Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe intandaro y’akarengane kajya kavugwa ku bagomba kwimurwa ahajya ibikorwa remezo

radiotv10by radiotv10
09/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe intandaro y’akarengane kajya kavugwa ku bagomba kwimurwa ahajya ibikorwa remezo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango Mpuzamahanga Urwanya Ruswa n’Akarengane, Ishami ry’u Rwanda, Transparency International Rwanda; uravuga ko wasanze hari aho ibikorwa byo kubaka imihanda n’ibindi bikorwa remezo bizamo imitangire ya ruswa, bigatuma bamwe mu baturage bahaturiye baharenganira.

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, baheurtse kubwira RADIOTV10 ko inzu zabo zatangiye kwangirika kubera imirimo y’ahagiye kubakwa ikigo cy’ishuri.

Aba baturage bavuze bagombaga kwimurwa, ariko ntibikorwe, bigatuma inzu zabo zangirika ndetse nyuma bakaza kumenyeshwa ko batazimurwa.

Umuryango Transparency International Rwanda, mu bushakashatwi wamuritse muri iki cyumweru, ugaragaza ko uretse ruswa yagaragaye mu bikorwa byo kwimura abantu, hari n’uburangare bw’inzego zitandukanye zirebwa n’iki kibazo mu kugenzura iyubahirizwa ry’amategeko aba asanzweho.

Gashema Bruce umushakashatsi muri uyu Muryango, yagize ati “Habaho abantu bahabwa amasoko harimo akaboko ka ruswa nk’uko bagiye babigaragaza bigatuma abashoramari bakora ibitujuje ubuziranenge. Ikindi ni uburangare cyane mu kugenzura ko amategeko yubahirizwa.”

Yakomeje agira ati “Inzego nka REMA, RDB batanga ibyangombwa n’inzego nk’Uturere, wakwibaza impamvu imishinga yangiza iby’abaturage nyamara abayobozi bahari.”

Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ibidukikiye ushinzwe Ubutaka, amazi n’amashyamba, Kwitonda Philipe avuga ko iyi Minisiteri ikorana n’inzego zitandukanye mu gukumira ingaruka zituruka ku bikorerwa ku bidukikije bikagira ingaruka ku baturage.

Yaboneyeho kandi gusaba abaturage kujya batanga amakuru ku bibazo bahuye na byo kugira ngo bafashwe, ndetse n’ababigizemo uruhare babiryozwe.

Ati “Abaturage bagomba kumenya uburenganzira bwabo niba igikorwa kimubangamiye akegera inzego. Hari amategeko ahanira ruswa, nta muntu uri hejuru y’amategeko, icyo umuturage asabwa ni ukumenyekanisha icyo kibazo.”

Ubu bushakashatsi bwa Transparency International Rwanda, bugaragaza ko ibikorwa byo kubaka imihanda nko gukora imiyoboro y’amazi, biza imbere mu kugira ingaruka ku babituriye, ku buryo abaharenganira bari ku rugero rwa 51,4%.

Denyse M. MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga ari mu basirikare bakoze igikorwa cy’urukundo cyo gutanga amaraso

Next Post

Hagaragajwe amakuru mashya ku ndwara ya Marburg mu Rwanda

Related Posts

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

by radiotv10
21/11/2025
0

Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Nyamagabe, bari gukorwaho iperereza ridasanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, nyuma yuko igenzura ritahuye...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika
SIPORO

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe amakuru mashya ku ndwara ya Marburg mu Rwanda

Hagaragajwe amakuru mashya ku ndwara ya Marburg mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.