• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Wednesday, June 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hagati ya America na Iran byongeye gukomera

radiotv10by radiotv10
03/06/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hagati ya America na Iran byongeye gukomera
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America cyatangaje ko cyagabye ibitero cyise ibyo kwirwanaho ku bikorwa bya Iran mu ijoro ryakeye, ndetse kikaba cyarashe kikamanura misile za balisitike n’indege zitagira abapilote Iran yari yohereje zigana ku mato no ku bihugu byo mu Karere ka Golfe.

Ubuyobozi bw’Ingabo za Amerika bukorera mu Burasirazuba bwo Hagati (CENTCOM), bwavuze ko ibitero byagabwe ku Kirwa cya Qeshm giherereye mu Muyoboro wa Hormuz, byari igisubizo ku bitero Iran yari yagerageje kugaba ku nyungu za Amerika hirya no hino mu Burasirazuba bwo Hagati.

Ku ruhande rwayo, Iran yatangaje ko yagabye ibitero ku birindiro bya Amerika ndetse na kajugujugu zayo biri mu gihugu cyo muri ako karere, ikoresheje misile n’indege zitagira abapilote mu rwego rwo kwihorera.

Amerika yavuze ko Iran yarashe misile ebyiri zigana muri Kuwait n’izindi eshatu zigana muri Bahrain, ariko ko ngo zose zashwanyaguritse cyangwa zikaburizwamo mbere yo kugera ku ntego.

Gusa Nyuma yuko amerika Itangaje ibyo, igisirikare cya Kuwait cyatangaje ko indege zitagira abapilote za Iran zagabye igitero ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kuwait, kirasenyuka bikomeye, ndetse gikomeretsa abantu benshi.

Ndetse Kubera icyo gitero, ibikorwa by’ingendo z’indege byahise bihagarikwa mu gitondo cyo ku wa Gatatu.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ingabo ya Kuwait, Brigadier General Saud Abdulaziz Al-Otaibi, yamaganye icyo gitero, agifata nk’ubugizi bwa nabi bwa Iran. Yavuze kandi ko abakomeretse bahise bahabwa ubuvuzi bukenewe.

Ibyo byabaye mugihe Ingabo za Iran (IRGC) ziheruka gushyira hanze itangazo, riburira Amerika ko guhungabanya umutekano w’Umuyoboro wa Hormuz bizagira ingaruka zikomeye ku ngabo za Amerika n’inyungu zayo muri aka karere.

Ibi bitero bibaye mu gihe ibiganiro byo guhagarika imirwano hagati ya Amerika na Iran bikomeje kugenda biguru ntege, nyuma y’uko ibiganiro byari bigamije kurangiza intambara imaze amezi menshi bitagize umusaruro mu mpera z’icyumweru gishize.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + six =

Previous Post

Ubutumwa APR yageneye abakinnyi bayo yemeje ku mugaragaro yo batandukanye

Next Post

Uko i Kinshasa muri Congo haramutse ku munsi w’imyigaragambyo idasanzwe yiswe ‘Ville Morte’

Related Posts

Trump yemeje ko yise Netanyahu izina ryumvikana nk’igitutsi anavuga icyabimuteye

Trump yemeje ko yise Netanyahu izina ryumvikana nk’igitutsi anavuga icyabimuteye

by radiotv10
03/06/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yemeje ko yise ijambo ryumvikana nk’igitutsi Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin...

Abasirikare babiri bo hejuru muri M23 na FDLR bafatiwe ibihano na America

Abasirikare babiri bo hejuru muri M23 na FDLR bafatiwe ibihano na America

by radiotv10
03/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zafatiye ibihano John Imani Nzenze ukuriye ubutasi bwa gisirikare muri M23, na Gustave Kubwayo ubukuriye...

Uko i Kinshasa muri Congo haramutse ku munsi w’imyigaragambyo idasanzwe yiswe ‘Ville Morte’

Uko i Kinshasa muri Congo haramutse ku munsi w’imyigaragambyo idasanzwe yiswe ‘Ville Morte’

by radiotv10
03/06/2026
0

I Kinshasa mu Murwa Mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, haramutse umwuka w'igabanuka rikabije ry'urujya n'uruza ku munsi w'imyigaragambyo...

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Next Post
Uko i Kinshasa muri Congo haramutse ku munsi w’imyigaragambyo idasanzwe yiswe ‘Ville Morte’

Uko i Kinshasa muri Congo haramutse ku munsi w’imyigaragambyo idasanzwe yiswe ‘Ville Morte’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Trump yemeje ko yise Netanyahu izina ryumvikana nk’igitutsi anavuga icyabimuteye

Abaturiye akabari kitiriwe CHOGM ko muri Kigali bavuze uruhuri rw’ibyo bakanenga

Hatanzwe itegeko ko hacuruzwa Litiro miliyoni 2 z’ibikomoka kuri Peteroli zimaze igihe mu bubiko mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.