Monday, May 19, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe ukuri ku byavugwaga ko Iburasirazuba haza abacengezi hanavugwa ababyihishe inyuma

radiotv10by radiotv10
17/10/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Hagaragajwe ukuri ku byavugwaga ko Iburasirazuba haza abacengezi hanavugwa ababyihishe inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko ibimaze iminsi bivugwa ko hari abacengezi bateza umutekano mucye mu Ntara y’Iburasirazuba, ari ibinyoma, ahubwo ko bikwirakwizwa n’abasanzwe bakora ibikorwa bitemewe ndetse bakanahohotera abaturage ngo babacecekeshe ntibabatangeho amakuru.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru bakorera mu Ntara y’Iburasirazuba.

Ni ikiganiro cyabaye nyuma yuko hamaze iminsi hacicikana amakuru avuga ko muri iyi Ntara y’Iburasirazuba hari abacengezi bitwaza intwaro gakondo bagahohotera abaturage, ndetse bamwe bakavuga ko ari abacengezi.

ACP Boniface Rutikanga yahumurije abatuye muri iyi Ntara y’Iburasirazuba byumwihariko abo mu Karere ka Nyagatare, ababwira ko umutekano uhagaze neza mu Gihugu cyabo.

Yagize ati “Nta mucengezi uhari ku butaka bw’u Rwanda, ahubwo abamaze iminsi bakora urugomo ni abafutuzi baba bagamije gucecekesha ababangamira mu bucuruzi bwabo butemewe.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, yavuze kandi ko ibi bihuha byanazamurwaga n’abakora ibi bikorwa bitemewe by’ubucuruzi bwa magendu no kwinjiza mu Gihugu ibiyobyabwenge, kugira ngo bayobye uburari.

Ati “Biturutse ku mbaraga zashyizwe mu bikorwa byo gufata abacuruza ibiyobyabwenge n’abakora magendu, bahisemo kugenda bakwirakwiza ibihuha by’uko hari umutekano mucye ndetse udutsiko twabo tugahohotera abaturage tugamije kubatera ubwoba ngo badatanga amakuru kuri ubwo bugizi bwa nabi n’ibyaha byambukiranya umupaka bakora.”

Hanafashwe kandi bamwe mu bakora uru rugomo, aho umwe muri bo yiyemereye ko ari mu bagiye gukorera urugomo mu Kagari ka Gitendure mu Murenge wa Tabagwe, ahitwa Nshuri.

Yagize ati “Nshuri twarwaniyeyo tugamije gufata mutekano waho kuko ni umugambanyi watugambaniraga muri forode.”

Uyu muturage yavuze ko iyo bajyaga banava muri Uganda mu bikorwa bitemewe, babaga bitwaje intwaro gakondo, zirimo imihoro, inkota ndetse n’ibyuma bifashisha mu gata ibyatsi bizwi nka kupakupa.

 

Ubujura bw’inka nabwo bwahagurikiwe: Hafashwe abantu 63

Polisi y’u Rwanda ivuga kandi ko mu gushakisha abakora ubujura bw’inka bumaze iminsi buvugwa mu Ntara y’Iburasirazuba, hafashwe abantu 63.

Hanagarujwe Inka 25 hagati y’ukwezi kwa Nyakanga na Nzeri 2024 zari zibwe mu Turere twa Kayonza, Gatsibo na Nyagatare.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yagaragaje ibyiciro by’abakekwaho ubu bujura, barimo abiba inka bazikuye mu rwuri bafatanyije n’abashumba bazo, abazibaga, abazitwara n’abazigura.

Yagize ati “Twashoboye gufata aba bose bakekwa biturutse ku mikoranire myiza n’ubufatanye bukomeye ndetse no guhanahana amakuru n’abaturage.”

ACP Rutikanga yavuze ko hakomeje no gushakishwa abandi bose bari muri ibi bikorwa, akagira inama ababyijanditsemo kubivamo, kuko byahagurukiwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − three =

Previous Post

Nigeria: Amarira ni menshi nyuma y’impanuka ikanganye yahitanye abarenga 150

Next Post

Abasore bakurikiranyweho kwica umukobwa bari bajyanye mu kabari bamwizeza kumusengerera dosiye yabo yazamuwe

Related Posts

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

by radiotv10
19/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yasuye ibikoresho biri kumurikirwa mu Imurika ry’Inama Mpuzamahanga ku Mutekano muri Afurika (ISCA) birimo intwaro zigezweho za...

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

by radiotv10
19/05/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano byo ku Mugabane wa Afurika, hagiye hahangwa amaso ku mahanga,...

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

by radiotv10
19/05/2025
0

Uwasabye Polisi y’u Rwanda ko yazaha amafaranga Umupolisi yo kugura Fanta nk’agashimwe k’imikorere myiza, yamusubije ko atari ngomwa, kuko ishimwe...

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

by radiotv10
19/05/2025
0

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda 796 babaga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’umunsi umwe rwakiriye abandi bakabakaba 400....

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

by radiotv10
19/05/2025
0

Amasengeso abera ahazwi nko kwa Yezu Nyirimpuwe mu Karere ka Ruhango, yahagaritswe by’agateganyo n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) ruvuga ko iki...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho
MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

by radiotv10
19/05/2025
0

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

19/05/2025
Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

19/05/2025
Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

19/05/2025
Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

19/05/2025
U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

19/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Abasore bakurikiranyweho kwica umukobwa bari bajyanye mu kabari bamwizeza kumusengerera dosiye yabo yazamuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.