Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragaye Umudugudu wahoze utuyemo abantu ubu utakirangwamo n’umwe kubera impamvu itangaje

radiotv10by radiotv10
14/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragaye Umudugudu wahoze utuyemo abantu ubu utakirangwamo n’umwe kubera impamvu itangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu Mudugudu wo mu Kagari ka Rubugu mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi, wahoze utuyemo abaturage ariko ubu nta rugo na rumwe rukiharangwa, kubera impamvu yasobanuwe n’abari bahatuye bavuga ko ingaruka y’icyatumye bahava bayibonye bamaze kuhava.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wasuye uyu Muduguru wa Nyange muri aka Kagari ka Rubugu, yasanze ari imisozi ihinzeho imyaka, indi yambaye ibisambu.

Bamwe mu baturage bari bahatuye, bavuga ko bahimujwe no kuba ari mu manegeka ariko ko ubwo bari bahatuye batabibonaga, bakaba barabibonye nyuma yuko bahavuye.

Nyirandibwami Antoinette yagize ati “Mbibonye ubu ubwo hatengukiye, naho mbere ntabwo hari higeze hatenguka.”

Aba baturage bavuga ko bimutse muri uyu Mudugudu bakawuvamo bose nyuma yuko bakanguriwe n’inzego zibabwira ko hashoboraga gushyira ubuzima bwabo mu kaga.

Rushinga Ildephonse yagize ati “Bakimara kwimura abantu, amaninda [amasooko y’amazi] yarabonetse, imisozi iratenguka.”

Aba baturage bavuga ko no mu gihe bari bagituye muri uyu Mudugudu, na bo bagirwagaho ingaruka n’aya masooko y’amazi yagiye avuka ariko bakumva batahava kuko bumvaga ari kuri gakondo yabo.

Nyirabititaweho Euphrasie ati “Imvura yaragwaga, amazi agapfumukira mu nzu, inzu igahengama. Ubwo bisaba ko twimuka tukahava. Nari ntuye hejuru y’igitengu ku buryo nahavuye n’inzu yahengamywe, igitanda naryamagaho kikajya kigenda akaguru kamwe. Nari kuhagwa rwose.”

Bashimira ubuyobozi bwabakanguriye kuhava kuko bakihava na bo biboneye ko iyo bahaguma, bashoboraga kuhasiga ubuzima, kuko hahise haza inkangu zagiye zimanura imisozi.

Leta y’u Rwanda yakunze gukangurira abaturage batuye mu bice bishobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga kubyimukamo, ndetse bamwe mu batishoboye bagafashwa, bakubakirwa imidugudu yo gutuzwamo.

Ni na gahunda yagize uruhare mu kwihutisha kugeza ku baturage ibikorwa remezo birimo umuriro w’amashanyarazi ndetse n’ibindi bijyanye n’iterambere ryabo.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 8 =

Previous Post

Ikirunga cyo muri Congo cyagaragaje ibimenyetso bikangaranye byatumye Abanyekongo beregeye u Rwanda baburirwa

Next Post

Amakuru y’ibanga yavuye mu butasi bw’u Rwanda yahishuye byinshi by’imikoranire ya Congo na FDLR

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru y’ibanga yavuye mu butasi bw’u Rwanda yahishuye byinshi by’imikoranire ya Congo na FDLR

Amakuru y’ibanga yavuye mu butasi bw’u Rwanda yahishuye byinshi by’imikoranire ya Congo na FDLR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.