Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe impamvu zatumye hafungwa amavuriro gakondo 8 yakoraga ku mugaragaro arimo azwi cyane

radiotv10by radiotv10
04/12/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe impamvu zatumye hafungwa amavuriro gakondo 8 yakoraga ku mugaragaro arimo azwi cyane
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuzima yahagaritse amavuriro gakondo umunani yari asanzwe akora byemewe n’amategeko, igaragaza impamvu zatumye aya mavuriro ahagarikwa, nyuma y’ubugenzuzi yakorewe.

Mu itangazo ryagiye hanze kuri iki Cyumweru tariki 03 Ukuboza 2023, Minisiriteri y’Ubuzima, igaragaza urutore rw’aya mavuriro, arimo n’asanzwe azwi mu Rwanda.

Harimo ivuriro; Kunga Therapy, Kingo Herbal Medicine, Muganga Rugamba, Fora Urinde, Zeovia, African Culture Medecine, Green Vision Nutrition n’ivuriro Ijabo Life Center.

Minisiteri y’Ubuzima, ikomeza ivuga ko aya mavuriro akora ubuvuzi gakondo cyangwa bwuzuzanya n’ububangikanwa n’ubusanzwe, yafunzwe nyuma yo gukorerwa ubugenzuzi “bwagaragaje ko aya mavuriro akora ibikorwa bitemewe n’amategeko n’amabwiriza.”

Ibyo bikorwa bitemewe bikorwa n’aya mavuriro, harimo “kwamamaza serivisi n’imiti binyuranye n’amabwiriza, gukoresha imiti itemewe, no gukorera mu nyubako zitagenewe ubuvuzi.”

Minisiteri y’Ubuzima ikomeza igira iti “Ubugenzuzi bwagutse mu mavuriro yose mu Gihugu burakomeje, harebwa ko abakora umwuga w’ubuvuzi bubahiriza amategeko n’amabwiriza abigenga.”

Aya mavuriro uko ari umunani, yandikiwe amabaruwa na Minisiteri y’Ubizima iyamenyesha ko afunzwe kubera amakora yagaragajwe n’ubugenzuzi bwagiye bukorwa n’iyi Minisiteri.

Ibaruwa ifunga ivuriro Genuine Kunga Therapy, ivuga ko ubwo bugenzuzi bwakozwe tariki 08 Nzeri 2023, bwasanze ritanga serivisi zitujuje ibipimo ngenderwaho hashingiwe ku mategeko n’amabwiriza byashyizweho n’inzego zitandukanye harimo n’ikoreshwa ry’imiti itari ku rutonde rw’imiti yemewe n’Ikigo Gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti mu Rwanda (Rwanda FDA).

Iyi baruwa yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, igenewe umuyobozi w’iri vuriro, isoza igira iti “Mu rwego rwo kurengera no kurinda ubuzima bw’Abanyarwanda muri rusange, ndakumenyesha ko ibikorwa by’iri vuriro bihagaritswe uhereye umunsi uboneyeho iyi baruwa.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + seventeen =

Previous Post

AMAFOTO: Irebere ubwiza buhebuje bw’igishushanyo-mbonera cya Kigali y’ahazaza cyegukanye igihembo ku rwego rw’Isi

Next Post

DRCongo: Nyuma y’urupfu rw’ukomeye muri FDLR haramutse imirwano idasanzwe

Related Posts

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Nyuma y’urupfu rw’ukomeye muri FDLR haramutse imirwano idasanzwe

DRCongo: Nyuma y’urupfu rw’ukomeye muri FDLR haramutse imirwano idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.