Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe impamvu ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byamanutse ariko iby’ibiribwa bikaba bigihanitse

radiotv10by radiotv10
12/05/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hagaragajwe impamvu ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byamanutse ariko iby’ibiribwa bikaba bigihanitse
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko impamvu ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byagabanutse ariko iby’ibiribwa bikaba bikiri hejuru, biterwa n’umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi mu Rwanda ukiri mucye.

Byatangajwe na Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa kuri uyu wa Kane tariki 11 Gicurasi ubwo yagaragazaga ishusho y’ubukungu bw’u Rwanda mu gihembwe gishize.

Banki nkuru y’Igihugu igaragaza ko mu mezi atatu ya mbere y’umwaka wa 2023 umuvuduko w’itumbagira ry’ibiciro ku isoko wagabanutse, ari na byo byatumye iyi Banki igumisha inyungu ku rugero rwa 7%. Ariko ngo mu mezi ane ari imbere bazagaragaza uruhare ibiza bishobora kugira ku itumbagira ry’ibiciro ku isoko rishobora guterwa n’umusaruro mucye w’ubuhinzi.

Umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku isok0 wageze kuri 17.8% mu kwezi kwa 4/2023 uvuye kuri 21.7% byariho mu kwezi wa 12/2022.

Umuvuduko w’ibicuruzwa na serivisi hatarimo ibyangirika vuba, wagabanutse ku rugero rwa 11.4% uvuye kuri 15.4%. ibyo bivuze ko harimo ikinyuranyo cya 4%.

Naho ibiciro by’ibiribwa byavuye kuri 50.1% bigera kuri 48.5%. iyi mibare igaragaza ko hagati y’ukwezi kwa 12/2022 n’ukwa 4/2023 byagabanutseho 1.6% ariko ibiciro by’ibikomoka ku ngufu byavuye kuri 19.4% bigera kuri 4.4%. Bigashimangira ko hagati y’ibyo bihe byombi byagabanutse ku rugero rwa 15.5%.

John Rwangomba, agaragaza impamvu hakirimo ikinyuranyo, yagize ati “Nubwo ibikomoka kuri peteroli byagabanutse bikaba bigeze kuri 4%, ibiribwa biracyari muri 50% hafi mirongongo ine na kangahe ku ijana [48.5%]. Ibyo biraterwa n’umusaruro wacu. Ntabwo biterwa na Ukraine.”

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko hakiri icyizere ko mu gice cya kabiri cy’umwaka wa 2023 ibiciro bizagabanuka kugeza ku rugero rwa 8% mu mpera z’uyu mwaka. Nanone ariko bagaragaza ko umusaruro w’ubuhinzi uhagaze nabi; ikinyuranyo cy’ubucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga kigeze kuri 35.2% bitewe n’uko ibyo u Rwanda rutumiza mu mahanga byazamutse ku rugero rwa 27.6% na ho ibyoherezwa bigera kuri 17.4%. Ibyo byatumye ifaranga ry’u Rwanda rita agaciro ku rugero rwa 4.6% bagereranije n’idorali rya amerika.

Gusa ngo hari icyizere nkuko bitangazwa na John Rwangombwa, ati “Dukurikije imvura uko yagenze mu kwezi kwa gatatu muri saison B; twizeye ko umusaruro wa saison B uzagenda neza. Ubwo ni uguhera mu kwezi kwa gatanu gushyira mu kwa gatandatu.”

Yanagarutse ku biza bidasanzwe biherutse kwibasira ibice bimwe by’u Rwanda. Ati “ni ukureba ngo ibi biza birahindura iki kuri wa musaruro mwiza twateganyaga w’ubuhinzi. [….] ejo batubwiraga ko imibare ya mbere igaragaza ko hashobora kuba hangiritse hegitari ibihumbi bibiri. Ibyo rero bishobora kugira icyo bigabanya ku byo duteganya, ariko ntabwo turamenya uko bingana. Imibare twari dufite ubushize turarushaho kuyihamya.”

Nubwo hari ibyo bibazo, Banki Nkuru y’u Rwanda ishimangira ko ubukungu bw’u Rwanda buzakomeza guhagarara bwuma, aho mu gihembwe cya mbere cya 2023 bwazamutse ku kigero cya 14.4%, ndetse hatagize igihinduka uyu mwaka uzasiga bugeze ku rugero rwa 6.2% buvuye ku gipimo cya 8.2% bwagezeho muri 2022.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 19 =

Previous Post

Undi muntu wagwiriwe n’ikirombe mu Rwanda we ibyamubayeho ni nk’igitangaza

Next Post

Mu Gihugu cyo mu karere u Rwanda ruherereyemo haravugwa indwara y’amayobera yateye ikikango

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Gihugu cyo mu karere u Rwanda ruherereyemo haravugwa indwara y’amayobera yateye ikikango

Mu Gihugu cyo mu karere u Rwanda ruherereyemo haravugwa indwara y’amayobera yateye ikikango

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.