Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe abamara igihe kinini mu mirimo idahemberwa hagati y’abagore n’abagabo mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
30/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe abamara igihe kinini mu mirimo idahemberwa hagati y’abagore n’abagabo mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushakashatsi ku mirimo idahemberwa mu Rwanda, bwagaragaje ko abagore ari bo bamara amasaha menshi muri iyi mirimo, aho barusha abagabo hafi amasaha 10 mu gihe cy’icyumweru.

Ibyavuye muri ubu bushakashatsi byagaragajwe mu nama ya 11 y’Ikigo cy’Ubushakashatsi n’isesengura rya Politiki (IPAR/ Institute of Policy Analysis and Research) yabaye muri iki cyumweru.

Ubu bushakashatsi bumaze imyaka itatu bukorwa mu Turere dutanu (Musanze, Burera, Gicumbi, Gakenke na Rwamagana), bwagaragaje ko abagore bamara amasaha 75,6 mu cyumweru bari muri iyi mirimo idahemberwa, mu gihe abagabo bo bayimaramo amasaha 66,4.

Ubu bushakashati kandi buvuga ko mu bice by’icyaro, ikigereranyo cyo gukora imirimo idahemberwa kiri ku masaha atandatu ku bagore mu gihe cy’umunsi, mu gihe mu mijyi ari amasaha abiri ku munsi.

Umuyobozi Mukuru wa IPAR Rwanda, Eugenie Kayitesi avuga ko muri iyi mirimo idahemberwa imyinshi ikorwa n’abagore.

Ati “Umugabo ntabwo aheka umwana, umugabo ntateka, umugabo ntajya kuvoma, umugabo ahingana n’umugore yego, ariko we yavayo akajya kwibanda muri ya mirimo yindi yo mu rugo.”

Yavuze kandi ko mu bice by’icyaro, abagore ari bo benshi batageze mu ishuri ku buryo badashobora gukora imirimo yinjiza umushahara.

Ati “Abadamu ahenshi abize ni bacye bashobora gukora ya mirimo ihemberwa, rero ugasanga abagabo ari bo bazana ya mafanga ahamberwa mu rugo, noneho abagore bakibanda kuri ya mirimo yo mu rugo.”

Eugenie Kayitesi avuga ko bikwiye ko mu itegeko ry’umurimo, hazamo guha agaciro iyi mirimo idahemberwa, ati “Bijye mu itegeko ry’imirimo, na yo tuyihe agaciro mu mafaranga, tumenye ngo muri GDP [umusaruro mbumbe w’Igihugu] yacu aya mafaranga na yo twayabara gute kugira ngo na yo yiyongeremo, kuko ni imirimo idakwiye kwibagirwa.”

Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, ushinzwe iterambere ry’Uburinganire no kongerera ubushobozi umugore, Silas Ngayaboshya; avuga ko kuba abagore ari bo bamara igihe kinini muri iyi mirimo idahemberwa, atari bo bigiraho ingaruka gusa, ahubwo zigera no ku bagabo, kuko na bo batabona umwanya wo kwisanzurana n’abagize umuryango.

Yagize ati “Ubushakashatsi ubundi bunerekana ko iyo umugabo n’umugore bafatanyije imirimo yo mu rugo n’iyo kwita ku bandi, banavumbura n’ibikenewe kurusha ibindi. Bakavumbura ko bashobora gushora mu kugura gaze kugira ngo imirimo yo guteka ibatware igihe gito.”

Ngayaboshya avuga ko iyi mirimo yo mu rugo idahemberwe, ikwiye gusaranganywa hadashingiwe ku gitsina nk’uko bimeze ubu, ahubwo hashingiwe ku bushobozi, ku bishimisha umuntu ndetse hashingiwe no ku mwanya abantu babona.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Isanganya rikanganye ryabaye ku bari bagiye muri Pasika ryasize igisa n’igitangaza cy’Imana

Next Post

Umutungo w’ikigega RNIT-Iterambere ugeze muri miliyari 41Frw nyuma yo kwikuba hafi 2 mu mwaka umwe

Related Posts

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

The Minister of Infrastructure announced that drivers of vehicles carrying many passengers such as public transport vehicles and school buses...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law
MU RWANDA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutungo w’ikigega RNIT-Iterambere ugeze muri miliyari 41Frw nyuma yo kwikuba hafi 2 mu mwaka umwe

Umutungo w’ikigega RNIT-Iterambere ugeze muri miliyari 41Frw nyuma yo kwikuba hafi 2 mu mwaka umwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.