• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagiye gutangazwa icyemezo cya nyuma ku iherezo ry’icyorezo cya Marburg mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
19/12/2024
in MU RWANDA
0
Hagiye gutangazwa icyemezo cya nyuma ku iherezo ry’icyorezo cya Marburg mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rugiye gutangaza ko icyorezo cya Marburg giherutse kugarara muri iki Gihugu, cyarangiye burundu nyuma yuko hashize iminsi yateganyijwe yo kuba nta murwayi mushya ugaragara hanasezerewe uwa nyuma mu Bitaro.

Ni icyemezo kizatangazwa kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Ukuboza 2024, nk’uko tubikesha ikinyamakuru The New Times.

Irangira ry’iki cyorezo mu Gihugu kiba cyagaragayemo, ryemezwa nyuma y’iminsi 42 hatagaragara umurwayi mushya wacyanduye, iminsi y’ubwikube bwa kabiri, bw’igihe virusi itera iyi ndwara ishobora gushirira mu muntu wayikirutse, aho ishobora kumara iminsi 21.

Kuva tariki 31 Ukwakira 2024, Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda, ntiratangaza umurwayi mushya w’iyi ndwara ya Marburg.

Imibare ya nyuma iheruka gutangazwa n’iyi Minisiteri kandi, igaragaza ko kuva tariki 29 Ukwakira kugeza ku ya 06 Ukuboza, hari hashize iminsi 35 nta murwayi mushya ugaragaye ndetse hakaba hari hamaze gushira iminsi 29 umurwayi wa nyuma asezerewe mu bitaro.

Kugeza ubu hashize iminsi 47 nta murwayi mushya wa Marburg ugaragara, bikaba iminsi 41 umurwayi wa nyuma asezerewe mu Bitaro.

U Rwanda rwatangaje iyi ndwara ya Marburg tariki 27 Nzeri, aho yahitanye abantu 15, aho umuntu wa nyuma wahitanywe na yo, yitabye Imana tariki 15 Ukwakira 2024.

U Rwanda ni cyo Gihugu cyagaragayemo igipimo cyo hasi cyane ku mpfu zatewe n’iyi ndwara ugereranyije n’abayanduye, aho cyahitanye ababarirwa kuri 22,7% mu gihe igipimo iyi ndwara yica ku gipimo cya 88%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + six =

Previous Post

Amakuru avugwa kuri kapiteni wa Rayon ku kuba ashobora kuyisohoka n’aho yakwerecyeza

Next Post

Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yatsinze iyo mu Burundi mu irushanwa ribera i Kigali

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yatsinze iyo mu Burundi mu irushanwa ribera i Kigali

Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yatsinze iyo mu Burundi mu irushanwa ribera i Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.