Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe ukuri ku byavugwaga ko Iburasirazuba haza abacengezi hanavugwa ababyihishe inyuma

radiotv10by radiotv10
17/10/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Hagaragajwe ukuri ku byavugwaga ko Iburasirazuba haza abacengezi hanavugwa ababyihishe inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko ibimaze iminsi bivugwa ko hari abacengezi bateza umutekano mucye mu Ntara y’Iburasirazuba, ari ibinyoma, ahubwo ko bikwirakwizwa n’abasanzwe bakora ibikorwa bitemewe ndetse bakanahohotera abaturage ngo babacecekeshe ntibabatangeho amakuru.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru bakorera mu Ntara y’Iburasirazuba.

Ni ikiganiro cyabaye nyuma yuko hamaze iminsi hacicikana amakuru avuga ko muri iyi Ntara y’Iburasirazuba hari abacengezi bitwaza intwaro gakondo bagahohotera abaturage, ndetse bamwe bakavuga ko ari abacengezi.

ACP Boniface Rutikanga yahumurije abatuye muri iyi Ntara y’Iburasirazuba byumwihariko abo mu Karere ka Nyagatare, ababwira ko umutekano uhagaze neza mu Gihugu cyabo.

Yagize ati “Nta mucengezi uhari ku butaka bw’u Rwanda, ahubwo abamaze iminsi bakora urugomo ni abafutuzi baba bagamije gucecekesha ababangamira mu bucuruzi bwabo butemewe.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, yavuze kandi ko ibi bihuha byanazamurwaga n’abakora ibi bikorwa bitemewe by’ubucuruzi bwa magendu no kwinjiza mu Gihugu ibiyobyabwenge, kugira ngo bayobye uburari.

Ati “Biturutse ku mbaraga zashyizwe mu bikorwa byo gufata abacuruza ibiyobyabwenge n’abakora magendu, bahisemo kugenda bakwirakwiza ibihuha by’uko hari umutekano mucye ndetse udutsiko twabo tugahohotera abaturage tugamije kubatera ubwoba ngo badatanga amakuru kuri ubwo bugizi bwa nabi n’ibyaha byambukiranya umupaka bakora.”

Hanafashwe kandi bamwe mu bakora uru rugomo, aho umwe muri bo yiyemereye ko ari mu bagiye gukorera urugomo mu Kagari ka Gitendure mu Murenge wa Tabagwe, ahitwa Nshuri.

Yagize ati “Nshuri twarwaniyeyo tugamije gufata mutekano waho kuko ni umugambanyi watugambaniraga muri forode.”

Uyu muturage yavuze ko iyo bajyaga banava muri Uganda mu bikorwa bitemewe, babaga bitwaje intwaro gakondo, zirimo imihoro, inkota ndetse n’ibyuma bifashisha mu gata ibyatsi bizwi nka kupakupa.

 

Ubujura bw’inka nabwo bwahagurikiwe: Hafashwe abantu 63

Polisi y’u Rwanda ivuga kandi ko mu gushakisha abakora ubujura bw’inka bumaze iminsi buvugwa mu Ntara y’Iburasirazuba, hafashwe abantu 63.

Hanagarujwe Inka 25 hagati y’ukwezi kwa Nyakanga na Nzeri 2024 zari zibwe mu Turere twa Kayonza, Gatsibo na Nyagatare.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yagaragaje ibyiciro by’abakekwaho ubu bujura, barimo abiba inka bazikuye mu rwuri bafatanyije n’abashumba bazo, abazibaga, abazitwara n’abazigura.

Yagize ati “Twashoboye gufata aba bose bakekwa biturutse ku mikoranire myiza n’ubufatanye bukomeye ndetse no guhanahana amakuru n’abaturage.”

ACP Rutikanga yavuze ko hakomeje no gushakishwa abandi bose bari muri ibi bikorwa, akagira inama ababyijanditsemo kubivamo, kuko byahagurukiwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Nigeria: Amarira ni menshi nyuma y’impanuka ikanganye yahitanye abarenga 150

Next Post

Abasore bakurikiranyweho kwica umukobwa bari bajyanye mu kabari bamwizeza kumusengerera dosiye yabo yazamuwe

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Abasore bakurikiranyweho kwica umukobwa bari bajyanye mu kabari bamwizeza kumusengerera dosiye yabo yazamuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.