Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hagaragaye amashusho y’ubugome ndengakamere FARDC iri gukorera Abanyekongo b’Abatutsi

radiotv10by radiotv10
14/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
Hagaragaye amashusho y’ubugome ndengakamere FARDC iri gukorera Abanyekongo b’Abatutsi
Share on FacebookShare on Twitter

Hakomeje kugaragara ibikorwa by’ihohoterwa bikorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, aho ubu hagaragaye umusirikare wa FARDC akubita umwe muri aba banyekongo, akamusaba kubyimbisha itama, ubundi akamukubita urushyi yihanukiriye.

Ni amashusho ari kugarukwaho cyane y’umusirikare wa FARDC wambaye n’impuzankano ya gisirikare, aho aba akubita abaturage b’abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Muri aya mashusho, uyu musirikare afata umwe muri aba baturage akamusaba kubyimbisha itama rye kugira ngo amukubite, akabikora, undi akamukubita urushyi ruremereye, rukirangurura.

Bagenzi b’uyu muturage na bo baba bicaye hasi bifashe ku itama, bagaragaza agahinda kenshi k’iri hohoterwa baba bari gukorerwa mu Gihugu cyabo, bazizwa uko bavutse.

Ni igikorwa cyamaganywe n’abantu batandukanye, barimo n’Abanyarwanda, aho uwitwa Francine Havugimana yagize ati “Ubugome ndengakamere, azira ubwoko atahisemo cyangwa ngo yihe.”

Noel Kambanda na we yagize ati “Ni gute Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bahanwa bene aka kageni bazira ururimi rwabo.”

Young Congolese Kinyarwanda Speaker being punished punished for his language pic.twitter.com/DiSYjghTZM

— Noel Kambanda (@NoelKambanda) December 12, 2022

Umusesenguzi mu bya Politiki akaba n’umushakashatsi ku bya Jenoside, Tom Ndahiro na we yagize ati “Ibi birenze kuba bibi. Ni Jenoside.”

Aya mashusho ashyizwe hanze nyuma y’ayandi aherutse gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza ibikorwa by’ihohoterwa rikorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda b’Abatutsi.

Hari amashusho amwe yagaragazaga abo mu nzego z’umutekano za DRC zafashe umwe muri aba banyekongo, zamwambuye ubusa buriburi zamwicaje kuri moto, ziri kumukubita.

Nanone kandi hagaragaye andi mashusho y’uwari gukubitwa inkoni nini ndetse banamutwitse, byavuzwe ko ari umutwe wa FDLR wari uri kubikora.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Xxxxxxx says:
    3 years ago

    Nonese ubu nk,izimbwa z,abasirikare ba Congo zirikugira ibi abantu ntasoni? Nyamara Nihafatwe imyanzuro dutabare ikiremwamuntu. Umuntu ni umuntu kandi n,inkundi. ONE Africa ONE Language.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 19 =

Previous Post

Hafashwe icyemezo mu rubanza ruvugwamo miliyari 5Frw rw’abakozi ba RBC

Next Post

Abajenerali baganiriye na M23 bagiye barindiwe umutekano bihambaye, barimo n’uwa RDF (AMAFOTO)

Related Posts

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abajenerali baganiriye na M23 bagiye barindiwe umutekano bihambaye, barimo n’uwa RDF (AMAFOTO)

Abajenerali baganiriye na M23 bagiye barindiwe umutekano bihambaye, barimo n’uwa RDF (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.