Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagiye gutangazwa icyemezo cya nyuma ku iherezo ry’icyorezo cya Marburg mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
19/12/2024
in MU RWANDA
0
Hagiye gutangazwa icyemezo cya nyuma ku iherezo ry’icyorezo cya Marburg mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rugiye gutangaza ko icyorezo cya Marburg giherutse kugarara muri iki Gihugu, cyarangiye burundu nyuma yuko hashize iminsi yateganyijwe yo kuba nta murwayi mushya ugaragara hanasezerewe uwa nyuma mu Bitaro.

Ni icyemezo kizatangazwa kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Ukuboza 2024, nk’uko tubikesha ikinyamakuru The New Times.

Irangira ry’iki cyorezo mu Gihugu kiba cyagaragayemo, ryemezwa nyuma y’iminsi 42 hatagaragara umurwayi mushya wacyanduye, iminsi y’ubwikube bwa kabiri, bw’igihe virusi itera iyi ndwara ishobora gushirira mu muntu wayikirutse, aho ishobora kumara iminsi 21.

Kuva tariki 31 Ukwakira 2024, Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda, ntiratangaza umurwayi mushya w’iyi ndwara ya Marburg.

Imibare ya nyuma iheruka gutangazwa n’iyi Minisiteri kandi, igaragaza ko kuva tariki 29 Ukwakira kugeza ku ya 06 Ukuboza, hari hashize iminsi 35 nta murwayi mushya ugaragaye ndetse hakaba hari hamaze gushira iminsi 29 umurwayi wa nyuma asezerewe mu bitaro.

Kugeza ubu hashize iminsi 47 nta murwayi mushya wa Marburg ugaragara, bikaba iminsi 41 umurwayi wa nyuma asezerewe mu Bitaro.

U Rwanda rwatangaje iyi ndwara ya Marburg tariki 27 Nzeri, aho yahitanye abantu 15, aho umuntu wa nyuma wahitanywe na yo, yitabye Imana tariki 15 Ukwakira 2024.

U Rwanda ni cyo Gihugu cyagaragayemo igipimo cyo hasi cyane ku mpfu zatewe n’iyi ndwara ugereranyije n’abayanduye, aho cyahitanye ababarirwa kuri 22,7% mu gihe igipimo iyi ndwara yica ku gipimo cya 88%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + twenty =

Previous Post

Amakuru avugwa kuri kapiteni wa Rayon ku kuba ashobora kuyisohoka n’aho yakwerecyeza

Next Post

Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yatsinze iyo mu Burundi mu irushanwa ribera i Kigali

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
1

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yatsinze iyo mu Burundi mu irushanwa ribera i Kigali

Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yatsinze iyo mu Burundi mu irushanwa ribera i Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.