• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe impamvu zatumye hafungwa amavuriro gakondo 8 yakoraga ku mugaragaro arimo azwi cyane

radiotv10by radiotv10
04/12/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe impamvu zatumye hafungwa amavuriro gakondo 8 yakoraga ku mugaragaro arimo azwi cyane
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuzima yahagaritse amavuriro gakondo umunani yari asanzwe akora byemewe n’amategeko, igaragaza impamvu zatumye aya mavuriro ahagarikwa, nyuma y’ubugenzuzi yakorewe.

Mu itangazo ryagiye hanze kuri iki Cyumweru tariki 03 Ukuboza 2023, Minisiriteri y’Ubuzima, igaragaza urutore rw’aya mavuriro, arimo n’asanzwe azwi mu Rwanda.

Harimo ivuriro; Kunga Therapy, Kingo Herbal Medicine, Muganga Rugamba, Fora Urinde, Zeovia, African Culture Medecine, Green Vision Nutrition n’ivuriro Ijabo Life Center.

Minisiteri y’Ubuzima, ikomeza ivuga ko aya mavuriro akora ubuvuzi gakondo cyangwa bwuzuzanya n’ububangikanwa n’ubusanzwe, yafunzwe nyuma yo gukorerwa ubugenzuzi “bwagaragaje ko aya mavuriro akora ibikorwa bitemewe n’amategeko n’amabwiriza.”

Ibyo bikorwa bitemewe bikorwa n’aya mavuriro, harimo “kwamamaza serivisi n’imiti binyuranye n’amabwiriza, gukoresha imiti itemewe, no gukorera mu nyubako zitagenewe ubuvuzi.”

Minisiteri y’Ubuzima ikomeza igira iti “Ubugenzuzi bwagutse mu mavuriro yose mu Gihugu burakomeje, harebwa ko abakora umwuga w’ubuvuzi bubahiriza amategeko n’amabwiriza abigenga.”

Aya mavuriro uko ari umunani, yandikiwe amabaruwa na Minisiteri y’Ubizima iyamenyesha ko afunzwe kubera amakora yagaragajwe n’ubugenzuzi bwagiye bukorwa n’iyi Minisiteri.

Ibaruwa ifunga ivuriro Genuine Kunga Therapy, ivuga ko ubwo bugenzuzi bwakozwe tariki 08 Nzeri 2023, bwasanze ritanga serivisi zitujuje ibipimo ngenderwaho hashingiwe ku mategeko n’amabwiriza byashyizweho n’inzego zitandukanye harimo n’ikoreshwa ry’imiti itari ku rutonde rw’imiti yemewe n’Ikigo Gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti mu Rwanda (Rwanda FDA).

Iyi baruwa yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, igenewe umuyobozi w’iri vuriro, isoza igira iti “Mu rwego rwo kurengera no kurinda ubuzima bw’Abanyarwanda muri rusange, ndakumenyesha ko ibikorwa by’iri vuriro bihagaritswe uhereye umunsi uboneyeho iyi baruwa.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + two =

Previous Post

AMAFOTO: Irebere ubwiza buhebuje bw’igishushanyo-mbonera cya Kigali y’ahazaza cyegukanye igihembo ku rwego rw’Isi

Next Post

DRCongo: Nyuma y’urupfu rw’ukomeye muri FDLR haramutse imirwano idasanzwe

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
DRCongo: Nyuma y’urupfu rw’ukomeye muri FDLR haramutse imirwano idasanzwe

DRCongo: Nyuma y’urupfu rw’ukomeye muri FDLR haramutse imirwano idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.