• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

radiotv10by radiotv10
01/09/2025
in MU RWANDA
0
Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda RAB, cyagaragarije abatunze imbwa ibyo bagomba kubahiriza, aho buri wese uyitunze agomba kubimenyesha ubuyobozi bw’ibanze bumwegereye, kandi imbwa igasohoka mu rugo yambaye ku munwa agakoresho kabugenewe kayibuza kuryana.

Ibi bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na RAB rirebana no kurinda abantu kurumwa n’imbwa no kurwanya ibisazi by’imbwa, aho iki Kigo kivuga ko ibi bisabwa abatunze imbwa, bishingiye ku itegeko No. 54/2008 ryo ku wa 10/9/2008, rigena uburyo bwo kurinda no kurwanya

indwara zanduza amatungo mu Rwanda, n’iteka rya Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) No. 009/11.30 ryo kuwa 18/11/2010, rirebana n’izerera ry’amatungo n’izindi nyamaswa zororerwa mu ngo.

Iki Kigo gishinzwe iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda kivuga ko “gisaba abantu bose batunze imbwa, by’umwihariko abatuye mu mijyi n’ahandi hose hahurira abantu benshi, gufata ingamba zo

gukumira izerera ry’imbwa, hirindwa ko zaruma abantu, zikaba zanabanduza virusi y’ibisazi by’imbwa.”

Iki kigo cyaneyeho kwibutsa ko “Umuntu wese utunze imbwa agomba kubimenyekanisha ku buyobozi bw’ibanze bumwegereye

(Umudugudu) akanerekana ko yakingiwe.”

Nanone kandi “Imbwa yose igomba gukingirwa ibisazi by’imbwa buri mwaka. Imbwa isohoka mu rugo iri kumwe n’umuntu mukuru kandi ayitwaye mu ishumi. Imbwa igomba kuba yambaye ku munwa agakoresho kabugenewe kayibuza kuryana.”

RBA ivuga ko umuntu wese ukora ibinyuranye n’ibiteganywa n’ingingo z’amategeko zikubiye muri iri tangazo ryayo, ahanwa hakukijwe ibiteganywa n’amategeko.

Ibarura rusange ry’abaturage rya 5 ryabaye muri 2022, ryerekanye ko mu Rwanda hari imbwa 65 558. Intata y’Iburasirazuba iza ku mwanya wa mbere mu kugira imbwa nyinshi, aho muri yo gusa, habarwaga imbwa 21 504, mu gihe mu Mujyi wa Kigali habarwaga imbwa 13 710.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + two =

Previous Post

Hatangajwe umubare w’imanza zaciwe nk’Inkiko z’u Rwanda n’izakemuwe hakoreshejwe ubuhuza n’ubwumvikane

Next Post

Ubutumwa Knowless yageneye umugabo we Clement ku isabukuru ye

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Ubutumwa Knowless yageneye umugabo we Clement ku isabukuru ye

Ubutumwa Knowless yageneye umugabo we Clement ku isabukuru ye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.