Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe imibare iteye impungenge ishobora gutuma Bibiliya ibura mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
24/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Hagaragajwe imibare iteye impungenge ishobora gutuma Bibiliya ibura mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda, wagaragaje imibare ihangayikishije, y’abatera inkunga iri jambo ry’Imana, ku buryo hatagize igikorwa, iki gitabo cy’ibyahumetswe n’Uwiteka cyazabura burundu mu Rwanda, nyamara abagikenera badasiba kwiyongera. 

Mu myaka 10 ishize abateraga inkunga Bibiliya mu Rwanda bagabanutse ku kigero cya 80% nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi w’Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda, Ruzibiza Viateur.

Avuga ko n’ubusanzwe kugira ngo Bibiliya iboneke, bisaba igiciro gihanitse, ku buryo hatabayemo ukuboko kw’abaterankunga, iki gitabo kitaboneka.

Yavuze ko igiciro cya Bibiliya mu Rwanda kiri hagati y’amadolari 7 na 13, ati “kandi haba hariho uruhare rw’umuterankunga ku kigero cya 90% cyangwa 80%. Bibiliya imprintingwa ku madorali 100, ikagera ku muturage ihagaze amadorali 8 kubera abaterankunga.”

Yongeyeho ko uko umubabare w’abaterankunga ugabanuka ari nako umubare w’abakristu bakenera Bibiliya wiyongera ku buryo ari byo bituma babona ko hari ihurizo rikomeye.

Ati “Mbere twatangiye tukenera kopi ibihumbi 30, nyuma tugera kuri 60 bihava bigera kuri 80 ubu bigeze ku bihumbi 120, mu myaka iri mbere turaza kuba dukeneye nibura kopi ibihumbi 200 kandi abadufashaga bamwe barashaje abandi ntibagihari.”

Ruzibiza Viateur asaba ko abantu bakwiye gutera inkunga Bibiliya kugira ngo ijambo ry’Imana rikomeze kugera kuri benshi mu Rwanda.

Viateur Ruzibiza avuga ko hatagize igikorwa Bibiliya yabura mu Rwanda
Arikiyepisikopi wa Kigali Musenyeri Antoine Karidinali Kambanda na we agaragaza ko gutera inkunga Bibiliya bikenewe

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Javan NISHIMWE says:
    2 years ago

    Iyo nkunga igomba kongerwa nukuli. Bitabaye ibyo twazabura igitabo gikomeye kurusha ibindi bitabo byose byo kwisi. Igitabo cy’ubwenge igitabo Cy’amahoro igitabo cyuje urukindo rw’lmana

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bazobereye mu gukoresha imbwa mu gutahura ibyaha biremereye

Next Post

Ahazaza ha rutahizamu ugera imbere y’abanyezamu bagatitira hakomeje kuba amayobera

Related Posts

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

IZIHERUKA

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali
IMYIDAGADURO

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

31/12/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ahazaza ha rutahizamu ugera imbere y’abanyezamu bagatitira hakomeje kuba amayobera

Ahazaza ha rutahizamu ugera imbere y’abanyezamu bagatitira hakomeje kuba amayobera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.