Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagiye guterwa indi ntambwe ikomeye mu buvuzi bwa Cancer mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
06/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagiye guterwa indi ntambwe ikomeye mu buvuzi bwa Cancer mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ibitaro bitanu bigiye kwiyongera ku bindi bitatu byatangaga serivisi z’ubuvuzi bwa Cancer (chemotherapy) mu Rwanda, bizatuma abafite ubu burwayi bavurirwa mu bice batuyemo batiriwe bakora ingendo bajya ku byari bisanzwe bitanga ubu buvuzi.

Ubusanzwe Ibitaro byatangaga izi serivisi, birimo ibya Butaro, Ibitaro Bikuru bya Gisirikare ndetse n’Ibitaro byitiriwe Umwami Fayisali.

Dr Fredrick Kateera, Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Umuryango utegamiye kuri Leta wa ‘Partners in Health’ usanzwe ufasha Leta y’u Rwanda mu buvuzi bwa Cancer, aherutse gutangaza ko hagiye kwagurwa serivisi z’imiti y’ibinini bihabwa abarwaye Cancer.

Dr Fredrick Kateera yavuze ko uyu Muryango utari uwa Leta uteganya gutangiza izi serivisi mu Bitaro bishya bitanu byo mu Gihugu, mu rwego rwo gufasha abarwayi ba Cancer kubona imiti.

Yagize ati “Ku barwayi bakenera imiti yo kunywa, ntabwo bazagomba koherezwa mu Bitaro, nta mpamvu yo kuzajya boherezwa i Butaro. Turi kureba uburyo twaha ubushobozi Ibitaro bitanu mu Gihugu kugira ngo bizabashe gutanga imiti ndetse no gukurikirana abarwayi begereye aho batuye.”

Yakomeje avuga ko nanone ibi bigamije korohereza abafite uburwayi bwa Cancer, kuko baba banafite intege nke, bityo ko gukora ingendo bajya gushaka ubuvuzi, byabagoraga.

Yanavuze kandi ko uyu Muryango utegamiye kuri Leta uri gukorana n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, mu kuzamura urwego rwo gusuzuma Cancer.

Ati “Mu bihe bishize buri murwayi yasabwaga kuza ku Bitaro kugira ngo afatwe ikizamini. Kugira ngo hakorwe isuzuma ry’ibizamini bifatwa bigiye kujya bifata igihe gito. Rero ubu turi gukorana n’ibigo bitanu mu rwego rwo kuzamura uburyo bwo gusuzuma. Kuko bizaba byegereye abarwayi, bizanongera uburyo bwo kwisuzumisha.”

Umuganga w’indwara ya Cancer, Dr Theoneste Maniragaba usanzwe ari n’Umuyobozi Mukuru wa gahunda y’ubuvuzi bwa Cancer muri RBC, yavuze ko hakiri ibyuho mu buvuzi bw’iyi ndwara, ku buryo hari hakenewe ko bwegerezwa abaturage.

Ati “Dukeneye gutekereza uburyo bwo kwegereza abaturage serivisi z’ubuvuzi bwa Cancer. Ku ruhande rw’u Rwanda, hari intambwe yatewe ariko turifuza kugera aho buri muntu wese ukeneye ubuvuzi yajya abasha guhabwa serivisi ku ivuriro rimwegereye.”

Kugeza ubu, mu Rwanda hatangirwa ubuvuzi bwo mu bwoko butatu ku burwayi bwa Cancer, burimo ubuzwi nka ‘chemotherapy [bwo gutanga imiti]’, ‘surgery’ [Kubaga], ndetse na ‘radiotherapy’ [gushiririza].

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC ya 2023, yerekana ko muri uwo mwaka habonetse abarwayi bashya 5 000 ba Cancer, barimo 610 bafite Cancer y’ubwonko ndetse na 605 bari bafite cancer y’ibere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 18 =

Previous Post

Mu gihe hagiye Kwibukwa Jenoside yakorewe Abatutsi amahanga yasabwe no guterera ijisho muri Congo

Next Post

Mu kindi Gihugu cyo muri Afurika hazamutse bombori bombori kubera gusubika amatora

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu kindi Gihugu cyo muri Afurika hazamutse bombori bombori kubera gusubika amatora

Mu kindi Gihugu cyo muri Afurika hazamutse bombori bombori kubera gusubika amatora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.