Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe imibare iteye impungenge ishobora gutuma Bibiliya ibura mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
24/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Hagaragajwe imibare iteye impungenge ishobora gutuma Bibiliya ibura mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda, wagaragaje imibare ihangayikishije, y’abatera inkunga iri jambo ry’Imana, ku buryo hatagize igikorwa, iki gitabo cy’ibyahumetswe n’Uwiteka cyazabura burundu mu Rwanda, nyamara abagikenera badasiba kwiyongera. 

Mu myaka 10 ishize abateraga inkunga Bibiliya mu Rwanda bagabanutse ku kigero cya 80% nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi w’Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda, Ruzibiza Viateur.

Avuga ko n’ubusanzwe kugira ngo Bibiliya iboneke, bisaba igiciro gihanitse, ku buryo hatabayemo ukuboko kw’abaterankunga, iki gitabo kitaboneka.

Yavuze ko igiciro cya Bibiliya mu Rwanda kiri hagati y’amadolari 7 na 13, ati “kandi haba hariho uruhare rw’umuterankunga ku kigero cya 90% cyangwa 80%. Bibiliya imprintingwa ku madorali 100, ikagera ku muturage ihagaze amadorali 8 kubera abaterankunga.”

Yongeyeho ko uko umubabare w’abaterankunga ugabanuka ari nako umubare w’abakristu bakenera Bibiliya wiyongera ku buryo ari byo bituma babona ko hari ihurizo rikomeye.

Ati “Mbere twatangiye tukenera kopi ibihumbi 30, nyuma tugera kuri 60 bihava bigera kuri 80 ubu bigeze ku bihumbi 120, mu myaka iri mbere turaza kuba dukeneye nibura kopi ibihumbi 200 kandi abadufashaga bamwe barashaje abandi ntibagihari.”

Ruzibiza Viateur asaba ko abantu bakwiye gutera inkunga Bibiliya kugira ngo ijambo ry’Imana rikomeze kugera kuri benshi mu Rwanda.

Viateur Ruzibiza avuga ko hatagize igikorwa Bibiliya yabura mu Rwanda
Arikiyepisikopi wa Kigali Musenyeri Antoine Karidinali Kambanda na we agaragaza ko gutera inkunga Bibiliya bikenewe

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Javan NISHIMWE says:
    2 years ago

    Iyo nkunga igomba kongerwa nukuli. Bitabaye ibyo twazabura igitabo gikomeye kurusha ibindi bitabo byose byo kwisi. Igitabo cy’ubwenge igitabo Cy’amahoro igitabo cyuje urukindo rw’lmana

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − five =

Previous Post

Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bazobereye mu gukoresha imbwa mu gutahura ibyaha biremereye

Next Post

Ahazaza ha rutahizamu ugera imbere y’abanyezamu bagatitira hakomeje kuba amayobera

Related Posts

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

IZIHERUKA

Easy foods that help your brain stay healthy and active
IMIBEREHO MYIZA

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ahazaza ha rutahizamu ugera imbere y’abanyezamu bagatitira hakomeje kuba amayobera

Ahazaza ha rutahizamu ugera imbere y’abanyezamu bagatitira hakomeje kuba amayobera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.