Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hagaragaye igishimangira ko amakipe akomeye i Burayi atazahurira mu itsinda rimwe mu Gikombe gitegerejwe

radiotv10by radiotv10
05/12/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hagaragaye igishimangira ko amakipe akomeye i Burayi atazahurira mu itsinda rimwe mu Gikombe gitegerejwe
Share on FacebookShare on Twitter

Hagaragajwe uko amakipe ari mu dukangara tuza kwifashishwa muri tombola y’uko amakipe azahura mu Gikombe cy’Isi cy’ama Club (FIFA Club World Cup 2025), aho amakipe akomeye i Burayi nka Paris Saint Germain, Manchester City na Real Madrid ari mu gakangara kamwe, bituma adashobora gutombolana ngo ahurire mu itsinda rimwe.

Iki Gikombe cy’Isi cyashyizweho muri 2000, gusa nticyahita gitangira, dore ko cyaje gukinwa bwa mbere mu mwaka wa 2005, aho Real Madrid ari yo kipe imaze kuryegukana kenshi, inshuro eshanu, mu gihe Manchester City ari yo ifite igikombe giheruka.

Nk’uko byatangajwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku isi ‘FIFA’ ku ya 16 Ukuboza 2022, iri rushanwa rizajya ryitabirwa n’amakipe 32 kuva muri Kamena 2025, nyamara ryari risanzwe ryitabirwa n’amakipe atandatu gusa.

Kuri uyu wa Kane tariki 05 Ukuboza 2024, saa mbiri z’ijoro ku isaha y’i Kigali, ni bwo hateganyijwe tombola y’uko amakipe azaba agabanyije mu matsinda muri iri rushanwa ry’igikombe cy’Isi cy’ama Club.

Amakipe yose uko ari 32 akaba agabanyije mu dukangara tune, aho nta kipe yatombora iyo biri mu gakangara kamwe.

Amakipe nka Paris Saint Germain, Manchester City, Real Madrid na Bayern Munich (yo ku Mugabane w’i Burayi), ndetse n’andi yo muri Amerika y’Epfo nka Flamengo, Palmeiras na Fluminense (yo muri Brazil) ndetse na River Plate yo muri Argentine, yose ari mu gakangara ka mbere.

Agakangara ka kabiri kagizwe n’amakipe yo ku Mugabane w’i Burayi gusa, ari yo Chelsea yo mu Bwongereza, Atletico Madrid yo muri Espagne, Borussia Dortmund yo mu Budage, Inter Milan na Juventus zo mu Butaliyani, FC Porto na Benfica zo muri Portugal, ndetse na Salzburg yo muri Autriche.

Agakangara ka gatatu ko kagizwe n’amakipe nka Al Hilal yo muri Arabie Saudite, Ulsan Hyundai yo mu Buyapani, Al Ahly yo mu Misiri, Raja Casablanca yo muri Maroc, FC Leon na Monterrey zo muri Méxique, Botafogo yo muri Brazil na Boca Juniors yo muri Argentine.

Agakangara ka kane ko karimo amakipe nka Urawa Reds Diamond yo mu Buyapani, Al Ain yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Espérance yo muri Tunisia, Mamelodi Sundowns yo muri Afurika y’epfo, Pachuca yo muri Méxique, Auckland City yo muri Nouvelle Zélande, Inter Miami, ikinamo Kabuhariwe Lionel Messi, na Seattle Sounders zo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Ibyo Tshisekedi yavugiye imbere ya Perezida Biden wa America

Next Post

Amb.Nduhungirehe n’ukuriye Guverinoma y’u Bwongereza na rurangiranwa muri ruhago barebye umukino wakurikiwe cyane

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amb.Nduhungirehe n’ukuriye Guverinoma y’u Bwongereza na rurangiranwa muri ruhago barebye umukino wakurikiwe cyane

Amb.Nduhungirehe n’ukuriye Guverinoma y’u Bwongereza na rurangiranwa muri ruhago barebye umukino wakurikiwe cyane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.