Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe icyakorwa cyatuma Abanyarwanda bose babasha gutunga ‘Smartphone’

radiotv10by radiotv10
18/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe icyakorwa cyatuma Abanyarwanda bose babasha gutunga ‘Smartphone’
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango Mpuzamahanga Ushinzwe Ikoranabuhanga, uvuga ko u Rwanda rumaze gutera intambwe mu gufasha abaturage kuba babasha kubona serivisi bakoresheje ikoranabuhanga rya Telefone, unagaragaza icyakorwa na Guverinoma y’u Rwanda kugira ngo Abaturage barusheho kubona telefone zigezweho.

Abahanga mu by’ikoranabuhanga bateraniye i Kigali, mu nama yo kurebera hamwe icyerekezo cy’uru rwego mu iterambere ry’imibereho y’abaturage, yatangiye kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Ukwakira 2023.

Mats Granryd uyobora Umuryango Mpuzamahanga Ushinzwe Ikoranabuhanga, avuga ko u Rwanda rukwiye kongera imbaraga mu kugeza ku baturage internet na telephone zigezweho kandi zihendutse.

Yagize ati “Birumvikana ko hakiri ibigomba gukorwa mu Rwanda no ku Mugabane wose kugira ngo abaturage bose bagerweho na internet muri telephone.”

Yakomeje agira ati “Ndabizi ko Guverinoma y’u Rwanda yiyemeje kubigeraho vuba. Ikindi ni uko telephone zihenze, bituma bamwe babura ubushobozi bwo kuzigura. Hano mu Rwanda, gukuraho umusoro wa telephone zigezweho byatuma zihendukira abaturage bose.”

Perezida Paul Kagame watangije iyi nama ku mugaragaro, yavuze ko hari abafatanyabikorwa biyemeje gufatanya n’u Rwanda muri uru rugendo rwo gutuma ikoranabuhanga rikomeza kugera ku Banyarwanda bose.

Yagize ati “Ndashimira cyane inkunga y’abagiraneza y’abayobozi ba Netflix. Abanyarwanda bagiye kugira ubushobozi bwo kugura telephone igezweho iri munsi y’amadorali 20.”

Aba bahanga mu ikoranabuhanga bavuga ko ibihe bigoye birimo ibya Covid-19 byerekanye ko inzego zose zikeneye ikoranabuhanga.

Guverinoma y’u Rwanda yemeza ko sosiyete zitanga serivisi z’itumanaho ziri gutanga umusanzu muri uru rugendo rugamije gutuma imibereho y’Abanyarwanda igirwamo uruhare n’ikoranabuhanga kuko ryoroshya byinshi.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Tom Close mu ndirimbo yibukije ikiba gitegereje abacukurira abandi akabo

Next Post

Bahishuye ibidasanzwe mu Rwanda bishobora gukurikira ibyago byo gupfusha ababo

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

IZIHERUKA

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks
AMAHANGA

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

by radiotv10
29/12/2025
0

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

28/12/2025
Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bahishuye ibidasanzwe mu Rwanda bishobora gukurikira ibyago byo gupfusha ababo

Bahishuye ibidasanzwe mu Rwanda bishobora gukurikira ibyago byo gupfusha ababo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.