Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragaye Umudugudu wahoze utuyemo abantu ubu utakirangwamo n’umwe kubera impamvu itangaje

radiotv10by radiotv10
14/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragaye Umudugudu wahoze utuyemo abantu ubu utakirangwamo n’umwe kubera impamvu itangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu Mudugudu wo mu Kagari ka Rubugu mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi, wahoze utuyemo abaturage ariko ubu nta rugo na rumwe rukiharangwa, kubera impamvu yasobanuwe n’abari bahatuye bavuga ko ingaruka y’icyatumye bahava bayibonye bamaze kuhava.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wasuye uyu Muduguru wa Nyange muri aka Kagari ka Rubugu, yasanze ari imisozi ihinzeho imyaka, indi yambaye ibisambu.

Bamwe mu baturage bari bahatuye, bavuga ko bahimujwe no kuba ari mu manegeka ariko ko ubwo bari bahatuye batabibonaga, bakaba barabibonye nyuma yuko bahavuye.

Nyirandibwami Antoinette yagize ati “Mbibonye ubu ubwo hatengukiye, naho mbere ntabwo hari higeze hatenguka.”

Aba baturage bavuga ko bimutse muri uyu Mudugudu bakawuvamo bose nyuma yuko bakanguriwe n’inzego zibabwira ko hashoboraga gushyira ubuzima bwabo mu kaga.

Rushinga Ildephonse yagize ati “Bakimara kwimura abantu, amaninda [amasooko y’amazi] yarabonetse, imisozi iratenguka.”

Aba baturage bavuga ko no mu gihe bari bagituye muri uyu Mudugudu, na bo bagirwagaho ingaruka n’aya masooko y’amazi yagiye avuka ariko bakumva batahava kuko bumvaga ari kuri gakondo yabo.

Nyirabititaweho Euphrasie ati “Imvura yaragwaga, amazi agapfumukira mu nzu, inzu igahengama. Ubwo bisaba ko twimuka tukahava. Nari ntuye hejuru y’igitengu ku buryo nahavuye n’inzu yahengamywe, igitanda naryamagaho kikajya kigenda akaguru kamwe. Nari kuhagwa rwose.”

Bashimira ubuyobozi bwabakanguriye kuhava kuko bakihava na bo biboneye ko iyo bahaguma, bashoboraga kuhasiga ubuzima, kuko hahise haza inkangu zagiye zimanura imisozi.

Leta y’u Rwanda yakunze gukangurira abaturage batuye mu bice bishobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga kubyimukamo, ndetse bamwe mu batishoboye bagafashwa, bakubakirwa imidugudu yo gutuzwamo.

Ni na gahunda yagize uruhare mu kwihutisha kugeza ku baturage ibikorwa remezo birimo umuriro w’amashanyarazi ndetse n’ibindi bijyanye n’iterambere ryabo.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 19 =

Previous Post

Ikirunga cyo muri Congo cyagaragaje ibimenyetso bikangaranye byatumye Abanyekongo beregeye u Rwanda baburirwa

Next Post

Amakuru y’ibanga yavuye mu butasi bw’u Rwanda yahishuye byinshi by’imikoranire ya Congo na FDLR

Related Posts

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

How to reset your life after the holidays without pressure

How to reset your life after the holidays without pressure

by radiotv10
05/01/2026
0

The holidays are beautiful. Late nights, good food, family time, travel, laughter, rest and a break from alarms and deadlines....

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

IZIHERUKA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga
MU RWANDA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru y’ibanga yavuye mu butasi bw’u Rwanda yahishuye byinshi by’imikoranire ya Congo na FDLR

Amakuru y’ibanga yavuye mu butasi bw’u Rwanda yahishuye byinshi by’imikoranire ya Congo na FDLR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.