Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hahishuwe icyafashije Korali ikomeye mu Rwanda gushikamana igikundiro mu myaka 50 imaze

radiotv10by radiotv10
02/06/2023
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Hahishuwe icyafashije Korali ikomeye mu Rwanda gushikamana igikundiro mu myaka 50 imaze
Share on FacebookShare on Twitter

Korali Hoziyana imaze imyaka irenga 50 yo mu itorero rya ADEPR-Nyarugenge, ni imwe mu zakomeje gukundwa na benshi. Ubuyobozi bwayo bwahishuye ko mwuka wera ari we washoboje iyi kolari guhorana igikundiro.

Iyi korali yo mu Itorero rya Pantekote, yatangiye mu mwaka w’ 1968 mu Mujyi wa Kigali, ariko ihabwa izina mu 1980, ubwo yitwaga Hoziyana.

Iyi ni Korali izwi n’abantu b’ingeri zose, yaba abato n’abakuze, kubera indirimbo zayo zigera ku mitima ya buri wese zikayiturisha.

Abantu bakunze kuvuga ko baririmba nk’abo mu itorero ry’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi kubera uburyo baririmba batuje, bitandukanye n’andi makorali yo muri ADEPR.

Hari n’abavuga ko ibi ari wo mwihariko w’iyi kolori wanatumye ikomeza gukundwa, gusa umuyobozi wayo, Emmanuel Nsabiyumva yavuze icyatumye iyi kolari ikomeza kwigarurira imitima ya benshi.

Yagize ati “Nubwo abantu benshi bibwira ko umwihariko wacu ari indirimbo zituje, ariko uwo siwo mwihariko wacu ahubwo iyo umwuka wera atugezeho akatwemeza ko twahimbara, turahimbara ariko ntabwo twishakamo guhimbarwa.”

Nanone kandi undi mwihariko w’iyi Korali, ni uko ifite igitabo cy’indirimbo zabo. Izo ndirimbo abandi bantu bemerewe kuzikoresha mu materaniro no mu masengesho.

Muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abaririmbyi batari bacye ba Hoziana barishwe, ariko nyuma bongeye kwiyuburura, bongera kuyishinga.

Mu myaka 55 iyi kolari imaze, hasigayemo umuntu umwe watangiranye na yo ari we Mukandoli Charlotte.

Undi mwiharikoutangaje wibazwaho na benshi ni uburyo iyi korali iyo bateguye igitaramo nta wundi muhanzi cyangwa indi korali ijya ku cyapa (affiche) kicyamamaza nkuko abandi babigenza bararika abantu kuzaza mu gitaramo.

Emmanuel asobanura impamvu yabyo, yagize ati “Iyo umunshyitsi ahageze uramwakira ntabwo utangariza abantu ko umushyitsi azaza kuko aramutse ataje, bakubaza ngo byagenze bite, bijya bibaho murabizi hari aho bibaho bakabura uwo batangarije abantu gusa si cyo twabihereyeho.”

Hoziyana ifite album 12, ikaba iri gutegura igitaramo kiswe ‘TUGUMANE LIVE CONCERT’ kizaba tariki 10 Kamena 2023 mu mujyi wa Kigali ku cyicaro cya ADEPR-Nyarugenge bazanafatiramo amashusho ya zimwe mu ndirimbo zabo.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku kizakoreshwa amafaranga y’abantu bitanze ngo azafashe abagizweho ingaruka n’ibiza

Next Post

Hari amakuru mashya ku bakinnyi ba Rayon bari banze kujyana na bagenzi babo

Related Posts

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari amakuru mashya ku bakinnyi ba Rayon bari banze kujyana na bagenzi babo

Hari amakuru mashya ku bakinnyi ba Rayon bari banze kujyana na bagenzi babo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.