Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe imibare iteye impungenge ishobora gutuma Bibiliya ibura mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
24/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Hagaragajwe imibare iteye impungenge ishobora gutuma Bibiliya ibura mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda, wagaragaje imibare ihangayikishije, y’abatera inkunga iri jambo ry’Imana, ku buryo hatagize igikorwa, iki gitabo cy’ibyahumetswe n’Uwiteka cyazabura burundu mu Rwanda, nyamara abagikenera badasiba kwiyongera. 

Mu myaka 10 ishize abateraga inkunga Bibiliya mu Rwanda bagabanutse ku kigero cya 80% nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi w’Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda, Ruzibiza Viateur.

Avuga ko n’ubusanzwe kugira ngo Bibiliya iboneke, bisaba igiciro gihanitse, ku buryo hatabayemo ukuboko kw’abaterankunga, iki gitabo kitaboneka.

Yavuze ko igiciro cya Bibiliya mu Rwanda kiri hagati y’amadolari 7 na 13, ati “kandi haba hariho uruhare rw’umuterankunga ku kigero cya 90% cyangwa 80%. Bibiliya imprintingwa ku madorali 100, ikagera ku muturage ihagaze amadorali 8 kubera abaterankunga.”

Yongeyeho ko uko umubabare w’abaterankunga ugabanuka ari nako umubare w’abakristu bakenera Bibiliya wiyongera ku buryo ari byo bituma babona ko hari ihurizo rikomeye.

Ati “Mbere twatangiye tukenera kopi ibihumbi 30, nyuma tugera kuri 60 bihava bigera kuri 80 ubu bigeze ku bihumbi 120, mu myaka iri mbere turaza kuba dukeneye nibura kopi ibihumbi 200 kandi abadufashaga bamwe barashaje abandi ntibagihari.”

Ruzibiza Viateur asaba ko abantu bakwiye gutera inkunga Bibiliya kugira ngo ijambo ry’Imana rikomeze kugera kuri benshi mu Rwanda.

Viateur Ruzibiza avuga ko hatagize igikorwa Bibiliya yabura mu Rwanda
Arikiyepisikopi wa Kigali Musenyeri Antoine Karidinali Kambanda na we agaragaza ko gutera inkunga Bibiliya bikenewe

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Javan NISHIMWE says:
    2 years ago

    Iyo nkunga igomba kongerwa nukuli. Bitabaye ibyo twazabura igitabo gikomeye kurusha ibindi bitabo byose byo kwisi. Igitabo cy’ubwenge igitabo Cy’amahoro igitabo cyuje urukindo rw’lmana

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bazobereye mu gukoresha imbwa mu gutahura ibyaha biremereye

Next Post

Ahazaza ha rutahizamu ugera imbere y’abanyezamu bagatitira hakomeje kuba amayobera

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ahazaza ha rutahizamu ugera imbere y’abanyezamu bagatitira hakomeje kuba amayobera

Ahazaza ha rutahizamu ugera imbere y’abanyezamu bagatitira hakomeje kuba amayobera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.