Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe ikindi kimenyetso gishimangira intambwe ishimishije yatewe mu buvuzi bw’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
02/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe ikindi kimenyetso gishimangira intambwe ishimishije yatewe mu buvuzi bw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva mu Rwanda hatangizwa serivisi y’ubuvuzi bwo guhabwa impyiko (kidney transplant), mu gihe cy’umwaka umwe gusa, abantu bose bagaragaye bari bayikeneye, bayiherewe mu Rwanda, kandi operasiyo zo kubikora zikaba zaragenze neza.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru The New Times, aho yavuze ko umwaka ushize wa 2023, abantu bose 32 bagombaga gukorerwa iyi serivisi, bayiherewe mu Rwanda.

Iyi serivisi yatangiye gutangirwa mu Rwanda kuva muri Gicurasi umwaka ushize wa 2023 mu Bitaro Byitiriwe Umwami Faisal, aho yatangiriye ku bantu batatu bagombaga guhabwa impyiko na bagenzi babo, aho abo bose bahise babikorewe mu kwezi iyi serivisi yatangirijwemo, mu gihe abayikeneraga bajyaga bajya kuyishaka hanze.

Iyi gahunda yatangijwe nyuma y’uko Guverinoma yari imaze kohereza abarwayi 70 mu bindi Bihugu, aho iyi serivisi yo guhabwa impyiko yatwaye miliyoni 800 Frw kuri abo bantu.

Inyandiko yashyizwe hanze n’abaganga bo mu Rwanda muri Kamena umwaka ushize wa 2023, bagaragaje ikiguzi gihanitse cy’iyi serivisi, aho abajyaga kuyihererwa hanze byabasaba ubushobozi buhanitse, burimo amafaranga y’ingendo, aho bazacumbika, ayo kwishyura muri serivisi z’ubuvuzi ndetse n’izindi bahabwa zo kubitaho nyuma yo gukorerwa operasiyo, hakiyongeraho n’igiciro nyirizina cyo gushyirwamo impyiko.

Nko mu Buhindi, iyi serivisi ishobora kwishyurwa amafaranga ari hagati 7 400$ na 14 000$ (ni ukuvuga hagati ya miliyoni 9 Frw na miliyoni 16 Frw), aho ibiciro bihinduka bitewe n’impamvu zinyuranye, zirimo imyaka y’umurwayi, ubuzima bwe, ubwoko bw’amaraso ye, ndetse n’ibitaro bimuvura.

Ibi biciro kandi birushaho kuzamuka mu Bihugu nka Leta Zunze Ubumwe za America, u Bwongereza ndetse no mu Budage.

Inyandiko y’aba baganga, yagiraga iti “Ibi bishyira umutwaro ku barwayi n’imiryango yabo. Izindi mbogamizi ni indimi n’imico yo mu Bihugu by’amahanga, ndetse n’amategeko n’amahame ajyanye no gushyirwamo imyiko mu Bihugu binyuranye.”

Nanone kandi hakaba hari imbogamizi zo kubona uko abakorewe iyi operasiyo bakurikiranwa nyuma yo kugaruka mu Gihugu cyabo.

Minisiriri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana yavuze ko kuba iyi serivisi yaratangiye gutangirwa mu Rwanda, bizagabanya izi mbogamizi zose, ndetse bikazatuma hari n’abava mu bindi Bihugu baza kuhivuriza.

Amakuru avuga kandi ko muri Gashyantare, abarwayi bari bafite ikibazo gikomeye cy’impyiko, bahawe ubu buvuzi bwo guterwamo impyiko bakoresheje ubwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de Santé.

Ibitaro Byitiriwe Umwami Fayisali bitangirwamo iyi serivisi, biri kwagurwa, yaba mu nyubako ndetse no muri serivisi bitanga, aho Perezida Paul Kagame aherutse no gutangiza ku mugaragaro ibikorwa byo kwagura ibi Bitaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Abakoresha n’abakozi bose mu Rwanda bibukijwe umunsi w’ikiruhuko rusange

Next Post

Hari abakiriye 3.000.000Frw: Abatse inyemezabwishyu za EBM batangiye kumwenyura

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari abakiriye 3.000.000Frw: Abatse inyemezabwishyu za EBM batangiye kumwenyura

Hari abakiriye 3.000.000Frw: Abatse inyemezabwishyu za EBM batangiye kumwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.