Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragaye Umudugudu wahoze utuyemo abantu ubu utakirangwamo n’umwe kubera impamvu itangaje

radiotv10by radiotv10
14/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragaye Umudugudu wahoze utuyemo abantu ubu utakirangwamo n’umwe kubera impamvu itangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu Mudugudu wo mu Kagari ka Rubugu mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi, wahoze utuyemo abaturage ariko ubu nta rugo na rumwe rukiharangwa, kubera impamvu yasobanuwe n’abari bahatuye bavuga ko ingaruka y’icyatumye bahava bayibonye bamaze kuhava.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wasuye uyu Muduguru wa Nyange muri aka Kagari ka Rubugu, yasanze ari imisozi ihinzeho imyaka, indi yambaye ibisambu.

Bamwe mu baturage bari bahatuye, bavuga ko bahimujwe no kuba ari mu manegeka ariko ko ubwo bari bahatuye batabibonaga, bakaba barabibonye nyuma yuko bahavuye.

Nyirandibwami Antoinette yagize ati “Mbibonye ubu ubwo hatengukiye, naho mbere ntabwo hari higeze hatenguka.”

Aba baturage bavuga ko bimutse muri uyu Mudugudu bakawuvamo bose nyuma yuko bakanguriwe n’inzego zibabwira ko hashoboraga gushyira ubuzima bwabo mu kaga.

Rushinga Ildephonse yagize ati “Bakimara kwimura abantu, amaninda [amasooko y’amazi] yarabonetse, imisozi iratenguka.”

Aba baturage bavuga ko no mu gihe bari bagituye muri uyu Mudugudu, na bo bagirwagaho ingaruka n’aya masooko y’amazi yagiye avuka ariko bakumva batahava kuko bumvaga ari kuri gakondo yabo.

Nyirabititaweho Euphrasie ati “Imvura yaragwaga, amazi agapfumukira mu nzu, inzu igahengama. Ubwo bisaba ko twimuka tukahava. Nari ntuye hejuru y’igitengu ku buryo nahavuye n’inzu yahengamywe, igitanda naryamagaho kikajya kigenda akaguru kamwe. Nari kuhagwa rwose.”

Bashimira ubuyobozi bwabakanguriye kuhava kuko bakihava na bo biboneye ko iyo bahaguma, bashoboraga kuhasiga ubuzima, kuko hahise haza inkangu zagiye zimanura imisozi.

Leta y’u Rwanda yakunze gukangurira abaturage batuye mu bice bishobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga kubyimukamo, ndetse bamwe mu batishoboye bagafashwa, bakubakirwa imidugudu yo gutuzwamo.

Ni na gahunda yagize uruhare mu kwihutisha kugeza ku baturage ibikorwa remezo birimo umuriro w’amashanyarazi ndetse n’ibindi bijyanye n’iterambere ryabo.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + eighteen =

Previous Post

Ikirunga cyo muri Congo cyagaragaje ibimenyetso bikangaranye byatumye Abanyekongo beregeye u Rwanda baburirwa

Next Post

Amakuru y’ibanga yavuye mu butasi bw’u Rwanda yahishuye byinshi by’imikoranire ya Congo na FDLR

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru y’ibanga yavuye mu butasi bw’u Rwanda yahishuye byinshi by’imikoranire ya Congo na FDLR

Amakuru y’ibanga yavuye mu butasi bw’u Rwanda yahishuye byinshi by’imikoranire ya Congo na FDLR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.