Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe intandaro y’akarengane kajya kavugwa ku bagomba kwimurwa ahajya ibikorwa remezo

radiotv10by radiotv10
09/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe intandaro y’akarengane kajya kavugwa ku bagomba kwimurwa ahajya ibikorwa remezo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango Mpuzamahanga Urwanya Ruswa n’Akarengane, Ishami ry’u Rwanda, Transparency International Rwanda; uravuga ko wasanze hari aho ibikorwa byo kubaka imihanda n’ibindi bikorwa remezo bizamo imitangire ya ruswa, bigatuma bamwe mu baturage bahaturiye baharenganira.

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, baheurtse kubwira RADIOTV10 ko inzu zabo zatangiye kwangirika kubera imirimo y’ahagiye kubakwa ikigo cy’ishuri.

Aba baturage bavuze bagombaga kwimurwa, ariko ntibikorwe, bigatuma inzu zabo zangirika ndetse nyuma bakaza kumenyeshwa ko batazimurwa.

Umuryango Transparency International Rwanda, mu bushakashatwi wamuritse muri iki cyumweru, ugaragaza ko uretse ruswa yagaragaye mu bikorwa byo kwimura abantu, hari n’uburangare bw’inzego zitandukanye zirebwa n’iki kibazo mu kugenzura iyubahirizwa ry’amategeko aba asanzweho.

Gashema Bruce umushakashatsi muri uyu Muryango, yagize ati “Habaho abantu bahabwa amasoko harimo akaboko ka ruswa nk’uko bagiye babigaragaza bigatuma abashoramari bakora ibitujuje ubuziranenge. Ikindi ni uburangare cyane mu kugenzura ko amategeko yubahirizwa.”

Yakomeje agira ati “Inzego nka REMA, RDB batanga ibyangombwa n’inzego nk’Uturere, wakwibaza impamvu imishinga yangiza iby’abaturage nyamara abayobozi bahari.”

Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ibidukikiye ushinzwe Ubutaka, amazi n’amashyamba, Kwitonda Philipe avuga ko iyi Minisiteri ikorana n’inzego zitandukanye mu gukumira ingaruka zituruka ku bikorerwa ku bidukikije bikagira ingaruka ku baturage.

Yaboneyeho kandi gusaba abaturage kujya batanga amakuru ku bibazo bahuye na byo kugira ngo bafashwe, ndetse n’ababigizemo uruhare babiryozwe.

Ati “Abaturage bagomba kumenya uburenganzira bwabo niba igikorwa kimubangamiye akegera inzego. Hari amategeko ahanira ruswa, nta muntu uri hejuru y’amategeko, icyo umuturage asabwa ni ukumenyekanisha icyo kibazo.”

Ubu bushakashatsi bwa Transparency International Rwanda, bugaragaza ko ibikorwa byo kubaka imihanda nko gukora imiyoboro y’amazi, biza imbere mu kugira ingaruka ku babituriye, ku buryo abaharenganira bari ku rugero rwa 51,4%.

Denyse M. MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + sixteen =

Previous Post

Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga ari mu basirikare bakoze igikorwa cy’urukundo cyo gutanga amaraso

Next Post

Hagaragajwe amakuru mashya ku ndwara ya Marburg mu Rwanda

Related Posts

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye
AMAHANGA

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

16/01/2026
Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

16/01/2026
Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe amakuru mashya ku ndwara ya Marburg mu Rwanda

Hagaragajwe amakuru mashya ku ndwara ya Marburg mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.