Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe impamvu ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byamanutse ariko iby’ibiribwa bikaba bigihanitse

radiotv10by radiotv10
12/05/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hagaragajwe impamvu ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byamanutse ariko iby’ibiribwa bikaba bigihanitse
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko impamvu ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byagabanutse ariko iby’ibiribwa bikaba bikiri hejuru, biterwa n’umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi mu Rwanda ukiri mucye.

Byatangajwe na Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa kuri uyu wa Kane tariki 11 Gicurasi ubwo yagaragazaga ishusho y’ubukungu bw’u Rwanda mu gihembwe gishize.

Banki nkuru y’Igihugu igaragaza ko mu mezi atatu ya mbere y’umwaka wa 2023 umuvuduko w’itumbagira ry’ibiciro ku isoko wagabanutse, ari na byo byatumye iyi Banki igumisha inyungu ku rugero rwa 7%. Ariko ngo mu mezi ane ari imbere bazagaragaza uruhare ibiza bishobora kugira ku itumbagira ry’ibiciro ku isoko rishobora guterwa n’umusaruro mucye w’ubuhinzi.

Umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku isok0 wageze kuri 17.8% mu kwezi kwa 4/2023 uvuye kuri 21.7% byariho mu kwezi wa 12/2022.

Umuvuduko w’ibicuruzwa na serivisi hatarimo ibyangirika vuba, wagabanutse ku rugero rwa 11.4% uvuye kuri 15.4%. ibyo bivuze ko harimo ikinyuranyo cya 4%.

Naho ibiciro by’ibiribwa byavuye kuri 50.1% bigera kuri 48.5%. iyi mibare igaragaza ko hagati y’ukwezi kwa 12/2022 n’ukwa 4/2023 byagabanutseho 1.6% ariko ibiciro by’ibikomoka ku ngufu byavuye kuri 19.4% bigera kuri 4.4%. Bigashimangira ko hagati y’ibyo bihe byombi byagabanutse ku rugero rwa 15.5%.

John Rwangomba, agaragaza impamvu hakirimo ikinyuranyo, yagize ati “Nubwo ibikomoka kuri peteroli byagabanutse bikaba bigeze kuri 4%, ibiribwa biracyari muri 50% hafi mirongongo ine na kangahe ku ijana [48.5%]. Ibyo biraterwa n’umusaruro wacu. Ntabwo biterwa na Ukraine.”

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko hakiri icyizere ko mu gice cya kabiri cy’umwaka wa 2023 ibiciro bizagabanuka kugeza ku rugero rwa 8% mu mpera z’uyu mwaka. Nanone ariko bagaragaza ko umusaruro w’ubuhinzi uhagaze nabi; ikinyuranyo cy’ubucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga kigeze kuri 35.2% bitewe n’uko ibyo u Rwanda rutumiza mu mahanga byazamutse ku rugero rwa 27.6% na ho ibyoherezwa bigera kuri 17.4%. Ibyo byatumye ifaranga ry’u Rwanda rita agaciro ku rugero rwa 4.6% bagereranije n’idorali rya amerika.

Gusa ngo hari icyizere nkuko bitangazwa na John Rwangombwa, ati “Dukurikije imvura uko yagenze mu kwezi kwa gatatu muri saison B; twizeye ko umusaruro wa saison B uzagenda neza. Ubwo ni uguhera mu kwezi kwa gatanu gushyira mu kwa gatandatu.”

Yanagarutse ku biza bidasanzwe biherutse kwibasira ibice bimwe by’u Rwanda. Ati “ni ukureba ngo ibi biza birahindura iki kuri wa musaruro mwiza twateganyaga w’ubuhinzi. [….] ejo batubwiraga ko imibare ya mbere igaragaza ko hashobora kuba hangiritse hegitari ibihumbi bibiri. Ibyo rero bishobora kugira icyo bigabanya ku byo duteganya, ariko ntabwo turamenya uko bingana. Imibare twari dufite ubushize turarushaho kuyihamya.”

Nubwo hari ibyo bibazo, Banki Nkuru y’u Rwanda ishimangira ko ubukungu bw’u Rwanda buzakomeza guhagarara bwuma, aho mu gihembwe cya mbere cya 2023 bwazamutse ku kigero cya 14.4%, ndetse hatagize igihinduka uyu mwaka uzasiga bugeze ku rugero rwa 6.2% buvuye ku gipimo cya 8.2% bwagezeho muri 2022.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − nine =

Previous Post

Undi muntu wagwiriwe n’ikirombe mu Rwanda we ibyamubayeho ni nk’igitangaza

Next Post

Mu Gihugu cyo mu karere u Rwanda ruherereyemo haravugwa indwara y’amayobera yateye ikikango

Related Posts

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Gihugu cyo mu karere u Rwanda ruherereyemo haravugwa indwara y’amayobera yateye ikikango

Mu Gihugu cyo mu karere u Rwanda ruherereyemo haravugwa indwara y’amayobera yateye ikikango

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.