Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hahishuwe icyafashije Korali ikomeye mu Rwanda gushikamana igikundiro mu myaka 50 imaze

radiotv10by radiotv10
02/06/2023
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Hahishuwe icyafashije Korali ikomeye mu Rwanda gushikamana igikundiro mu myaka 50 imaze
Share on FacebookShare on Twitter

Korali Hoziyana imaze imyaka irenga 50 yo mu itorero rya ADEPR-Nyarugenge, ni imwe mu zakomeje gukundwa na benshi. Ubuyobozi bwayo bwahishuye ko mwuka wera ari we washoboje iyi kolari guhorana igikundiro.

Iyi korali yo mu Itorero rya Pantekote, yatangiye mu mwaka w’ 1968 mu Mujyi wa Kigali, ariko ihabwa izina mu 1980, ubwo yitwaga Hoziyana.

Iyi ni Korali izwi n’abantu b’ingeri zose, yaba abato n’abakuze, kubera indirimbo zayo zigera ku mitima ya buri wese zikayiturisha.

Abantu bakunze kuvuga ko baririmba nk’abo mu itorero ry’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi kubera uburyo baririmba batuje, bitandukanye n’andi makorali yo muri ADEPR.

Hari n’abavuga ko ibi ari wo mwihariko w’iyi kolori wanatumye ikomeza gukundwa, gusa umuyobozi wayo, Emmanuel Nsabiyumva yavuze icyatumye iyi kolari ikomeza kwigarurira imitima ya benshi.

Yagize ati “Nubwo abantu benshi bibwira ko umwihariko wacu ari indirimbo zituje, ariko uwo siwo mwihariko wacu ahubwo iyo umwuka wera atugezeho akatwemeza ko twahimbara, turahimbara ariko ntabwo twishakamo guhimbarwa.”

Nanone kandi undi mwihariko w’iyi Korali, ni uko ifite igitabo cy’indirimbo zabo. Izo ndirimbo abandi bantu bemerewe kuzikoresha mu materaniro no mu masengesho.

Muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abaririmbyi batari bacye ba Hoziana barishwe, ariko nyuma bongeye kwiyuburura, bongera kuyishinga.

Mu myaka 55 iyi kolari imaze, hasigayemo umuntu umwe watangiranye na yo ari we Mukandoli Charlotte.

Undi mwiharikoutangaje wibazwaho na benshi ni uburyo iyi korali iyo bateguye igitaramo nta wundi muhanzi cyangwa indi korali ijya ku cyapa (affiche) kicyamamaza nkuko abandi babigenza bararika abantu kuzaza mu gitaramo.

Emmanuel asobanura impamvu yabyo, yagize ati “Iyo umunshyitsi ahageze uramwakira ntabwo utangariza abantu ko umushyitsi azaza kuko aramutse ataje, bakubaza ngo byagenze bite, bijya bibaho murabizi hari aho bibaho bakabura uwo batangarije abantu gusa si cyo twabihereyeho.”

Hoziyana ifite album 12, ikaba iri gutegura igitaramo kiswe ‘TUGUMANE LIVE CONCERT’ kizaba tariki 10 Kamena 2023 mu mujyi wa Kigali ku cyicaro cya ADEPR-Nyarugenge bazanafatiramo amashusho ya zimwe mu ndirimbo zabo.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − ten =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku kizakoreshwa amafaranga y’abantu bitanze ngo azafashe abagizweho ingaruka n’ibiza

Next Post

Hari amakuru mashya ku bakinnyi ba Rayon bari banze kujyana na bagenzi babo

Related Posts

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

by radiotv10
09/12/2025
0

In Kigali today, many young people are rewriting what it means to work, hustle, and build a future. The city...

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

by radiotv10
06/12/2025
0

Korali Ambassadors of Christ iri mu zifite amazina akomeye mu Rwanda, yatangiye ibikorwa byo kwizihiza imyaka 30 imaze ibayeho, mu...

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Uyu mukinnyi wa filime w'Umuyapani, Cary-Hiroyuki Tagawa wamenyekanye cyane akina nk’umuntu w’umugome wakinnye filimi zinyuranye zirimo iyitwa 'Mortal Kombat', yitabye...

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

by radiotv10
05/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano umaze iminsi agarukwaho nyuma yuko hasakaye amashusho y’urukozasoni ye n’umukunzi we, yagaragaje ifoto ari...

IZIHERUKA

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City
AMAHANGA

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

by radiotv10
10/12/2025
0

Amakuru agezweho: AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari amakuru mashya ku bakinnyi ba Rayon bari banze kujyana na bagenzi babo

Hari amakuru mashya ku bakinnyi ba Rayon bari banze kujyana na bagenzi babo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Amakuru agezweho: AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.