Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hagaragaye igishimangira ko amakipe akomeye i Burayi atazahurira mu itsinda rimwe mu Gikombe gitegerejwe

radiotv10by radiotv10
05/12/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hagaragaye igishimangira ko amakipe akomeye i Burayi atazahurira mu itsinda rimwe mu Gikombe gitegerejwe
Share on FacebookShare on Twitter

Hagaragajwe uko amakipe ari mu dukangara tuza kwifashishwa muri tombola y’uko amakipe azahura mu Gikombe cy’Isi cy’ama Club (FIFA Club World Cup 2025), aho amakipe akomeye i Burayi nka Paris Saint Germain, Manchester City na Real Madrid ari mu gakangara kamwe, bituma adashobora gutombolana ngo ahurire mu itsinda rimwe.

Iki Gikombe cy’Isi cyashyizweho muri 2000, gusa nticyahita gitangira, dore ko cyaje gukinwa bwa mbere mu mwaka wa 2005, aho Real Madrid ari yo kipe imaze kuryegukana kenshi, inshuro eshanu, mu gihe Manchester City ari yo ifite igikombe giheruka.

Nk’uko byatangajwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku isi ‘FIFA’ ku ya 16 Ukuboza 2022, iri rushanwa rizajya ryitabirwa n’amakipe 32 kuva muri Kamena 2025, nyamara ryari risanzwe ryitabirwa n’amakipe atandatu gusa.

Kuri uyu wa Kane tariki 05 Ukuboza 2024, saa mbiri z’ijoro ku isaha y’i Kigali, ni bwo hateganyijwe tombola y’uko amakipe azaba agabanyije mu matsinda muri iri rushanwa ry’igikombe cy’Isi cy’ama Club.

Amakipe yose uko ari 32 akaba agabanyije mu dukangara tune, aho nta kipe yatombora iyo biri mu gakangara kamwe.

Amakipe nka Paris Saint Germain, Manchester City, Real Madrid na Bayern Munich (yo ku Mugabane w’i Burayi), ndetse n’andi yo muri Amerika y’Epfo nka Flamengo, Palmeiras na Fluminense (yo muri Brazil) ndetse na River Plate yo muri Argentine, yose ari mu gakangara ka mbere.

Agakangara ka kabiri kagizwe n’amakipe yo ku Mugabane w’i Burayi gusa, ari yo Chelsea yo mu Bwongereza, Atletico Madrid yo muri Espagne, Borussia Dortmund yo mu Budage, Inter Milan na Juventus zo mu Butaliyani, FC Porto na Benfica zo muri Portugal, ndetse na Salzburg yo muri Autriche.

Agakangara ka gatatu ko kagizwe n’amakipe nka Al Hilal yo muri Arabie Saudite, Ulsan Hyundai yo mu Buyapani, Al Ahly yo mu Misiri, Raja Casablanca yo muri Maroc, FC Leon na Monterrey zo muri Méxique, Botafogo yo muri Brazil na Boca Juniors yo muri Argentine.

Agakangara ka kane ko karimo amakipe nka Urawa Reds Diamond yo mu Buyapani, Al Ain yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Espérance yo muri Tunisia, Mamelodi Sundowns yo muri Afurika y’epfo, Pachuca yo muri Méxique, Auckland City yo muri Nouvelle Zélande, Inter Miami, ikinamo Kabuhariwe Lionel Messi, na Seattle Sounders zo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + eighteen =

Previous Post

Ibyo Tshisekedi yavugiye imbere ya Perezida Biden wa America

Next Post

Amb.Nduhungirehe n’ukuriye Guverinoma y’u Bwongereza na rurangiranwa muri ruhago barebye umukino wakurikiwe cyane

Related Posts

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
09/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amb.Nduhungirehe n’ukuriye Guverinoma y’u Bwongereza na rurangiranwa muri ruhago barebye umukino wakurikiwe cyane

Amb.Nduhungirehe n’ukuriye Guverinoma y’u Bwongereza na rurangiranwa muri ruhago barebye umukino wakurikiwe cyane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.