Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hakomeje kumvikana intambara y’amagambo hagati y’abakinnyi babiri b’amakipe ayoboye andi mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
12/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hakomeje kumvikana intambara y’amagambo hagati y’abakinnyi babiri b’amakipe ayoboye andi mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’umunsi umwe kapiteni wa Rayon Sports FC, Muhire Kevin ahaye ubutumwa Niyibizi Ramadhan wa APR FC amusaba kwirebaho aho guta umwanya asuzugura Rayon, uyu mukinnyi w’Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda yamusubije, amubwira ko atari umukinnyi ukaze wo kujora abandi.

Intambara y’amagambo y’aba basore yatangiye mu kwezi Ukuboza 2024 tariki 14, ubwo APR FC yari imaze gutsinda Mukura VS ibitego bine kuri bibiri, nyuma y’umukino Niyibizi Ramadhan akabwira RADIOTV10 ko umwanya wa mbere Rayon Sports FC yicayeho ari intizanyo, ari ikibazo cy’igihe gusa ubundi APR FC ikawisubiza.

Taliki 06 Werurwe 2025, ubwo APR FC yiteguraga umukino wa Shampiyona w’umunsi wa 20 na Rayon Sports FC, Niyibizi Ramadhan yongeye gutangaza ko kudatsinda Rayon Sports cyaba ari igisebo n’igihombo, kuko bayirusha muri byose, kandi bazayitsinda bagahita bafata umwanya wa mbere.

Ku wa Gatandatu tariki 08 werurwe 2025, habura umunsi umwe ngo iyi Derby ikinwe, kapiteni wa Rayon Sports FC, Muhire Kevin na we yamuhaye ubutumwa, amubwira ko ibyo ari nk’inzozi bitazabaho ko babatsinda kandi ko anatangazwa no kumva bamaze gutsinda umukino bakiyicaza ku mwanya wa mbere.

Uyu mukino wabaye ku Cyumweru tariki 09 werurwe 2025, warangiye amakipe yombi aguye miswi (0-0), Rayon Sports FC ikomeza kwicara ku mwanya wa mbere muri Shampiyona n’amanota 43 aho irusha APR FC ya kabiri amanota abiri.

Bidatinze nyuma y’iminsi ibiri umukino ubaye, Muhire Kevin yagiranye ikiganiro n’ikinyamakuru cyitwa Inyarwanda agitangariza ko Niyibizi Ramadhan yakagombye kwirebaho, adafite n’uruvugiro, kuko atari umukinnyi ubanzamo muri APR FC, wenda hakavuze nka kapiteni Niyomugabo Claude.

Agendeye ku byo yari yatangaje ko kudatsinda Rayon Sports FC byaba ari igihombo kuri bo, Muhire Kevin yabwiye Niyibizi Ramadhan ko ahubwo igihombo ari we kuko atabanzamo, ndetse no kuri uwo mukino yakinnye iminota 3’ cyangwa 2’ (yinjiyemo asimbuye ku munota wa 83’).

Muhire Kevin, Kapiteni wa Rayon Sports

Nyuma y’umunsi umwe atangaje ibi, Niyibizi Ramadhan mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yageneye ubutumwa Mubire Kevin ko na we nta gitego aratsinda kuri iyi Derby.

Yagize ati “Kuvuga ko uri umukinnyi ukomeye utaratsinda igitego muri Derby ntabwo bivuze ko ukomeye. Njyewe mfite ibitego bitanu (5) muri uyu mwaka w’imikino kandi ndizere ko nzatsinda n’ibindi, kuba we afite assists 11 ibyo ntabwo mbizi.”

Niyibizi Ramadhan ntahuza n’umutoza we Darko Novic, na we wari wavuze ko abona Muhire Kevin ashobora kuba ari umukinnyi wa mbere muri shampiyona y’u Rwanda.

Ati “Kuba umutoza avuga ko Muhire Kevin ari we mwiza mu Rwanda ubwo we ni ko abibona, gusa njyewe si ko mbibona, dufite ba nimero 10 benshi kandi beza mu Rwanda, urugero nka Muhadjiri.”

Uyu mukinnyi avuga ko ibi yavuzweho na Kapiteni wa Rayon, atazi inkomoka yabyo kuko ntakindi bapfa yaba hanze y’umwuga wabo ndetse n’imbere.

Ati “Njyewe ntacyo mpfa na Muhire Kevin, ntabwo tuvugana nta bintu byinshi nzi kuri Muhire Kevin, niba nkina muri APR FC ngomba kuvuga ndengera ikipe yanjye, ibyo ntashyigikiye ni ukuvuga ibintu udafitiye ibimenyetso.”

Aba basore bahanganye nk’uko amakipe yabo akomeje guhanganira igikombe cya shampiyona ya 2025, aho ubu akurikirana ku rutonde rw’agateganyo ndetse akaba arushanwa amanota atanuzuye ayo ikipe imwe ishobora kubona mu mukino umwe.

Kuri uyu wa Gatanu APR FC izasura Gasogi United, mu gihe bucyeye bwaho Rayon Sports FC izakira As Kigali mu mukino na wo wimuriwe saa 18h00.

Nyuma y’uyu munsi wa 21 wa shampiyona, abakinnyi bazahita bajya mu ikipe y’Igihugu Amavubi, mu mwiherero wo kwitegura imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Niyibizi Ramadhan

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − six =

Previous Post

Igisubizo cyahawe umuyobozi mu Burayi wasabye ko Ikibuga cy’Indege cya Goma gifungurwa byihuse

Next Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Related Posts

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

by radiotv10
29/07/2025
0

Perezida w'ikipe ya Rayon Sports, Thadée Twagirayezu, yahamije ko Aimable Nsabimana yamwandikiye amusaba kugaruka mu kazi, ariko ko atamwerera ngo...

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

by radiotv10
29/07/2025
0

Minisiteri ya Siporo n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, bamaganye amakuru y’Ibuhuha yavugaga ko amatora ya Komite Nyobozi y’iri Shyirahamwe...

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

by radiotv10
25/07/2025
0

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu Mavubi, Nshuti Innocent, yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa ES Zarzis yo mu Cyiciro cya Mbere muri Tunisia. Nshuti...

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

by radiotv10
24/07/2025
0

Claude Niyomugabo, myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na APR FC anabereye kapiteni, ari mu biganiro na Simba Sports Club yo muri...

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

by radiotv10
24/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwiyubaka yitegura igaruka rya Shampiyona ndetse no kuzahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup, irerekana...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z'INGENZI Z'IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.