyavuye muri ubu bushakashatsi byagaragajwe mu nama ya 11 y’Ikigo cy’Ubushakashatsi n’isesengura rya Politiki (IPAR/ Institute of Policy Analysis and Research) yabaye muri iki cyumweru.

Ubu bushakashatsi bumaze imyaka itatu bukorwa mu Turere dutanu (Musanze, Burera, Gicumbi, Gakenke na Rwamagana), bwagaragaje ko abagore bamara amasaha 75,6 mu cyumweru bari muri iyi mirimo idahemberwa, mu gihe abagabo bo bayimaramo amasaha 66,4.

Ubu bushakashati kandi buvuga ko mu bice by’icyaro, ikigereranyo cyo gukora imirimo idahemberwa kiri ku masaha atandatu ku bagore mu gihe cy’umunsi, mu gihe mu mijyi ari amasaha abiri ku munsi.

Umuyobozi Mukuru wa IPAR Rwanda, Eugenie Kayitesi avuga ko muri iyi mirimo idahemberwa imyinshi ikorwa n’abagore.

Ati “Umugabo ntabwo aheka umwana, umugabo ntateka, umugabo ntajya kuvoma, umugabo ahingana n’umugore yego, ariko we yavayo akajya kwibanda muri ya mirimo yindi yo mu rugo.”

Yavuze kandi ko mu bice by’icyaro, abagore ari bo benshi batageze mu ishuri ku buryo badashobora gukora imirimo yinjiza umushahara.

Ati “Abadamu ahenshi abize ni bacye bashobora gukora ya mirimo ihemberwa, rero ugasanga abagabo ari bo bazana ya mafanga ahamberwa mu rugo, noneho abagore bakibanda kuri ya mirimo yo mu rugo.”

Eugenie Kayitesi avuga ko bikwiye ko mu itegeko ry’umurimo, hazamo guha agaciro iyi mirimo idahemberwa, ati “Bijye mu itegeko ry’imirimo, na yo tuyihe agaciro mu mafaranga, tumenye ngo muri GDP [umusaruro mbumbe w’Igihugu] yacu aya mafaranga na yo twayabara gute kugira ngo na yo yiyongeremo, kuko ni imirimo idakwiye kwibagirwa.”

Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, ushinzwe iterambere ry’Uburinganire no kongerera ubushobozi umugore, Silas Ngayaboshya; avuga ko kuba abagore ari bo bamara igihe kinini muri iyi mirimo idahemberwa, atari bo bigiraho ingaruka gusa, ahubwo zigera no ku bagabo, kuko na bo batabona umwanya wo kwisanzurana n’abagize umuryango.

Yagize ati “Ubushakashatsi ubundi bunerekana ko iyo umugabo n’umugore bafatanyije imirimo yo mu rugo n’iyo kwita ku bandi, banavumbura n’ibikenewe kurusha ibindi. Bakavumbura ko bashobora gushora mu kugura gaze kugira ngo imirimo yo guteka ibatware igihe gito.”

Ngayaboshya avuga ko iyi mirimo yo mu rugo idahemberwe, ikwiye gusaranganywa hadashingiwe ku gitsina nk’uko bimeze ubu, ahubwo hashingiwe ku bushobozi, ku bishimisha umuntu ndetse hashingiwe no ku mwanya abantu babona.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + three =

Previous Post

Isanganya rikanganye ryabaye ku bari bagiye muri Pasika ryasize igisa n’igitangaza cy’Imana

Next Post

Umutungo w’ikigega RNIT-Iterambere ugeze muri miliyari 41Frw nyuma yo kwikuba hafi 2 mu mwaka umwe

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutungo w’ikigega RNIT-Iterambere ugeze muri miliyari 41Frw nyuma yo kwikuba hafi 2 mu mwaka umwe

Umutungo w’ikigega RNIT-Iterambere ugeze muri miliyari 41Frw nyuma yo kwikuba hafi 2 mu mwaka umwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.