• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe ibigikorerwa abafite ubwandu bwa SIDA bigaragaza ko akato bakorerwa kagihari

radiotv10by radiotv10
05/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe ibigikorerwa abafite ubwandu bwa SIDA bigaragaza ko akato bakorerwa kagihari
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bafite ubwandu bwa Virusi Itera SIDA, yavuze ko yigeze kugira amahirwe yo kujya gukora akazi hanze y’u Rwanda ariko akamuca mu myanya y’intoki kubera ubu burwayi. Ihuriro ry’abafite ubu bwandu rikavuga ko ibi bigaragaza ko bagikorerwa akato.

Umugore ukiri muto ufite ubwandu bwa Virusi Itera SIDA, wavuze ko yabuze aya mahirwe yo kujya gukora akazi kubera iki kibazo, avuga ko azi na bagenzi be bahuye n’iki gikorwa.

Uyu mugore ikinyamakuru The New Times cyahaye izina rya Kunda [si ryo zina ry’ukuri], ni umwe mu Banyarwanda ibihumbi 160 bari mu Ihuriro rizwi nka RPP+), ry’abantu babana n’ubwandu bwa Virusi Itera SIDA.

Ubwandu bwa Virusi itera SIDA mu Rwanda, buri 3% ku bantu bakuru, aho kugeza ubu habarwa abantu 210 000 babufite barimo abenshi b’igitsinagore aho ari 3,7% mu gihe igitsinagabo ari 2,2%.

Gutangira gutanga imiti igabanya ubukana bwa Virusi itera SIDA, byatumye abayifite bagira ubuzima bwiza, ndetse binagira uruhare mu kugabanya akato bahabwaga, nubwo hakiri ibigaragara nk’akato, birimo amananiza bashyirirwaho mu gihe bashaka kujya gushaka akazi hanze ndetse no kujya kwiga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa RPP+, Deo Mutambuka agaruka ku buhamya bwatanzwe n’uwo munyarwandakazi, yagize ati “Uwo mukobwa wavuze uburyo yabuze amahirwe y’akazi ku isoko ry’umurimo mpuzamahanga nk’umwe mu banyamuryango ba RPP+, bigaragaza ko ikibazo cy’akato kitararangira.”

Yakomeje agira ati “Niba tucyumva abantu babura amahirwe yo guhabwa inguzanyo kubera uko ubuzima bwabo buhagaze, urumva ikibazo cye cyagutungura? Ariko ntekereza ko uko igihe kizagenda gishira, bizagenda bihinduka.”

Yavuze ko iki kibazo gikwiye gushakirwa umuti mu buryo bwagutse, ku buryo mu kugishakira umuti bigomba kugirwamo uruhare n’abafatranyabikorwa batandukanye yaba abo mu nzego za Leta ndetse n’iz’abikorera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − one =

Previous Post

Inkuru y’akababaro mu mukino w’amagare mu Rwanda

Next Post

RDF muri Mozambique ikomeje gukorera abaturage ibibahindurira imibereho bituma bayishima byimazeyo

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
RDF muri Mozambique ikomeje gukorera abaturage ibibahindurira imibereho bituma bayishima byimazeyo

RDF muri Mozambique ikomeje gukorera abaturage ibibahindurira imibereho bituma bayishima byimazeyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.