Sunday, February 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe igituma imwe mu ndwara zihangayikishije ikomeza gukwirakwira mu Rwanda kandi ivurirwa ubuntu

radiotv10by radiotv10
25/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe igituma imwe mu ndwara zihangayikishije ikomeza gukwirakwira mu Rwanda kandi ivurirwa ubuntu
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’Ubuzima mu Rwanda zivuga ko kurandura indwara y’Igituntu bikomeje gukomwa mu nkokora na bamwe mu bayirwaye bahagarika imiti, bigatuma irushaho gukwirakwira, kandi iyo miti itangirwa ubuntu.

Byatangajwe ubwo hizihizwaga Umunsi mpuzamahanga wo kurwanya igituntu, mu muhango wabereye mu Karere ka Rubavu, usanzwe wizihizwa ku tariki ya 24 Werurwe.

Hongeye kwibutswa ko indwara y’igituntu ihangayikishije, kuko ku Isi ihitana abantu batanu mu munota umwe gusa.

Mu Rwanda, raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Ibibumbye ryita ku buzima OMS, yo mu mwaka wa 2023 igaragaza ko abantu 56 mu bantu 100 000 barwaye igituntu, bangana abagera kuri 91% ari bo babashije kuboneka kuko hari abatangira imiti ariko bakaza kuyihagarika batarayirangiza.

Dr. Migambi Patrick ukuriye ishami rishinzwe kurwanya indwara y’igituntu n’izindi ndwara zifata imyanya y’ubuhumekero mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, yagaragaje zimwe mu mpamvu zituma bamwe mu barwayi b’igituntu bareka imiti.

Yagize ati “Umuntu aza arembye nyuma y’amezi abiri agatangira kugira imbaraga, nyuma y’amezi atatu cyangwa ane akumva y’uko ameze neza akomeye niba yakoraga nko mu mujyi avuye mu cyaro akirwara asubira iwabo agafata imiti, igihe atangiye kubona imbaraga yongera gusubira mu mujyi agatangira gukora akazi ke ariko akiyibagiza y’uko agomba gukomeza gufata imiti.”

Venant Zirarushya wo mu karere ka Rubavu warwaye indwara y’igituntu, yavuze ko ari indwara mbi cyane ndetse ko kudafata imiti ari ugushyira ubuzima mu kaga.

Yagize ati “Natangiye icyiciro cya mbere cy’imiti mfite ibiro 46, icyiciro cya kabiri nari ngeze kuri 49, nashoje amezi atandatu mfite ibiro 53.”

Akomeza asaba bamwe mu bagifite umuco wo gusangira bakoresheje igikoresho kimwe cyane abasangira ibyo kunywa n’itabi kubireka dore ko abagera kuri 20 basanzwe baranduye igituntu kuko basangiraga na we ataramenya ko yanduye ariko agashima ko bose bakurikiranywe.

Ati “Cyane cyane kuko mpagarariye abakarani mu Murenge wa Gisenyi buri munsi mpora mbashishikariza icyo kintu cyo kudasangira kuko atari byiza. Amezi abiri narayamaze, barongera barampima bampereza indi miti y’icyiciro cya kabiri na yo ayo mezi abiri narayamaze nsoza mu mezi atandatu.”

Dr. Albert Tuyishime ukuriye ishami ryo gukumira no kurwanya indwara mu Kigo cy’igihugu cy’ubuzima RBC, avuga ko hari ingamba zirimo gukorana n’Abajyanama b’Ubuzima mu gukurikirana ko nta murwayi w’igituntu ureka imiti atarakira kugira ngo iyi ndwara irandurwe burundu.

Ati “Igituntu ni indwara ivurwa igakira iyo umuntu afashe imiti neza, ubwo rero agarutse muri gahunda rwose agafata imiti neza nta kabuza turabyizeye 100% azakira bityo asubire mu buzima cyangwa se mu kazi ke afite ingufu, yiteze imbere.”

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti “Dufatanye turandure igituntu” mu gihe ko iyi ndwara y’igituntu iza ku isonga mu ndwara 10 ku isi zica abantu benshi.

Mu mwaka wa 2023 raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, yagaragaza ko muri 2022 abagera kuri Miliyoni 7,5 bivuje igituntu ariko abagera kuri miliyoni 1,3 muri bo kirabahitana, gusa muri bo abagera ku bihumbi 167 bakaba bari bafite n’ubwandu bw’agakoko ka Virusi itera SIDA. U Rwanda rwihaye intego ko bitarenze mu mwaka wa 2035 iyi ndwara izaba yabaye amateka.

Inzego z’Ubuzima mu Rwanda zagaragaje impamvu igituntu gikomeza gukwirakwira
Bamwe mu bayirwaye bakayikira batanze ubuhamya

Abantu basabwe ko igihe hari usanganywe igituntu yajya anywa imiti akayirangiza

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Amakuru agezweho ku muhanda Kigali-Rwamaga utari nyabagendwa kubera impanuka

Next Post

Menya impamvu hifuzwa ko umubare w’Abadepite mu Nteko y’u Rwanda wiyongeraho 1/2

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

by radiotv10
01/02/2026
1

Umunyarwanda aho yicaye hose uyu munsi, ntakindi kimuri mu bitekerezo uretse Intwari z'u Rwanda n'ubutwari bwaziranze, dukesha umusingi w'ibyo Abanyarwanda...

Umuyobozi mu Karere ka Nyamasheke yirukaniwe impamvu yumvikanamo kunyuranya n’imyitwarire mbonezamurimo

Nyamasheke: Akurikiranyweho kwica umwana we wari ufite uburwayi bwo mu mutwe

by radiotv10
01/02/2026
0

Kayiranga Azalie wo mu kagari Gitwa mu murenge wa Gihombo akurikiranyweho kwica umuhungu we witwaga Habyalimana Michel wari umaze igihe...

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

by radiotv10
01/02/2026
0

Ku mugoroba ubanziriza umunsi wo kwizihiza Intwari z'u Rwanda, mu Karere ka Ruhango habereye igitaramo cyihariye cyari kigamije gusingiza no...

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

by radiotv10
01/02/2026
1

Umuyobozi mu Karere ka Nyamasheke yirukaniwe impamvu yumvikanamo kunyuranya n’imyitwarire mbonezamurimo

Nyamasheke: Akurikiranyweho kwica umwana we wari ufite uburwayi bwo mu mutwe

01/02/2026
Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

01/02/2026
Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

31/01/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya impamvu hifuzwa ko umubare w’Abadepite mu Nteko y’u Rwanda wiyongeraho 1/2

Menya impamvu hifuzwa ko umubare w’Abadepite mu Nteko y'u Rwanda wiyongeraho 1/2

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

Nyamasheke: Akurikiranyweho kwica umwana we wari ufite uburwayi bwo mu mutwe

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.