Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko iki Gihugu kigiye gutanga pasiporo zigaragaramo ifoto ya Perezida Donald Trump, mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 250 y’Ubwigenge bw’iki Gihugu.
Byatangajwe n’Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Tommy Pigott kuri uyu wa Kabiri ko “iyi Pasiporo izatangra gutangwa igihe izaba yabonetse ku Kigo cya Pasiporo cy’i Washington.” Ikazajya ihabwa abantu bagiye kongeresha pasiporo zabo, cyangwa abaka inshya.
Ati “Naho abazajya bakoresha uburyo bwo kuri Internet cyangwa agandi hatangirwa Pasiporo bazakomeza gukoresha izisanzwe.”
Gukoresha ifoto ya Perezida Trump, biri mu rwego rwo kwizihiza yubile y’imyaka 250 Leta Zunze Ubumwe za America zimaze zibonye ubwigenge, nk’ibirori binateganyijwe muri iki Gihugu.
Hakurikijwe ishusho y’iyi pasiporo, ifoto ya Trump n’umukono we uri mu ibara rya zahabu, bizajya bigaragara imbere ku gifuniko cyayo.

Tommy Pigott yagize ati “Mu gihe Leta Zunze Ubumwe za America zizihiza isabukuru y’imyaka 250 America imaze yigenga, muri Nyakanga Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga iritegura gusohora umubare muto wa Pasiporo za America zagenewe kuzirikana iki gihe cy’amateka.”
Yakomeje agira ati “Izi pasiporo zizaba zirimo ibihangano byihariye n’amashusho meza mu gihe zizakomeza kubungabunga umutekano wazo bituma pasiporo ya America iba inyandiko zitekanye cyane ku isi.”
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga izatangira gusohora izi pasiporo muri iki gihe cy’impeshyi. Ntibiramenyekana umubare w’izo pasiporo zizatangwa.
Dukurikije ifoto y’inzira, inyuma hazagaragara ifoto yo mu gishushanyo mbonera cya “The Declaration of Independence” cyakozwe na John Trumbull.
Ni mu gihe kuri Pasiporo zikoreshwa kugeza ubu, imbere ku gifuniko cy’imbere hagaragara ifoto ya Percy Moran yashushanyijwe na Francis Scott Key.
Mu kwezi gushize Kandi, Komisiyo y’Ubugeni ya Trump yatoranyije ndetse inemeza ishusho y’igiceri cyo kwizihiza isabukuru y’imyaka 250 ya Leta Zunze Ubumwe za America irimo ishusho ya Perezida.

RADIOTV10










