Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe ikindi kimenyetso gishimangira intambwe ishimishije yatewe mu buvuzi bw’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
02/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe ikindi kimenyetso gishimangira intambwe ishimishije yatewe mu buvuzi bw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva mu Rwanda hatangizwa serivisi y’ubuvuzi bwo guhabwa impyiko (kidney transplant), mu gihe cy’umwaka umwe gusa, abantu bose bagaragaye bari bayikeneye, bayiherewe mu Rwanda, kandi operasiyo zo kubikora zikaba zaragenze neza.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru The New Times, aho yavuze ko umwaka ushize wa 2023, abantu bose 32 bagombaga gukorerwa iyi serivisi, bayiherewe mu Rwanda.

Iyi serivisi yatangiye gutangirwa mu Rwanda kuva muri Gicurasi umwaka ushize wa 2023 mu Bitaro Byitiriwe Umwami Faisal, aho yatangiriye ku bantu batatu bagombaga guhabwa impyiko na bagenzi babo, aho abo bose bahise babikorewe mu kwezi iyi serivisi yatangirijwemo, mu gihe abayikeneraga bajyaga bajya kuyishaka hanze.

Iyi gahunda yatangijwe nyuma y’uko Guverinoma yari imaze kohereza abarwayi 70 mu bindi Bihugu, aho iyi serivisi yo guhabwa impyiko yatwaye miliyoni 800 Frw kuri abo bantu.

Inyandiko yashyizwe hanze n’abaganga bo mu Rwanda muri Kamena umwaka ushize wa 2023, bagaragaje ikiguzi gihanitse cy’iyi serivisi, aho abajyaga kuyihererwa hanze byabasaba ubushobozi buhanitse, burimo amafaranga y’ingendo, aho bazacumbika, ayo kwishyura muri serivisi z’ubuvuzi ndetse n’izindi bahabwa zo kubitaho nyuma yo gukorerwa operasiyo, hakiyongeraho n’igiciro nyirizina cyo gushyirwamo impyiko.

Nko mu Buhindi, iyi serivisi ishobora kwishyurwa amafaranga ari hagati 7 400$ na 14 000$ (ni ukuvuga hagati ya miliyoni 9 Frw na miliyoni 16 Frw), aho ibiciro bihinduka bitewe n’impamvu zinyuranye, zirimo imyaka y’umurwayi, ubuzima bwe, ubwoko bw’amaraso ye, ndetse n’ibitaro bimuvura.

Ibi biciro kandi birushaho kuzamuka mu Bihugu nka Leta Zunze Ubumwe za America, u Bwongereza ndetse no mu Budage.

Inyandiko y’aba baganga, yagiraga iti “Ibi bishyira umutwaro ku barwayi n’imiryango yabo. Izindi mbogamizi ni indimi n’imico yo mu Bihugu by’amahanga, ndetse n’amategeko n’amahame ajyanye no gushyirwamo imyiko mu Bihugu binyuranye.”

Nanone kandi hakaba hari imbogamizi zo kubona uko abakorewe iyi operasiyo bakurikiranwa nyuma yo kugaruka mu Gihugu cyabo.

Minisiriri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana yavuze ko kuba iyi serivisi yaratangiye gutangirwa mu Rwanda, bizagabanya izi mbogamizi zose, ndetse bikazatuma hari n’abava mu bindi Bihugu baza kuhivuriza.

Amakuru avuga kandi ko muri Gashyantare, abarwayi bari bafite ikibazo gikomeye cy’impyiko, bahawe ubu buvuzi bwo guterwamo impyiko bakoresheje ubwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de Santé.

Ibitaro Byitiriwe Umwami Fayisali bitangirwamo iyi serivisi, biri kwagurwa, yaba mu nyubako ndetse no muri serivisi bitanga, aho Perezida Paul Kagame aherutse no gutangiza ku mugaragaro ibikorwa byo kwagura ibi Bitaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + four =

Previous Post

Abakoresha n’abakozi bose mu Rwanda bibukijwe umunsi w’ikiruhuko rusange

Next Post

Hari abakiriye 3.000.000Frw: Abatse inyemezabwishyu za EBM batangiye kumwenyura

Related Posts

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari abakiriye 3.000.000Frw: Abatse inyemezabwishyu za EBM batangiye kumwenyura

Hari abakiriye 3.000.000Frw: Abatse inyemezabwishyu za EBM batangiye kumwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.