Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hakomeje kumvikana intambara y’amagambo hagati y’abakinnyi babiri b’amakipe ayoboye andi mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
12/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hakomeje kumvikana intambara y’amagambo hagati y’abakinnyi babiri b’amakipe ayoboye andi mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’umunsi umwe kapiteni wa Rayon Sports FC, Muhire Kevin ahaye ubutumwa Niyibizi Ramadhan wa APR FC amusaba kwirebaho aho guta umwanya asuzugura Rayon, uyu mukinnyi w’Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda yamusubije, amubwira ko atari umukinnyi ukaze wo kujora abandi.

Intambara y’amagambo y’aba basore yatangiye mu kwezi Ukuboza 2024 tariki 14, ubwo APR FC yari imaze gutsinda Mukura VS ibitego bine kuri bibiri, nyuma y’umukino Niyibizi Ramadhan akabwira RADIOTV10 ko umwanya wa mbere Rayon Sports FC yicayeho ari intizanyo, ari ikibazo cy’igihe gusa ubundi APR FC ikawisubiza.

Taliki 06 Werurwe 2025, ubwo APR FC yiteguraga umukino wa Shampiyona w’umunsi wa 20 na Rayon Sports FC, Niyibizi Ramadhan yongeye gutangaza ko kudatsinda Rayon Sports cyaba ari igisebo n’igihombo, kuko bayirusha muri byose, kandi bazayitsinda bagahita bafata umwanya wa mbere.

Ku wa Gatandatu tariki 08 werurwe 2025, habura umunsi umwe ngo iyi Derby ikinwe, kapiteni wa Rayon Sports FC, Muhire Kevin na we yamuhaye ubutumwa, amubwira ko ibyo ari nk’inzozi bitazabaho ko babatsinda kandi ko anatangazwa no kumva bamaze gutsinda umukino bakiyicaza ku mwanya wa mbere.

Uyu mukino wabaye ku Cyumweru tariki 09 werurwe 2025, warangiye amakipe yombi aguye miswi (0-0), Rayon Sports FC ikomeza kwicara ku mwanya wa mbere muri Shampiyona n’amanota 43 aho irusha APR FC ya kabiri amanota abiri.

Bidatinze nyuma y’iminsi ibiri umukino ubaye, Muhire Kevin yagiranye ikiganiro n’ikinyamakuru cyitwa Inyarwanda agitangariza ko Niyibizi Ramadhan yakagombye kwirebaho, adafite n’uruvugiro, kuko atari umukinnyi ubanzamo muri APR FC, wenda hakavuze nka kapiteni Niyomugabo Claude.

Agendeye ku byo yari yatangaje ko kudatsinda Rayon Sports FC byaba ari igihombo kuri bo, Muhire Kevin yabwiye Niyibizi Ramadhan ko ahubwo igihombo ari we kuko atabanzamo, ndetse no kuri uwo mukino yakinnye iminota 3’ cyangwa 2’ (yinjiyemo asimbuye ku munota wa 83’).

Muhire Kevin, Kapiteni wa Rayon Sports

Nyuma y’umunsi umwe atangaje ibi, Niyibizi Ramadhan mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yageneye ubutumwa Mubire Kevin ko na we nta gitego aratsinda kuri iyi Derby.

Yagize ati “Kuvuga ko uri umukinnyi ukomeye utaratsinda igitego muri Derby ntabwo bivuze ko ukomeye. Njyewe mfite ibitego bitanu (5) muri uyu mwaka w’imikino kandi ndizere ko nzatsinda n’ibindi, kuba we afite assists 11 ibyo ntabwo mbizi.”

Niyibizi Ramadhan ntahuza n’umutoza we Darko Novic, na we wari wavuze ko abona Muhire Kevin ashobora kuba ari umukinnyi wa mbere muri shampiyona y’u Rwanda.

Ati “Kuba umutoza avuga ko Muhire Kevin ari we mwiza mu Rwanda ubwo we ni ko abibona, gusa njyewe si ko mbibona, dufite ba nimero 10 benshi kandi beza mu Rwanda, urugero nka Muhadjiri.”

Uyu mukinnyi avuga ko ibi yavuzweho na Kapiteni wa Rayon, atazi inkomoka yabyo kuko ntakindi bapfa yaba hanze y’umwuga wabo ndetse n’imbere.

Ati “Njyewe ntacyo mpfa na Muhire Kevin, ntabwo tuvugana nta bintu byinshi nzi kuri Muhire Kevin, niba nkina muri APR FC ngomba kuvuga ndengera ikipe yanjye, ibyo ntashyigikiye ni ukuvuga ibintu udafitiye ibimenyetso.”

Aba basore bahanganye nk’uko amakipe yabo akomeje guhanganira igikombe cya shampiyona ya 2025, aho ubu akurikirana ku rutonde rw’agateganyo ndetse akaba arushanwa amanota atanuzuye ayo ikipe imwe ishobora kubona mu mukino umwe.

Kuri uyu wa Gatanu APR FC izasura Gasogi United, mu gihe bucyeye bwaho Rayon Sports FC izakira As Kigali mu mukino na wo wimuriwe saa 18h00.

Nyuma y’uyu munsi wa 21 wa shampiyona, abakinnyi bazahita bajya mu ikipe y’Igihugu Amavubi, mu mwiherero wo kwitegura imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Niyibizi Ramadhan

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + ten =

Previous Post

Igisubizo cyahawe umuyobozi mu Burayi wasabye ko Ikibuga cy’Indege cya Goma gifungurwa byihuse

Next Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Related Posts

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z'INGENZI Z'IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.