Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe amakuru mashya ku gushakira Kabuga Igihugu azerecyezamo nyuma yo kutaburanishwa

radiotv10by radiotv10
14/12/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hagaragajwe amakuru mashya ku gushakira Kabuga Igihugu azerecyezamo nyuma yo kutaburanishwa
Share on FacebookShare on Twitter

Felicien Kabuga uregwa kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba aherutse gufatirwa icyemezo cyo guhagarika Urubanza rwe no kurekurwa by’agateganyo, hagaragajwe aho kumushakira Igihugu kizamwakira bigeze.

Ni nyuma y’uko muri Kamena uyu mwaka, Urugereko rwashyiriweho imirimo y’insigarira y’Inkiko Mpuzamahanga, rufashe icyemezo ko Kabuga adafite ubushobozi bwo gukurikirana urubanza rwe kubera ibibazo birimo iby’ubuzima bwe butifashe neza.

Iki cyemezo cyashingiye kuri raporo y’impuguke zo mu buzima bwo mu mutwe, yagaragazaga ko ubushobozi bw’ibitekerezo ndetse n’ubw’umubiri bya Kabuga, byagabanutse ku kigero cyo hejuru ku buryo atabasha gukurikirana iburanisha rye.

Nyuma y’uko Urukiko ruburanisha uyu musaza ukekwaho kugira uruhare runini muri Jenoside ruhagaritse uru rubanza mu gihe kitazwi, muri Nzeri rwanafashe icyemezo ko ruzamurekura by’agateganyo.

Ni icyemezo kitanyuze benshi biganjemo abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi, banashingira ku kuba ibyo cyashingiweho ubwabyo bitaravugwagaho rumwe yaba mu bagize Inteko y’urukiko ndetse n’Ubushinjacyaha.

Nyuma y’iki cyemezo, abunganira Kabuga Felicien basabwe gushaka Igihugu cyazamwakira igihe azaba arekuwe, ndetse kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Ukuboza 2023 hagaragajwe aho iyi gahunda igeze.

Iki gikorwa cyabereye ku cyicaro cy’Urukiko i La Haye mu Buholandi, nticyagaragayemo uyu musaza Kabuga, aho Umunyamategeko Me Emmanuel Alti ukuriye itsinda ry’abamwunganira, yasobanuriye Urukiko ko hamaze guterwa intambwe ishimishije mu gushaka icyo Gihugu kizamwakira.

Ni igikorwa cyabereye mu muhezo, cyari kiyobowe na Perezida w’uru Rugereko Iain Bonomy wemeje ko bibera mu muhezo nyuma y’uko bisabwe na Me Emmanuel Alti, wavugaga ko gushaka icyo Gihugu byababereye igikorwa cy’ingorabahizi.

Nyuma y’iki gikorwa, Iain Bonomy yatangaje ko Urukiko rwagaragarijwe uko urugendo rwo gushaka Igihugu kizoherezwamo Kabuga ruteye.

Uyu Mucamanza yavuze ko Urukiko rwagaragarijwe ko intambwe imaze guterwa muri iki gikorwa ishimishije, ndetse ko mu gihe kiri hagati y’icyumweru kimwe na bibiri biri imbere, uyu munyamategeko ukuriye itsinda ry’abunganira Kabuga, azaba yagaragaje indi ntambwe y’Igihugu kizoherezamo umukiliya wabo.

Nanone kandi uruhande rwunganira Kabuga, rwabajijwe uko ubuzima bw’umukiliya warwo buhagaze, aho Me Altit yavuze ko “afite imbaraga nke z’umubiri ndetse n’iz’ibitekerezo” ku buryo uko iminsi ishira, birushaho kuba bibi.

Gusa uyu munyamategeko yavuze ko we n’umuryango wa Kabuga, bishimira kuba uyu mukambwe ari kwitabwaho n’abaganga mu buryo bifuza.

Kabuga Felicien ni umwe mu baza ku isonga mu gukekwaho kugira uruhare runini mu gucura no kunoza umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kuyishyira mu bikorwa, by’umwihariko akaba umwe mu bashinze Radiyo rutwitsi ya RTLM yakanguriye abantu gukora Jenoside.

Aza ku isonga kandi mu bakekwaho kuba barashyigikiye Jenoside, abinyujije mu bufasha akekwaho gutanga bw’intwaro zifashishijwe.

Kabuga Felicien wari umwe mu bantu bazaga ku isonga bashakishwa ku Isi, ndetse akaba ari umwe mu bari barashyiriweho intego na Leta Zunze Ubumwe za America ku bazatanga amakuru yatuma afatwa, yafatiwe i Paris mu Bufaransa muri Gicurasi 2020, nyuma y’imyaka 26 ashakishwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + fourteen =

Previous Post

Ishyamba si ryeru hagati y’umuhanzi n’Umu-Dj bazwi mu Rwanda…Menya icyabiteye

Next Post

Karongi: Umuyobozi wegujwe nyuma yo kubaza ikibazo Mayor yahishuye ikindi kibyihishe inyuma

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Karongi: Umuyobozi wegujwe nyuma yo kubaza ikibazo Mayor yahishuye ikindi kibyihishe inyuma

Karongi: Umuyobozi wegujwe nyuma yo kubaza ikibazo Mayor yahishuye ikindi kibyihishe inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.