Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe intandaro y’akarengane kajya kavugwa ku bagomba kwimurwa ahajya ibikorwa remezo

radiotv10by radiotv10
09/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe intandaro y’akarengane kajya kavugwa ku bagomba kwimurwa ahajya ibikorwa remezo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango Mpuzamahanga Urwanya Ruswa n’Akarengane, Ishami ry’u Rwanda, Transparency International Rwanda; uravuga ko wasanze hari aho ibikorwa byo kubaka imihanda n’ibindi bikorwa remezo bizamo imitangire ya ruswa, bigatuma bamwe mu baturage bahaturiye baharenganira.

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, baheurtse kubwira RADIOTV10 ko inzu zabo zatangiye kwangirika kubera imirimo y’ahagiye kubakwa ikigo cy’ishuri.

Aba baturage bavuze bagombaga kwimurwa, ariko ntibikorwe, bigatuma inzu zabo zangirika ndetse nyuma bakaza kumenyeshwa ko batazimurwa.

Umuryango Transparency International Rwanda, mu bushakashatwi wamuritse muri iki cyumweru, ugaragaza ko uretse ruswa yagaragaye mu bikorwa byo kwimura abantu, hari n’uburangare bw’inzego zitandukanye zirebwa n’iki kibazo mu kugenzura iyubahirizwa ry’amategeko aba asanzweho.

Gashema Bruce umushakashatsi muri uyu Muryango, yagize ati “Habaho abantu bahabwa amasoko harimo akaboko ka ruswa nk’uko bagiye babigaragaza bigatuma abashoramari bakora ibitujuje ubuziranenge. Ikindi ni uburangare cyane mu kugenzura ko amategeko yubahirizwa.”

Yakomeje agira ati “Inzego nka REMA, RDB batanga ibyangombwa n’inzego nk’Uturere, wakwibaza impamvu imishinga yangiza iby’abaturage nyamara abayobozi bahari.”

Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ibidukikiye ushinzwe Ubutaka, amazi n’amashyamba, Kwitonda Philipe avuga ko iyi Minisiteri ikorana n’inzego zitandukanye mu gukumira ingaruka zituruka ku bikorerwa ku bidukikije bikagira ingaruka ku baturage.

Yaboneyeho kandi gusaba abaturage kujya batanga amakuru ku bibazo bahuye na byo kugira ngo bafashwe, ndetse n’ababigizemo uruhare babiryozwe.

Ati “Abaturage bagomba kumenya uburenganzira bwabo niba igikorwa kimubangamiye akegera inzego. Hari amategeko ahanira ruswa, nta muntu uri hejuru y’amategeko, icyo umuturage asabwa ni ukumenyekanisha icyo kibazo.”

Ubu bushakashatsi bwa Transparency International Rwanda, bugaragaza ko ibikorwa byo kubaka imihanda nko gukora imiyoboro y’amazi, biza imbere mu kugira ingaruka ku babituriye, ku buryo abaharenganira bari ku rugero rwa 51,4%.

Denyse M. MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 7 =

Previous Post

Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga ari mu basirikare bakoze igikorwa cy’urukundo cyo gutanga amaraso

Next Post

Hagaragajwe amakuru mashya ku ndwara ya Marburg mu Rwanda

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe amakuru mashya ku ndwara ya Marburg mu Rwanda

Hagaragajwe amakuru mashya ku ndwara ya Marburg mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.