Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe ikindi kimenyetso gishimangira intambwe ishimishije yatewe mu buvuzi bw’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
02/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe ikindi kimenyetso gishimangira intambwe ishimishije yatewe mu buvuzi bw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva mu Rwanda hatangizwa serivisi y’ubuvuzi bwo guhabwa impyiko (kidney transplant), mu gihe cy’umwaka umwe gusa, abantu bose bagaragaye bari bayikeneye, bayiherewe mu Rwanda, kandi operasiyo zo kubikora zikaba zaragenze neza.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru The New Times, aho yavuze ko umwaka ushize wa 2023, abantu bose 32 bagombaga gukorerwa iyi serivisi, bayiherewe mu Rwanda.

Iyi serivisi yatangiye gutangirwa mu Rwanda kuva muri Gicurasi umwaka ushize wa 2023 mu Bitaro Byitiriwe Umwami Faisal, aho yatangiriye ku bantu batatu bagombaga guhabwa impyiko na bagenzi babo, aho abo bose bahise babikorewe mu kwezi iyi serivisi yatangirijwemo, mu gihe abayikeneraga bajyaga bajya kuyishaka hanze.

Iyi gahunda yatangijwe nyuma y’uko Guverinoma yari imaze kohereza abarwayi 70 mu bindi Bihugu, aho iyi serivisi yo guhabwa impyiko yatwaye miliyoni 800 Frw kuri abo bantu.

Inyandiko yashyizwe hanze n’abaganga bo mu Rwanda muri Kamena umwaka ushize wa 2023, bagaragaje ikiguzi gihanitse cy’iyi serivisi, aho abajyaga kuyihererwa hanze byabasaba ubushobozi buhanitse, burimo amafaranga y’ingendo, aho bazacumbika, ayo kwishyura muri serivisi z’ubuvuzi ndetse n’izindi bahabwa zo kubitaho nyuma yo gukorerwa operasiyo, hakiyongeraho n’igiciro nyirizina cyo gushyirwamo impyiko.

Nko mu Buhindi, iyi serivisi ishobora kwishyurwa amafaranga ari hagati 7 400$ na 14 000$ (ni ukuvuga hagati ya miliyoni 9 Frw na miliyoni 16 Frw), aho ibiciro bihinduka bitewe n’impamvu zinyuranye, zirimo imyaka y’umurwayi, ubuzima bwe, ubwoko bw’amaraso ye, ndetse n’ibitaro bimuvura.

Ibi biciro kandi birushaho kuzamuka mu Bihugu nka Leta Zunze Ubumwe za America, u Bwongereza ndetse no mu Budage.

Inyandiko y’aba baganga, yagiraga iti “Ibi bishyira umutwaro ku barwayi n’imiryango yabo. Izindi mbogamizi ni indimi n’imico yo mu Bihugu by’amahanga, ndetse n’amategeko n’amahame ajyanye no gushyirwamo imyiko mu Bihugu binyuranye.”

Nanone kandi hakaba hari imbogamizi zo kubona uko abakorewe iyi operasiyo bakurikiranwa nyuma yo kugaruka mu Gihugu cyabo.

Minisiriri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana yavuze ko kuba iyi serivisi yaratangiye gutangirwa mu Rwanda, bizagabanya izi mbogamizi zose, ndetse bikazatuma hari n’abava mu bindi Bihugu baza kuhivuriza.

Amakuru avuga kandi ko muri Gashyantare, abarwayi bari bafite ikibazo gikomeye cy’impyiko, bahawe ubu buvuzi bwo guterwamo impyiko bakoresheje ubwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de Santé.

Ibitaro Byitiriwe Umwami Fayisali bitangirwamo iyi serivisi, biri kwagurwa, yaba mu nyubako ndetse no muri serivisi bitanga, aho Perezida Paul Kagame aherutse no gutangiza ku mugaragaro ibikorwa byo kwagura ibi Bitaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 1 =

Previous Post

Abakoresha n’abakozi bose mu Rwanda bibukijwe umunsi w’ikiruhuko rusange

Next Post

Hari abakiriye 3.000.000Frw: Abatse inyemezabwishyu za EBM batangiye kumwenyura

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari abakiriye 3.000.000Frw: Abatse inyemezabwishyu za EBM batangiye kumwenyura

Hari abakiriye 3.000.000Frw: Abatse inyemezabwishyu za EBM batangiye kumwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.