Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe icyakorwa cyatuma Abanyarwanda bose babasha gutunga ‘Smartphone’

radiotv10by radiotv10
18/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe icyakorwa cyatuma Abanyarwanda bose babasha gutunga ‘Smartphone’
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango Mpuzamahanga Ushinzwe Ikoranabuhanga, uvuga ko u Rwanda rumaze gutera intambwe mu gufasha abaturage kuba babasha kubona serivisi bakoresheje ikoranabuhanga rya Telefone, unagaragaza icyakorwa na Guverinoma y’u Rwanda kugira ngo Abaturage barusheho kubona telefone zigezweho.

Abahanga mu by’ikoranabuhanga bateraniye i Kigali, mu nama yo kurebera hamwe icyerekezo cy’uru rwego mu iterambere ry’imibereho y’abaturage, yatangiye kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Ukwakira 2023.

Mats Granryd uyobora Umuryango Mpuzamahanga Ushinzwe Ikoranabuhanga, avuga ko u Rwanda rukwiye kongera imbaraga mu kugeza ku baturage internet na telephone zigezweho kandi zihendutse.

Yagize ati “Birumvikana ko hakiri ibigomba gukorwa mu Rwanda no ku Mugabane wose kugira ngo abaturage bose bagerweho na internet muri telephone.”

Yakomeje agira ati “Ndabizi ko Guverinoma y’u Rwanda yiyemeje kubigeraho vuba. Ikindi ni uko telephone zihenze, bituma bamwe babura ubushobozi bwo kuzigura. Hano mu Rwanda, gukuraho umusoro wa telephone zigezweho byatuma zihendukira abaturage bose.”

Perezida Paul Kagame watangije iyi nama ku mugaragaro, yavuze ko hari abafatanyabikorwa biyemeje gufatanya n’u Rwanda muri uru rugendo rwo gutuma ikoranabuhanga rikomeza kugera ku Banyarwanda bose.

Yagize ati “Ndashimira cyane inkunga y’abagiraneza y’abayobozi ba Netflix. Abanyarwanda bagiye kugira ubushobozi bwo kugura telephone igezweho iri munsi y’amadorali 20.”

Aba bahanga mu ikoranabuhanga bavuga ko ibihe bigoye birimo ibya Covid-19 byerekanye ko inzego zose zikeneye ikoranabuhanga.

Guverinoma y’u Rwanda yemeza ko sosiyete zitanga serivisi z’itumanaho ziri gutanga umusanzu muri uru rugendo rugamije gutuma imibereho y’Abanyarwanda igirwamo uruhare n’ikoranabuhanga kuko ryoroshya byinshi.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Tom Close mu ndirimbo yibukije ikiba gitegereje abacukurira abandi akabo

Next Post

Bahishuye ibidasanzwe mu Rwanda bishobora gukurikira ibyago byo gupfusha ababo

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bahishuye ibidasanzwe mu Rwanda bishobora gukurikira ibyago byo gupfusha ababo

Bahishuye ibidasanzwe mu Rwanda bishobora gukurikira ibyago byo gupfusha ababo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.